Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye Abaperezida barimo umuhuza mu bya Congo (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
12/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriye Abaperezida barimo umuhuza mu bya Congo (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye ibirori by’irahira rya Perezida Paul Kagame, yanabakiriye mu Biro bye, barimo Perezida João Lourenço wa Angola, yanashimiye akazi yakoze kandi akomeje gukora mu nzira zo kugerageza gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ni abashyitsi bitabiriye ibi birori byabaye kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, barimo Abakuru b’Ibihugu barenga 20 bo mu Bihugu byo mu bice byose by’Umugabane wa Afurika.

Muri aba banyacyubahiro bakiriwe na Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru, barimo Perezida wa Angola, João Lourenço na we waje kumushyigikira muri uyu muhango.

João Lourenço kandi yahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu buhuza bugamije gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bumaze igihe buberamo intambara ihanganishije umutwe wa M23 n’igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) cyifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro nka FDLR ihungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ibi byatumye kandi umubano wa DRC n’u Rwanda uzamo igitotsi, aho iki Gihugu cya Angola gikomeje gufasha ibi Bihugu byombi uburyo umubano wasubira mu buryo, aho hagiye hakorwa inama zinyuranye zanafatiwemo imyanzuro irimo gusaba ubutegetsi bwa Congo guhagarika imikoranire n’uyu mutwe ndetse no kuwurandura burundu.

Mu bakiriwe na Perezida Kagame kandi, barimo Perezida William Ruto wa Kenya, na we wagiye atanga umusanzu we mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo.

Mu ijambo rye ubwo yari amaze kurahirira kuyobora u Rwanda, Perezida Kagame yagarutse ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Congo, aboneraho no gushimira aba Bakuru b’Ibihugu ku musansu bakomeje gutanga mu gushaka umuti w’ibi bibazo.

Yagize ati “Ndagira ngo mfate uyu mwanya nitse nshimira Perezida wa Angola, João Lourenço na Perezida William Ruto, byumwihariko kimwe n’abandi bose ku byo bakoze kandi bakomeje gukora.”

Kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame kandi yakiriye abandi banyacyubahiro, Faure Gnassingbé wa Togo; Brice Oligui Nguema wa Gabon, Perezida w’inzibacyuho wa Sudan, Lieutenant General Abdel Fattah Al-Burhan Abdelrahman Al-Burhan, na Minisitiri w’Intebe wa Senegal, Ousmane Sonko waje ahagarariye Perezida w’iki Gihugu, Bassirou Diomaye Faye.

Naho Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe; we yakiriwe na Perezida Paul Kagame ku mugoroba wa ku wa Gatandatu tariki 10 Kanama 2024, ubwo yari ageze mu Rwanda aje muri ibi birori byo kurahirwa kwa Perezida Paul Kagame.

Aba Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bakiriwe na Perezida Paul Kagame mu Biro bye muri Village Urugwiro, banagiranye ibiganiro byibanze ku gukomeza guha imbaraga umubano, imikoranire n’ubucuti bw’Ibihugu byabo n’u Rwanda.

Perezida Kagame yakiriye Perezida wa Angola usanzwe ari n’umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC
Yanakiriye Perezida William Ruto wa Kenya

Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu kandi yari yakiriye Mnangagwa wa Zimbabwe

Kuri iki Cyumweru yakiriye Faure Gnassingbé wa Togo

Na Brice Oligui Nguema wa Gabon

Na Perezida w’Inzibacyuho wa Sudan, Lieutenant General Abdel Fattah Al-Burhan Abdelrahman Al-Burhan

Na Minisitiri w’Intebe wa Senegal, Ousmane Sonko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 2 =

Previous Post

Rayon imanuye undi rutahizamu imukuye mu Gihugu kizwiho ruhago wanakinnye i Burayi

Next Post

Andi makuru ku kimoteri cyo muri Uganda cyaridutse kigahitana benshi

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru ku kimoteri cyo muri Uganda cyaridutse kigahitana benshi

Andi makuru ku kimoteri cyo muri Uganda cyaridutse kigahitana benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.