Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye Abaperezida barimo umuhuza mu bya Congo (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
12/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriye Abaperezida barimo umuhuza mu bya Congo (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye ibirori by’irahira rya Perezida Paul Kagame, yanabakiriye mu Biro bye, barimo Perezida João Lourenço wa Angola, yanashimiye akazi yakoze kandi akomeje gukora mu nzira zo kugerageza gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ni abashyitsi bitabiriye ibi birori byabaye kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, barimo Abakuru b’Ibihugu barenga 20 bo mu Bihugu byo mu bice byose by’Umugabane wa Afurika.

Muri aba banyacyubahiro bakiriwe na Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru, barimo Perezida wa Angola, João Lourenço na we waje kumushyigikira muri uyu muhango.

João Lourenço kandi yahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu buhuza bugamije gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bumaze igihe buberamo intambara ihanganishije umutwe wa M23 n’igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) cyifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro nka FDLR ihungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ibi byatumye kandi umubano wa DRC n’u Rwanda uzamo igitotsi, aho iki Gihugu cya Angola gikomeje gufasha ibi Bihugu byombi uburyo umubano wasubira mu buryo, aho hagiye hakorwa inama zinyuranye zanafatiwemo imyanzuro irimo gusaba ubutegetsi bwa Congo guhagarika imikoranire n’uyu mutwe ndetse no kuwurandura burundu.

Mu bakiriwe na Perezida Kagame kandi, barimo Perezida William Ruto wa Kenya, na we wagiye atanga umusanzu we mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo.

Mu ijambo rye ubwo yari amaze kurahirira kuyobora u Rwanda, Perezida Kagame yagarutse ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Congo, aboneraho no gushimira aba Bakuru b’Ibihugu ku musansu bakomeje gutanga mu gushaka umuti w’ibi bibazo.

Yagize ati “Ndagira ngo mfate uyu mwanya nitse nshimira Perezida wa Angola, João Lourenço na Perezida William Ruto, byumwihariko kimwe n’abandi bose ku byo bakoze kandi bakomeje gukora.”

Kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame kandi yakiriye abandi banyacyubahiro, Faure Gnassingbé wa Togo; Brice Oligui Nguema wa Gabon, Perezida w’inzibacyuho wa Sudan, Lieutenant General Abdel Fattah Al-Burhan Abdelrahman Al-Burhan, na Minisitiri w’Intebe wa Senegal, Ousmane Sonko waje ahagarariye Perezida w’iki Gihugu, Bassirou Diomaye Faye.

Naho Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe; we yakiriwe na Perezida Paul Kagame ku mugoroba wa ku wa Gatandatu tariki 10 Kanama 2024, ubwo yari ageze mu Rwanda aje muri ibi birori byo kurahirwa kwa Perezida Paul Kagame.

Aba Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bakiriwe na Perezida Paul Kagame mu Biro bye muri Village Urugwiro, banagiranye ibiganiro byibanze ku gukomeza guha imbaraga umubano, imikoranire n’ubucuti bw’Ibihugu byabo n’u Rwanda.

Perezida Kagame yakiriye Perezida wa Angola usanzwe ari n’umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC
Yanakiriye Perezida William Ruto wa Kenya

Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu kandi yari yakiriye Mnangagwa wa Zimbabwe

Kuri iki Cyumweru yakiriye Faure Gnassingbé wa Togo

Na Brice Oligui Nguema wa Gabon

Na Perezida w’Inzibacyuho wa Sudan, Lieutenant General Abdel Fattah Al-Burhan Abdelrahman Al-Burhan

Na Minisitiri w’Intebe wa Senegal, Ousmane Sonko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 17 =

Previous Post

Rayon imanuye undi rutahizamu imukuye mu Gihugu kizwiho ruhago wanakinnye i Burayi

Next Post

Andi makuru ku kimoteri cyo muri Uganda cyaridutse kigahitana benshi

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi
AMAHANGA

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

by radiotv10
10/12/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

10/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

10/12/2025
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru ku kimoteri cyo muri Uganda cyaridutse kigahitana benshi

Andi makuru ku kimoteri cyo muri Uganda cyaridutse kigahitana benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.