Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe uzaba akuriye Guverinoma nshya y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
14/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe uzaba akuriye Guverinoma nshya y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yagumishije Dr Edouard Ngirente, ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe uzaba akuriye Guverinoma nshya igiye gushyirwaho.

Ibi byatangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Kanama 2024, mu itangazo ryatambutse ku bitangazamakuru by’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru.

Dr Edourd Ngirente wakomeje kugirirwa icyizere, akaguma ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, ashyizweho na Perezida Paul Kagame nyuma y’umunsi umwe arahiriye gukomeza kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda mu muhango wabaye ku Cyumweru tariki 11 Kanama 2024.

Itegeko Nshinga riteganya ko nyuma y’uko Perezida wa Repubulika arahiye, ashyiraho Minisitiri w’Intebe mu gihe kitarenze iminsi 15, ndetse abagize Guverinoma na bo bagashyirwaho mu gihe kitarenze iminsi 15 na bwo nyuma y’ishyirwaho rya Minisitiri w’Intebe.

Dr Edouard Ngirente, agiriwe icyizere na Perezida Paul Kagame amugumisha kuri izi nshingano yamuhaye muri 2017 ubwo n’ubundi yatorerwaga kuyobora Abanyarwanda.

Dr Ngirente afite ubunararibonye mu bijyanye n’ubukungu n’imari, aho afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza muri uru rwego, yakuye muri Kaminuza iri mu zikomeye ku Mugabane w’u Burayi ya Université Catholique de Louvain yo mu Gihugu cy’u Bubiligi.

Yakoze imirimo inyuranye mu bijyanye n’imari n’ubukungu ku rwego rw’Igihugu na mpuzamahanga, nko kuba yarabaye Umujyanama w’Umuyobozi Mukuru wa Banki y’Isi ifite icyicaro Gikuru i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Uretse uyu mwanya w’Umujyanama w’Umuyobozi Mukuru wa World Bank, Dr Ngirente yanabaye Umuyobozi Mukuru mu by’Ubukungu w’iyi Banki mu Bihugu 22, ari na wo mwanya yakoraga ubwo yagirwaga Minisitiri w’Intebe.

Dr Ngirente muri 2017 ubwo yarahiriraga kuba Minisitiri w’Intebe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Umwami Mswati III yagaragaje ibikwiye kwigirwa kuri Perezida Kagame n’u Rwanda

Next Post

Rusizi: Abagore bagaragaje ibikorerwa abagabo babo bikabakoza isoni iyo babasanze mu buriri bataraye irondo

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abagore bagaragaje ibikorerwa abagabo babo bikabakoza isoni iyo babasanze mu buriri bataraye irondo

Rusizi: Abagore bagaragaje ibikorerwa abagabo babo bikabakoza isoni iyo babasanze mu buriri bataraye irondo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.