Saturday, June 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA IMIBEREHO

Perezida Kagame yashimiye abasora uburyo batigeze badohoka no mu gihe cya COVID19

radiotv10by radiotv10
20/11/2022
in IMIBEREHO, IMIBEREHO MYIZA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yashimiye abasora uburyo batigeze badohoka no mu gihe cya COVID19
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva mu mwaka wa 2000, u Rwanda rwabonye impinduka nziza mu bukungu aho Umusaruro Mbumbe w’Igihugu (GDP) wavuye kuri miliyari 806 mu mwaka ukagera kuri miliyari 10,944 z’amafaranga y’u Rwanda mu mwaka wa 2021.Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashimiye abasora neza bagize uruhare rukomeye muri izo mpinduka zubatse urufatiro rukomeye mu rugendo rwo kubaka u Rwanda rubereye Abanyarwanda.

Byashimangiwe na Minisitiri w’Intebe Dr.Ngirente Edouard wahagararuye Perezida Kagame mu muhango wo gushimira abasora ku nshuro ya 20 ku rwego rw’Igihugu kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 19 Ugushyingo, wahuriranye no kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kimaze gishinzwe.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yashimiye abasora, by’umwihariko abahawe ibihembo ku rwego rw’Igihugu ndetse n’abashimiwe mu Ntara zitandukanye

Dr. Ngirente yagize ati: “Kuri uyu munsi wo gushimira abasora ku rwego rw’igihugu ku nshuro ya 20, nishimiye kwifatanya namwe nkaba naje rero mpagarariye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame na we ubashimira cyane ibyo mukora kuko ari byo bitujyana ku majyambere Igihugu cyacu cyiyemeje kugeraho.”

Yakomeje avuga ko Guverinoma y’u Rwanda ashimira cyane abasora bose bakomeje kuzuza neza inshingano zabo basora uko bikwiriye kandi ku gihe, ndetse ko kuba bataraciwe intege n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 ari ibyo gushimirwa.

Ati: “Icyorezo cyarateye kitugiraho ingaruka mbi twese, ariko twabonye umuhate abikorera kugiti cyanyu mwakomeje kugira kugira ngo dushobore kugihashya nk’Igihugu. Uwo muhate twawubonye mu kubahiriza amabwiriza yashyirwagaho na Guverinoma, kandi ntace intege gusora mu gihe gikwiye bishingiye ku byo mwari mwashoboye gukora.
Yavuze ko umurava w’abasora wigaragariza mu buryo imisoro idahwema kwiyongera buri mwaka, atanga urugero rw’uburyo intego u Rwanda rwari rwihaye mu gukusanya imisoro y’uyu mwaka imaze kugerwaho ku kigero cya 103% kandi umwaka ubura ukwezi kumwe ngo urangire.

Yavuze ko uwo mughigo wagezweho kubera ko RRA yakoze ibyo igomba gukora ariko biba akarusho kuko abasora na bo bitabiriye gukora inshingano zabo uko bikwiye nk’uko bikubiye mu nsanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Dusore Neza, Twubake u Rwanda Twifuza.”

Yavuze kandi ko Guverinoma y’u Rwanda itazadohoka mu gushyiraho ikirere cyiza gituma abikorera bakomeza gukora ibikorwa byabo bisanzuye, ahamya ko Leta ihora ivugurura amategeko n’amabwiriza ndetse ifata n’ingamba zifasha abasora kubona ibikenewe byose bituma abitabira ubucuruzi barushaho kwiyongera kani bagatera imbere.

Ati: “Ibyo byashobotse kubera uruhare n’ubufatanye bw’abikorera kandi bikomeje kuzana impinduka nziza twese tuzi mu gihugu cyacu, ndetse muri izo mpinduka nziza iz’ingenzi twavuga harimo kwiyongera k’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu aho wavuye kuri miliyari mu mwaka 2000 ukagera kuri miliyari 10,944 z’amafaranga y’u Rwanda mu mwaka wa 2021. Uyu ni umubare mwiza utuma Abanyarwanda bose bishimira ko gukorera mu Rwanda ari byiza no kuba Umunyarwanda na byo bikaba ari byiza nk’uko twese tubizi.”

Minisitiri w’Intebe yanakomoje ku buryo Ubukungu bw’u Rwanda bukomeje kuzamuka ku kigero gishimishije, aho imibare iy’agateganyo yerekena ko ubukungu bw’u Rwanda kuzazamuka ku gipimo cya 6.8% muri uyu mwaka wa 2022, naho mu mwaka wa 2023 bukazazamuka kugipimocya 6.7%.

Yashimangiyeko Guverinoma y’u Rwanda yiteze kubona ubufatanye buhoraho mu bikorera mu kwihutisha iterambere ry’Igihugu, ari na yompamvu yashyizeho Ikigega nzahurabukungu kimaze gufasha abikorera benshi kwikura mu ngaruka z’icyorezo cya COVID-19.

Minisitiri w’Intebe yahamagariye abacuruzi biyandikishije muri TVA kugira umuco wo gutanga inyemezabuguzi za EBM batarinze kubyibutswa kandi bagacika ku ngeso yo kubanza kubaza abakiliya niba bazikeneye.

Yanibukije abaguzi kujya bibuka kuzisaba kuko ari wo musanzu wabo bagira muri urwo rugendo rwo gukusanya ubushobozi bukenewe mu kubaka Igihugu Abanyarwanda batewe ishema no kubamo.

Radio&Tv10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 3 =

Previous Post

Uwari wacumbikiwe ahahoze ibiro by’Akagari wari utunzwe n’ibyasigaye muri resitora yatangiye kumwenyura

Next Post

Gen. Muhoozi yatangaje ko yemeranya n’umugambi wa Perezida Kagame na Kenyatta kuri M23

Related Posts

The rise and fall of hustle culture

The rise and fall of hustle culture

by radiotv10
20/06/2025
0

In today’s fast paced digital world, success is often measured by how busy you are, it is said that the...

Uko imirwano yifashe hagati ya Israel na Iran n’icyo impande zombi zivuga

Uko imirwano yifashe hagati ya Israel na Iran n’icyo impande zombi zivuga

by radiotv10
20/06/2025
0

Iran yavuze igishobora guhagararika intambara Israel na yo yahize gukaza ibitero Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian yavuze ko iki Gihugu...

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Resigned Congolese minister blames Rwanda for his prosecution

by radiotv10
19/06/2025
0

Constant Mutamba, the former Minister of Justice in the Democratic Republic of Congo (DRC), who recently resigned amid corruption allegations,...

Minisitiri weguye muri Guverinoma ya Congo yabyegetse ku Rwanda

Minisitiri weguye muri Guverinoma ya Congo yabyegetse ku Rwanda

by radiotv10
19/06/2025
0

Constant Mutamba weguye ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutabera muri Repubuklika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera ibyaha byo kunyereza amafaranga ya...

Minisitiri wo muri Congo wigeze kuvuga amagambo y’ubushotoranyi ku Rwanda ntakiri muri Guverinoma

Minisitiri wo muri Congo wigeze kuvuga amagambo y’ubushotoranyi ku Rwanda ntakiri muri Guverinoma

by radiotv10
18/06/2025
0

Constant Mutamba wari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaze kwegura ku nshingano ze nyuma yuko...

IZIHERUKA

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono
MU RWANDA

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

by radiotv10
21/06/2025
0

Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana

Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana

21/06/2025
Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

21/06/2025
Abakoresha n’abakozi bose mu Rwanda bibukijwe umunsi w’ikiruhuko rusange

AMAKURU MASHYA: Mu Rwanda hatanzwe ikiruhuko rusange hafi icyumweru

20/06/2025
The rise and fall of hustle culture

The rise and fall of hustle culture

20/06/2025
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

20/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Muhoozi yatangaje ko yemeranya n’umugambi wa Perezida Kagame na Kenyatta kuri M23

Gen. Muhoozi yatangaje ko yemeranya n’umugambi wa Perezida Kagame na Kenyatta kuri M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.