Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye abize mu Ishuri na we yizemo ryo muri Uganda (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
09/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriye abize mu Ishuri na we yizemo ryo muri Uganda (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye abagize Ihuriro ‘NSOBA’ ry’abahoze ari Abanyeshuri b’Abahungu mu Ishuri Ntare School, na we yizemo; we na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni.

Ni igikorwa cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Werurwe 2024, nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, mu butumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga.

Ubu butumwa bwa Perezidansi y’u Rwanda, buvuga ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, “Muri Kigali Convention Centre, Perezida Kagame yakiriye ku meza abagize Ntare School Old Boys Association (NSOBA), bari i Kigali bitabiriye imikino ya nyuma y’Irushanwa ry’Umupira w’Amaguru Ntare Lions League.”

Iri rushanwa ry’umupira w’Amaguru, ni ku nshuro ya mbere ribereye mu Gihugu kitari Uganda, ahasanzwe hari icyicaro gikuri cy’iri shuri rya Ntare School.

Iri rushanwa ribereye mu Rwanda, nyuma y’uko Perezida Kagame na Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda batangije umushinga wo kubaka iri Shuri mu Rwanda, rikaba rizafungura imiryango muri uyu mwaka.

Iri shuri ryamaze kuzura riherereye mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, ryatinze gutangira gutanga amasomo dore ko byari biteganyijwe ko ryari gutangira muri 2019.

Iyubakwa ryaryo, ryagizwemo uruhare runini na Perezida Kagame na Museveni, bombi nabo bari mu bagize iri Huriro rya ‘NSOBA’, aho muri 2015 ubwo batangizaga igikorwa cyo gukusanya arenga Miliyari 1 Frw yo kuryubaka, bombi bemeye kwitanga miliyoni 450 Frw, mu gihe Perezida Kagame ubwe yatanze Miliyoni 100 Frw.

Perezida Kagame yize muri Ntare School kuva mu 1972 kugeza mu 1976, mu gihe mugenzi we Perezida Yoweri Kaguta Museveni we yaryizemo kuva mu 1962 kugeza mu 1966.

Perezida Kagame yishimiye kubonana n’abize mu ishuri na we yizemo

Yabakiriye ku meza

Basangiye
Yanabagejejeho ubutumwa
Abize muri iri shuri na bo bishimiye kubona Umukuru w’u Rwanda
Abakiri bato bize muri iri shuri baje mu irushanwa mu Rwanda

Photos ©Urugwiro Village

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − ten =

Previous Post

Menya igipimdo cy’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda cyagaragajwe mu bushakashatsi bwa mbere

Next Post

Perezida w’Igihugu cy’igihangange yeruriye abaturage bacyo ko kitorohewe

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’Igihugu cy’igihangange yeruriye abaturage bacyo ko kitorohewe

Perezida w’Igihugu cy’igihangange yeruriye abaturage bacyo ko kitorohewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.