Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye Abaperezida barimo umuhuza mu bya Congo (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
12/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriye Abaperezida barimo umuhuza mu bya Congo (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye ibirori by’irahira rya Perezida Paul Kagame, yanabakiriye mu Biro bye, barimo Perezida João Lourenço wa Angola, yanashimiye akazi yakoze kandi akomeje gukora mu nzira zo kugerageza gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ni abashyitsi bitabiriye ibi birori byabaye kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, barimo Abakuru b’Ibihugu barenga 20 bo mu Bihugu byo mu bice byose by’Umugabane wa Afurika.

Muri aba banyacyubahiro bakiriwe na Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru, barimo Perezida wa Angola, João Lourenço na we waje kumushyigikira muri uyu muhango.

João Lourenço kandi yahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu buhuza bugamije gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bumaze igihe buberamo intambara ihanganishije umutwe wa M23 n’igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) cyifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro nka FDLR ihungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ibi byatumye kandi umubano wa DRC n’u Rwanda uzamo igitotsi, aho iki Gihugu cya Angola gikomeje gufasha ibi Bihugu byombi uburyo umubano wasubira mu buryo, aho hagiye hakorwa inama zinyuranye zanafatiwemo imyanzuro irimo gusaba ubutegetsi bwa Congo guhagarika imikoranire n’uyu mutwe ndetse no kuwurandura burundu.

Mu bakiriwe na Perezida Kagame kandi, barimo Perezida William Ruto wa Kenya, na we wagiye atanga umusanzu we mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo.

Mu ijambo rye ubwo yari amaze kurahirira kuyobora u Rwanda, Perezida Kagame yagarutse ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Congo, aboneraho no gushimira aba Bakuru b’Ibihugu ku musansu bakomeje gutanga mu gushaka umuti w’ibi bibazo.

Yagize ati “Ndagira ngo mfate uyu mwanya nitse nshimira Perezida wa Angola, João Lourenço na Perezida William Ruto, byumwihariko kimwe n’abandi bose ku byo bakoze kandi bakomeje gukora.”

Kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame kandi yakiriye abandi banyacyubahiro, Faure Gnassingbé wa Togo; Brice Oligui Nguema wa Gabon, Perezida w’inzibacyuho wa Sudan, Lieutenant General Abdel Fattah Al-Burhan Abdelrahman Al-Burhan, na Minisitiri w’Intebe wa Senegal, Ousmane Sonko waje ahagarariye Perezida w’iki Gihugu, Bassirou Diomaye Faye.

Naho Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe; we yakiriwe na Perezida Paul Kagame ku mugoroba wa ku wa Gatandatu tariki 10 Kanama 2024, ubwo yari ageze mu Rwanda aje muri ibi birori byo kurahirwa kwa Perezida Paul Kagame.

Aba Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bakiriwe na Perezida Paul Kagame mu Biro bye muri Village Urugwiro, banagiranye ibiganiro byibanze ku gukomeza guha imbaraga umubano, imikoranire n’ubucuti bw’Ibihugu byabo n’u Rwanda.

Perezida Kagame yakiriye Perezida wa Angola usanzwe ari n’umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC
Yanakiriye Perezida William Ruto wa Kenya

Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu kandi yari yakiriye Mnangagwa wa Zimbabwe

Kuri iki Cyumweru yakiriye Faure Gnassingbé wa Togo

Na Brice Oligui Nguema wa Gabon

Na Perezida w’Inzibacyuho wa Sudan, Lieutenant General Abdel Fattah Al-Burhan Abdelrahman Al-Burhan

Na Minisitiri w’Intebe wa Senegal, Ousmane Sonko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Rayon imanuye undi rutahizamu imukuye mu Gihugu kizwiho ruhago wanakinnye i Burayi

Next Post

Andi makuru ku kimoteri cyo muri Uganda cyaridutse kigahitana benshi

Related Posts

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

IZIHERUKA

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial
MU RWANDA

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru ku kimoteri cyo muri Uganda cyaridutse kigahitana benshi

Andi makuru ku kimoteri cyo muri Uganda cyaridutse kigahitana benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.