Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ko ibyiyemejwe mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe bidakwiye gukomeza kuba amasigarakicaro

radiotv10by radiotv10
13/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ko ibyiyemejwe mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe bidakwiye gukomeza kuba amasigarakicaro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyaguye byiyemezwa mu nama zabanje ziga ku guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, bitubahirizwa, ntihabeho no kubazwa inshingano, ariko ko bidakwiye gukomereza muri uwo murongo.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ugushyingo 2024 mu bikorwa by’Inama Mpuzamahanga ya 29 yiga ku mihindagurikire y’ibihe (COP 29) iri kubera i Baku muri Azerbaijan.

Ni mu kiganiro yatangiye mu nama yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Measuring the Green Wealth of Africa”, yayobowe na Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso ari kumwe na Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, Dr Akinwumi Adesina.

Perezida Kagame yibukije ko guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, bikwiye kuba ingamba zihuriweho, by’umwihariko nk’Umugabane wa Afurika.

Yagize ati “Nk’uko duteraniye muri COP 29, Afurika ifite intego imwe: Gushimangira aho duhagaze nk’abafite uruhare runini mu guhangana n’imihindagurikire y’Ibihe. Gusa kutabasha kugera ku nkunga y’ubushobozi, biracyari imbogamizi ikomeye.”

Yakomeje agira ati “Ibyagiye bisezeranywa gukorwa mu nama zabanje, byagiye bihera mu magambo bidashyizwe mu bikorwa, kandi ntihabeho no kubazwa inshingano. Ibi ntibishobora gukomeza kwihanganirwa.”

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko Umugabane wa Afurika ugira uruhare ruto mu guteza ibibazo bihungabanya ikirere ugereranyije n’indi Migabane, bityo ko ibyagiye bisezeranywa uyu Mugabane mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, bikwiye kujya byubahirizwa.

U Rwanda nka kimwe mu Bihugu byagaragaje umuhate n’imbaraga mu bikorwa byo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, muri iyi nama ya COP 29 ruzagaragaza ibyo rwagezeho ndetse n’icyarufashije.

Iyi nama yatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo 2024, yitezwemo kugaragaza aho intego zo guhangana n’imihindagurikire ziyemejwe zigeze, ndetse no gufatirwamo izindi ngamba.

Perezida Kagame na Denis Sassou Nguesso wayoboye iyi nama
Denis Sassou Nguesso yayoboye iyi nama ari kumwe na Akinwumi Adesina

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + two =

Previous Post

Hatangajwe ikiri gukorwa nyuma yuko umusirikare wa RDF akoze ibidukunze kuba mu Ngabo z’u Rwanda

Next Post

Uko byari byifashe Biden yakira Trump kuva yatorwa n’ibyavugiwe mu kiganiro bagiranye

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe
AMAHANGA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byari byifashe Biden yakira Trump kuva yatorwa n’ibyavugiwe mu kiganiro bagiranye

Uko byari byifashe Biden yakira Trump kuva yatorwa n'ibyavugiwe mu kiganiro bagiranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.