Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yemeje ko u Rwanda ruri guhatanira kwakira isiganwa ry’imodoka rikunzwe ku Isi

radiotv10by radiotv10
13/12/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
BREAKING: Perezida Kagame yemeje ko u Rwanda ruri guhatanira kwakira isiganwa ry’imodoka rikunzwe ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda iri mu biganiro n’abategura isiganwa ry’utumodoka duto rizwi nka ‘Formula 1 Grand Prix’, kugira ruzaryakire, kandi ko hari guterwa intambwe ishimishije mu ibi biganiro byatuma iri rushanwa ribera muri Afurika.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ukuboza 2024 ubwo yatangizaga ku mugaragaro Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa ku Modoka FIA iri kubera i Kigali.

Perezida Kagame yashimiye Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa ku Modoka FIA na Perezida waryo, Mohammed Ben Sulayem kuba barahisemo gukorera Inteko Rusange yaryo mu Rwanda, mu gihe rinizihiza isabukuru y’imyaka 120.

Ati “Byumwihariko twishimiye kuba tugiye kwakira ibirori by’itangwa ry’ibihembo riba ku mugoroba w’uyu munsi. Ku nshuro ya mbere Inteko Rusange ya FIA ibereye muri Afurika, kandi ibi ni intambwe ishimishije igaragaza intego yo guteza imbere umukino wo gusiganwa ku modoka mu guhuza abafana ndetse n’abashoferi babigize umwuga muri Afurika.”

Perezida Kagame yavuze ko umukino wo gusiganwa ku modoka ku Isi hose uzwi nk’uw’abifite kandi usaba byinshi bihambaye birimo umutekano, ikoranabuhanga n’imiyoborere myiza aho uba ugomba kwakirirwa.

Yaboneyeho gushimira imishinga ya FIA irimo umukino wa Formula 1 ahari gutezwa imbere ikoreshwa ry’imodoka z’amashanyarazi.

Ati “Mu Rwanda twishimira kuba turi gukorana na Federasiyo mu guteza imbere ikorwa ry’ibikorwa remezo. Hagendewe ku murongo wa FIA, abanyeshuri bo mu Rwanda biga amasomo y’ubumenyi-ngiro, babashije gukora imodoka ihendutse, nanishimiye kubona mu ijoro ryatambutse.”

Yakomeje avuga ko ibi bigaragaza intambwe ishimishije iri guterwa mu bumenyi buganisha ku iterambere ry’umukino wo gusiganwa ku modoka ku Mugabane wa Afurika.

Yavuze kandi ko nubwo hari inzego Umugabane wa Afurika wagiye usubizwamo inyuma, ariko ibi bigaragaza umwanya ugenda uhabwa muri siporo, bikanashimangira uruhare rwa buri wese mu iterambere ryayo.

Byumwihariko bikaba binakwiye ko Ibihugu byo kuri uyu Mugabane, bikwiye na byo kwakira ibikorwa nk’ibi n’inama mpuzamahanga nk’izi.

Ati “Rimwe na rimwe iyo Igihugu kidateye imbere gitangajwe kwakira ibikorwa nk’ibi, bifatwa nk’aho habayeho kwibeshya, iyo ufashe umwanzuro ugendeye ku bitangazwa mu itangazamakuru. Imigirire nk’iyi ikwiye gusigara inyuma.”

Formula 1 mu Rwanda

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko mu gihe kiri imbere uruhare rw’urwego rwa Siporo mu bukungu bwa Afurika ruzazamuka ku gipimo cya 80%, bityo Siporo ya Afurika ikazabasha kugira uruhare mu bucuruzi bwinjiriza amafaranga atubutse uyu Mugabane.

Ati “Nejejwe no gutangaza ku mugaragaro ko u Rwanda ruri guhatanira kuzana irushanwa ryo gusiganwa ku modoka muri Afurika rukakira Formula 1 Grand Prix.”

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko ibiganiro biri kuba hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’abategura iri siganwa, biri kugenda neza, aboneraho no kubashimira.

Ati “Kandi ndabizeza ko turi kubikorana ubushishozi n’ubwitonzi n’umuhate, bikwiye. Dufatanyije tuzubaka ikintu kizadutera ishema twese.”

Yaboneyeho kandi gutangariza abitabiriye iyi Nteko Rusange ko u Rwanda rwashoye imari mu bikorwa remezo byo guteza imbere siporo, atanga ingero zirimo inyubako ya BK Arena izwiho kuba yakira imikino ikomeye ya Basketball nka BAL ndetse na Sitade Amahoro yavuguruwe, ndetse n’ibindi biri gukorwa nk’icyanya cya siporo cya Zaria Court, umushinga uri gukorwa na Masai Ujiri.

Ati “Imyumvire yacu, yakomeje kuba kubyaza umusaruro ibyo dufitiye ubushobozi. Turabizi ko iterambere rya Siporo ridashingira ku nyubako cyangwa kwakira inama, ahubwo no kuzamura impano ndetse no gushimisha abafana. Ibi byagize uruhare rufatika atari mu bukungu bwacu gusa, ahubwo no mu iterambere ry’abaturage.”

Yavuze ko u Rwanda rwiteguye gukomereza kuri iyi ntego, no kwakira abashyitsi benshi, aboneraho kubizeza ko igihe bazaza bazajya bahabwa serivisi zo ku rwego rwo hejuru, mu bikorerwa mu Rwanda byose.

Perezida Kagame yashimiye abitabiriye iyi Nteko Rusange ya FIA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − one =

Previous Post

Hafashwe icyemezo ku birego byo gufata ku ngufu byashinjwaga rurangiranwa ukunzwe muri ruhago

Next Post

Igiteye amatsiko Bruce Melodie yateguje abantu mbere yo kubasogongeza album ye

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igiteye amatsiko Bruce Melodie yateguje abantu mbere yo kubasogongeza album ye

Igiteye amatsiko Bruce Melodie yateguje abantu mbere yo kubasogongeza album ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.