Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yashimiye abageneye u Rwanda ubutumwa muri iki gihe cyo Kwibuka

radiotv10by radiotv10
10/04/2023
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yashimiye abageneye u Rwanda ubutumwa muri iki gihe cyo Kwibuka
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye abanyamahanga bagaragarije u Rwanda n’Abanyarwanda ko bifatanyije muri iki gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.

U Rwanda n’Isi yose bari mu cyumweru cyahariwe kuzirikana inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abautsi. Abantu batandukanye barimo abakomeye, bakomeje koherereza Abanyarwanda ubutumwa bwo kubafata mu mugongo.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Perezida Paul Kagame, yashimiye abakomeje kugaragaza ko bifatanyije n’u Rwanda muri ibi bihe.

Yagize ati “Turashima abayobozi n’inshuti zo mu bice bitandukanye ku Isi bohereje ubutumwa bwo kwifatanya natwe muri ibi bihe. Ndetse n’abandi bashaka inyito za bo ku byo Igihugu cyacu cyanyuzemo. Kwibuka ni umwanya wo kuzirikana no gukomeza guharanira ukuri. Bidufasha kujya mu cyerekezo gikwiye.”

Bamwe bagaragaje ko bazirikana amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bagaha icyubahiro izo nzirakarengane; harimo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Manuel de Oliveira Guterres, wavuze mo Isi itagomba kwibagirwa ibyabaye mu Rwanda.

Yagize ati “Hashize ikiragano kimwe kuva jenoside ihagaritswe. Ntitugomba kwibagirwa ibyabaye. Tugomba gukora ibishoboka byose kugira ngo n’abazaza bazahore bibuka.”

Umuyobozi ushinzwe ububanyi n’amahanga n’umutekano mu Muryango w’Ubumwe bw’uBburayi, Josep Borrell Fontelles, na we wavuze ko bifatanyije n’u Rwanda muri ibi bihe, yavuze ko banashimira intambwe u Rwanda rukomeje gutera.

Yagize ati “Turashima u Rwanda n’Abanyarwanda ku bw’imbaraga zidasanzwe mu guhaguruka bavuye mu muyonga. Bongeye kubaka Igihugu no kwiyunga.”

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony J. Blinken, na we yavuze ko iki Gihugu kifatanyije n’u Rwanda “mu kwibuka ku nshuro 29 inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Ambasaderi wa Canada mu Rwanda, François Quenneville-Dumont, mu butumwa bwanditse mu rurimi rw’ikinyarwanda yagize ati “Uyu munsi, ubwo twibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, nifatanyije n’Abanyarwanda muri iki gihe cyo kunamira ababo babuze ndetse no kwibuka ibihe by’umubabaro banyuzemo, nka bimwe mu bishaririye byaranze amateka ya muntu.”

Ana María Hidalgo uyobora umujyi wa Paris mu Bufaransa yavuze na we yagize icyo avuga mu izina ry’u Bufaransa, avuga ko iki Gihugu na cyo kifatanyije n’u Rwanda kwibuka inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Nk’uko bisanzwe buri mwaka, duhurira mu gikorwa cyo kunamira inzirakarengane z’Abatutsi, abagore, abana n’abagabo bishwe bazira ko ari Abatutsi.”

Ambasade z’Ibihugu bitandunye mu Rwanda, nk’iy’u Bushinwa n’izindi, na zo zihaganishije abanyarwanda. Ndetse zinashimangira ko ibihugu byabo bizakomeza kuba umufatanyabikorwa ukomeye mu iterambere ry’Igihugu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 15 =

Previous Post

Rubavu: Banze gukomeza kubihisha bahishura ibyo bakorerwa na Gitifu bavuga ko barambiwe

Next Post

Abakinnyi b’Ikipe y’ubukombe mu Rwanda batanze ubutumwa bwihariye bwo Kwibuka29

Related Posts

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’Ubwami bw’Aba-Hashemite ba Jordan, muri iki cyumweru, yatanze toni 40 z’ubufasha bwo kugoboka...

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

by radiotv10
10/07/2025
0

Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia  Codina, players of Arsenal Women Football Club visited the Kigali Genocide Memorial at Gisozi,...

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

by radiotv10
10/07/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko imaze guta muri yombi abantu barenga 10 bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa by’urugomo bivugwa mu...

IZIHERUKA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi
AMAHANGA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinnyi b’Ikipe y’ubukombe mu Rwanda batanze ubutumwa bwihariye bwo Kwibuka29

Abakinnyi b’Ikipe y’ubukombe mu Rwanda batanze ubutumwa bwihariye bwo Kwibuka29

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.