Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi bashya barimo uw’u Burusiya (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
29/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi bashya barimo uw’u Burusiya (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya bahawe inshingano zo guhagararira Ibihugu byabo mu Rwanda, barimo uw’u Burusiya, uw’u Bwongereza n’uw’u Buhindi.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kanama 2024 nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu makuru byatangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu.

Perezidansi ya Repubulika yagize iti “Uyu munsi muri Urugwiro Village, Perezida Kagame yakiriye impapuro z’intumwa nshya, Ambasaderi Alexander Polyakov w’u Burusiya, Ambasaderi Alison Heather Thorpe w’Ubwami bw’u Bwongereza, Ambasaderi Mridu Pawan Das w’u Buhindi, ndetse na Ambasaderi Mauro Massoni w’u Butaliyani.”

Perezida Paul Kagame kandi yakiriye impapuro z’uwahawe guhagararira Venezuela mu Rwanda, Ambasaderi Fátima Yesenia Fernandes Juárez, Ambasderi Enrique Javier Ochoa Martínez wa Mexico, Ambasaderi Genţiana Şerbu wahawe guhagararira Romania mu Rwanda, ndetse na Ambasaderi Ruslan Rafael oglu Nasibov w’Igihugu cya Azerbaijan.

Kuri uyu wa Gatatu kandi, Umukuru w’u Rwanda yanakiriye mu Biro bye Dianguina Yaya Doucouré wari Ambasaderi wa Mali, warangije inshingano ze zo guhagararira Igihugu cye mu Rwanda.

Ambasaderi Alexander Polyakov w’u Burusiya
Ambasaderi Alison Heather Thorpe w’u Bwongereza
Ambasaderi Mridu Pawan Das w’u Buhindi
Ambasaderi Mauro Massoni w’u Butaliyani
Ambasaderi Fátima Yesenia Fernandes Juárez wa Venezuela
Ambasaderi Enrique Javier Ochoa Martínez wa Mexico
Ambasaderi Genţiana Şerbu wa Romania
Ambasaderi Ruslan Rafael oglu Nasibov wa Azerbaijan
Perezida Kagame kandi yakiriye Dianguina Yaya Doucouré wasoje inshingano ze nka Ambasaderi wa Mali mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Hatangajwe icyo Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwaganiriye n’ubw’iza Brazil

Next Post

Umuhanzi Sintex yasobanuye icyatumye yiyita irindi zina ryiyongereye ku yo asanganywe

Related Posts

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports
FOOTBALL

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Sintex yasobanuye icyatumye yiyita irindi zina ryiyongereye ku yo asanganywe

Umuhanzi Sintex yasobanuye icyatumye yiyita irindi zina ryiyongereye ku yo asanganywe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.