Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yasobanuye impamvu urubyiruko ruri kwinjizwa mu myanya ikomeye nka Guverinoma

radiotv10by radiotv10
24/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yasobanuye impamvu urubyiruko ruri kwinjizwa mu myanya ikomeye nka Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko kwinjiza abakiri bato mu nshingano, ari ukugira ngo bazikuriremo banazimenyere kugira ngo ejo hazaza h’u Rwanda habe hatanga icyizere, kuko abakuru babyina bavamo.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 24 Kanama 2023, ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda.

Abarahiye ni Maj Gen Albert Murasira wagizwe Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Jeanine Munyeshuli wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe ishoramari rya Leta no kwegeranya Ibikorwa, na Sandrine Umutoni winjiye muri Guverinoma nk’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye aba bayobozi binjiye mu nshingano nshya, bakaba bemeye gukorera Igihugu cyabo.

Ati “Buri gihe ntawabura kwibutsa ko imirimo nk’iyi kuri uru rwego iba igamije kugira ngo abantu bafate inshingano, kuri bo ubwabo, ku bo bayoboye, ariko igisumba byose ko tuba dukorera Igihugu cyacu.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abarahiye none, abenshi ari abakiri bato, nka Jeanine Munyeshuli ndetse na Umutoni Sandrine.

Avuga ko guha inshingano abakiri bato, bifite ubutumwa bitanga. Ati “Biba byakozwe ku buryo bigenderewe, kwifuza guha inshingano urubyiruko, ngo bakure bumva ko badakurikira gusa, ahubwo ko bakwiye no kuyobora mu bikorwa bitandukanye byubaka Igihugu cyacu.”

Yavuze ko Minisiteri y’Urubyiruko isanzwe iyoborwa n’ubundi n’ukiri muto, ariko ko yari umugabo, ati “nifuza ko rero tugiramo n’umudamu. Ubwo ndibwira ko urubyiruko rwacu, ari abakobwa, ari abahungu, abagore, bazabibonamo.”

Yavuze ko ariko kubibonamo bitagomba gushingira ku kuba ari abo mu byiciro byombi by’igitsinagabo n’igitsinagore.

Ati “Kugira ngo babibonemo ariko ntabwo ari uko umwe ari umugabo undi ari umugore mu nshingano zabo, ahubwo bagomba kubibonamo mu bikorwa kandi bijyanye n’uko ababikora, ababiyoboramo abandi, bari muri ya myaka navugaga, aho na bo ubwabo bari mu rwego rw’urubyiruko, kugira ngo bigaragaze ko abagomba gufata inshingano batari abo mu myaka nk’iyacu ahubwo ko n’abato bagomba kubibyirukiramo, bakabikuriramo, ni byo biduha icyizere ko ejo hazaza, kuko buri wese uko tugenda, hari abagenda bagera ikirenge mu cyacu.”

Yakomeje agira ati “Gufata inshingano, kugira imico yubaka, iyobora, ntabwo ari iby’abakuru gusa, ahubwo bikwiye guhera ku batoya.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko aba binjiye mu nshingano nshya, basanzwe bazifite, ku buryo yizeye ko bazazimenyera, kuko ibikenerwa byose bihari, ndetse bakaba bafite n’abo bazasanzemo bazafatanya bakanareberaho.

Ati “Hari ibisanzwe, hari bigomba gukosorwa, hari ibigomba gushyirwamo imbaraga zirenze kuko ari bizima […] Muve aha mwumva ko akazi katangiye ejo, ntabwo ari uyu munsi, mukomereza aho mukore ibishoboka.”

Aba bayobozi bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda, bashyizweho hirya y’ejo hashize ku wa Kabiri tariki 22 Kanama 2023, mu mavugurura yakozwe muri Guverinoma.

Perezida Kagame yayoboye uyu muhango w’irahira ry’abayobozi
Maj Gen Murasira Albert yarahiye kuba Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi
Jeanine Munyeshuli ni Umumabanga wa Leta muri MINECOFIN
Na Umutoni Sandrine, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Umuryango wiyemeje gukura ku ibere idolari rya USA watangaje inkuru nziza idasanzwe

Next Post

Bwa kane uwabaye Perezida wa America yongeye gutabwa muri yombi noneho anahabwa nimero y’imfungwa

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal FC yatsinze Bayern Munich ibitego 3-1 mu mukino w'Irushanwa ry'i...

IZIHERUKA

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza
IBYAMAMARE

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa kane uwabaye Perezida wa America yongeye gutabwa muri yombi noneho anahabwa nimero y’imfungwa

Bwa kane uwabaye Perezida wa America yongeye gutabwa muri yombi noneho anahabwa nimero y’imfungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.