Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Kagame yasubije kuri X-Twitter Umunya-Ghana wamwifurije ikaze iwabo binyura benshi

radiotv10by radiotv10
07/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Perezida Kagame yitabiriye igikorwa cyanitabiriwe na Tshisekedi muri Ghana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye Umunya-Ghana wamuhaye ikaze mu Gihugu cy’iwabo, aho yagiyeyo yitabiriye irahira rya Perezida w’iki Gihugu, aho bamwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X, bishimiye uburyo Umukuru w’u Rwanda yasubije uyu muntu kuri uru rubuga.

Perezida Paul Kagame yageze i Accra muri Ghana kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Mutarama 2025, aho yagiye kwifatanya n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma n’abandi banyacyubahiro bitabiriye umuhango w’irahira rya John Dramani Mahama uherutse gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu, na Visi Perezida Naana Jane Opoku-Agyemang.

Umwe mu Banya-Ghana ukoresha urubuga nkoranyambaga rwa X nka konti ya Goshers, yishimiye kuba Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yagiye kwifatanya n’abaturage b’iki Gihugu mu birori by’irahira ry’Umukuru wacyo.

Mu butumwa buherekeje ifoto igaragaza Perezida Kagame ari muri uyu muhango, ukoresha iyi Konti ya Goshers yagize ati “Arakaza neza muri Ghana Nyakubahwa Paul Kagame.”

Mu kumusubiza, Perezida Paul Kagame, yagize ati “Urakoze cyane. Nishimiye kuza muri Ghana, mu irahira rya Perezida Mahama.”

Bamwe mu bakoresha uru rubuga nkoranyambaga rwa X, bishimiye uburyo Perezida Paul Kagame ashyikirana n’abarukoresha, kubera uburyo yasubije uyu wamwifuriza ikaze muri Ghana.

Uwitwa Chance Tsindika [Bwambale Chance Tsindika] yagize ati “Iyi ni konti ya nyayo ya Perezida Paul Kagame w’u Rwanda. Ni ukuri ndabikunze uburyo ayikoresha, ni umuntu usabana n’abantu akabasubiza kandi yicishije bugufi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Ahakunze kubera impanuka habereye indi ikomeye y’ikamyo yaruhukiye mu Bitaro

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA HUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA HUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU YO GUSABA HUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.