Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA IMIBEREHO

Perezida Kagame yashimiye abasora uburyo batigeze badohoka no mu gihe cya COVID19

radiotv10by radiotv10
20/11/2022
in IMIBEREHO, IMIBEREHO MYIZA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yashimiye abasora uburyo batigeze badohoka no mu gihe cya COVID19
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva mu mwaka wa 2000, u Rwanda rwabonye impinduka nziza mu bukungu aho Umusaruro Mbumbe w’Igihugu (GDP) wavuye kuri miliyari 806 mu mwaka ukagera kuri miliyari 10,944 z’amafaranga y’u Rwanda mu mwaka wa 2021.Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashimiye abasora neza bagize uruhare rukomeye muri izo mpinduka zubatse urufatiro rukomeye mu rugendo rwo kubaka u Rwanda rubereye Abanyarwanda.

Byashimangiwe na Minisitiri w’Intebe Dr.Ngirente Edouard wahagararuye Perezida Kagame mu muhango wo gushimira abasora ku nshuro ya 20 ku rwego rw’Igihugu kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 19 Ugushyingo, wahuriranye no kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kimaze gishinzwe.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yashimiye abasora, by’umwihariko abahawe ibihembo ku rwego rw’Igihugu ndetse n’abashimiwe mu Ntara zitandukanye

Dr. Ngirente yagize ati: “Kuri uyu munsi wo gushimira abasora ku rwego rw’igihugu ku nshuro ya 20, nishimiye kwifatanya namwe nkaba naje rero mpagarariye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame na we ubashimira cyane ibyo mukora kuko ari byo bitujyana ku majyambere Igihugu cyacu cyiyemeje kugeraho.”

Yakomeje avuga ko Guverinoma y’u Rwanda ashimira cyane abasora bose bakomeje kuzuza neza inshingano zabo basora uko bikwiriye kandi ku gihe, ndetse ko kuba bataraciwe intege n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 ari ibyo gushimirwa.

Ati: “Icyorezo cyarateye kitugiraho ingaruka mbi twese, ariko twabonye umuhate abikorera kugiti cyanyu mwakomeje kugira kugira ngo dushobore kugihashya nk’Igihugu. Uwo muhate twawubonye mu kubahiriza amabwiriza yashyirwagaho na Guverinoma, kandi ntace intege gusora mu gihe gikwiye bishingiye ku byo mwari mwashoboye gukora.
Yavuze ko umurava w’abasora wigaragariza mu buryo imisoro idahwema kwiyongera buri mwaka, atanga urugero rw’uburyo intego u Rwanda rwari rwihaye mu gukusanya imisoro y’uyu mwaka imaze kugerwaho ku kigero cya 103% kandi umwaka ubura ukwezi kumwe ngo urangire.

Yavuze ko uwo mughigo wagezweho kubera ko RRA yakoze ibyo igomba gukora ariko biba akarusho kuko abasora na bo bitabiriye gukora inshingano zabo uko bikwiye nk’uko bikubiye mu nsanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Dusore Neza, Twubake u Rwanda Twifuza.”

Yavuze kandi ko Guverinoma y’u Rwanda itazadohoka mu gushyiraho ikirere cyiza gituma abikorera bakomeza gukora ibikorwa byabo bisanzuye, ahamya ko Leta ihora ivugurura amategeko n’amabwiriza ndetse ifata n’ingamba zifasha abasora kubona ibikenewe byose bituma abitabira ubucuruzi barushaho kwiyongera kani bagatera imbere.

Ati: “Ibyo byashobotse kubera uruhare n’ubufatanye bw’abikorera kandi bikomeje kuzana impinduka nziza twese tuzi mu gihugu cyacu, ndetse muri izo mpinduka nziza iz’ingenzi twavuga harimo kwiyongera k’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu aho wavuye kuri miliyari mu mwaka 2000 ukagera kuri miliyari 10,944 z’amafaranga y’u Rwanda mu mwaka wa 2021. Uyu ni umubare mwiza utuma Abanyarwanda bose bishimira ko gukorera mu Rwanda ari byiza no kuba Umunyarwanda na byo bikaba ari byiza nk’uko twese tubizi.”

Minisitiri w’Intebe yanakomoje ku buryo Ubukungu bw’u Rwanda bukomeje kuzamuka ku kigero gishimishije, aho imibare iy’agateganyo yerekena ko ubukungu bw’u Rwanda kuzazamuka ku gipimo cya 6.8% muri uyu mwaka wa 2022, naho mu mwaka wa 2023 bukazazamuka kugipimocya 6.7%.

Yashimangiyeko Guverinoma y’u Rwanda yiteze kubona ubufatanye buhoraho mu bikorera mu kwihutisha iterambere ry’Igihugu, ari na yompamvu yashyizeho Ikigega nzahurabukungu kimaze gufasha abikorera benshi kwikura mu ngaruka z’icyorezo cya COVID-19.

Minisitiri w’Intebe yahamagariye abacuruzi biyandikishije muri TVA kugira umuco wo gutanga inyemezabuguzi za EBM batarinze kubyibutswa kandi bagacika ku ngeso yo kubanza kubaza abakiliya niba bazikeneye.

Yanibukije abaguzi kujya bibuka kuzisaba kuko ari wo musanzu wabo bagira muri urwo rugendo rwo gukusanya ubushobozi bukenewe mu kubaka Igihugu Abanyarwanda batewe ishema no kubamo.

Radio&Tv10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + eighteen =

Previous Post

Uwari wacumbikiwe ahahoze ibiro by’Akagari wari utunzwe n’ibyasigaye muri resitora yatangiye kumwenyura

Next Post

Gen. Muhoozi yatangaje ko yemeranya n’umugambi wa Perezida Kagame na Kenyatta kuri M23

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Muhoozi yatangaje ko yemeranya n’umugambi wa Perezida Kagame na Kenyatta kuri M23

Gen. Muhoozi yatangaje ko yemeranya n’umugambi wa Perezida Kagame na Kenyatta kuri M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.