Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yemeje ko u Rwanda ruri guhatanira kwakira isiganwa ry’imodoka rikunzwe ku Isi

radiotv10by radiotv10
13/12/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
BREAKING: Perezida Kagame yemeje ko u Rwanda ruri guhatanira kwakira isiganwa ry’imodoka rikunzwe ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda iri mu biganiro n’abategura isiganwa ry’utumodoka duto rizwi nka ‘Formula 1 Grand Prix’, kugira ruzaryakire, kandi ko hari guterwa intambwe ishimishije mu ibi biganiro byatuma iri rushanwa ribera muri Afurika.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ukuboza 2024 ubwo yatangizaga ku mugaragaro Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa ku Modoka FIA iri kubera i Kigali.

Perezida Kagame yashimiye Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa ku Modoka FIA na Perezida waryo, Mohammed Ben Sulayem kuba barahisemo gukorera Inteko Rusange yaryo mu Rwanda, mu gihe rinizihiza isabukuru y’imyaka 120.

Ati “Byumwihariko twishimiye kuba tugiye kwakira ibirori by’itangwa ry’ibihembo riba ku mugoroba w’uyu munsi. Ku nshuro ya mbere Inteko Rusange ya FIA ibereye muri Afurika, kandi ibi ni intambwe ishimishije igaragaza intego yo guteza imbere umukino wo gusiganwa ku modoka mu guhuza abafana ndetse n’abashoferi babigize umwuga muri Afurika.”

Perezida Kagame yavuze ko umukino wo gusiganwa ku modoka ku Isi hose uzwi nk’uw’abifite kandi usaba byinshi bihambaye birimo umutekano, ikoranabuhanga n’imiyoborere myiza aho uba ugomba kwakirirwa.

Yaboneyeho gushimira imishinga ya FIA irimo umukino wa Formula 1 ahari gutezwa imbere ikoreshwa ry’imodoka z’amashanyarazi.

Ati “Mu Rwanda twishimira kuba turi gukorana na Federasiyo mu guteza imbere ikorwa ry’ibikorwa remezo. Hagendewe ku murongo wa FIA, abanyeshuri bo mu Rwanda biga amasomo y’ubumenyi-ngiro, babashije gukora imodoka ihendutse, nanishimiye kubona mu ijoro ryatambutse.”

Yakomeje avuga ko ibi bigaragaza intambwe ishimishije iri guterwa mu bumenyi buganisha ku iterambere ry’umukino wo gusiganwa ku modoka ku Mugabane wa Afurika.

Yavuze kandi ko nubwo hari inzego Umugabane wa Afurika wagiye usubizwamo inyuma, ariko ibi bigaragaza umwanya ugenda uhabwa muri siporo, bikanashimangira uruhare rwa buri wese mu iterambere ryayo.

Byumwihariko bikaba binakwiye ko Ibihugu byo kuri uyu Mugabane, bikwiye na byo kwakira ibikorwa nk’ibi n’inama mpuzamahanga nk’izi.

Ati “Rimwe na rimwe iyo Igihugu kidateye imbere gitangajwe kwakira ibikorwa nk’ibi, bifatwa nk’aho habayeho kwibeshya, iyo ufashe umwanzuro ugendeye ku bitangazwa mu itangazamakuru. Imigirire nk’iyi ikwiye gusigara inyuma.”

Formula 1 mu Rwanda

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko mu gihe kiri imbere uruhare rw’urwego rwa Siporo mu bukungu bwa Afurika ruzazamuka ku gipimo cya 80%, bityo Siporo ya Afurika ikazabasha kugira uruhare mu bucuruzi bwinjiriza amafaranga atubutse uyu Mugabane.

Ati “Nejejwe no gutangaza ku mugaragaro ko u Rwanda ruri guhatanira kuzana irushanwa ryo gusiganwa ku modoka muri Afurika rukakira Formula 1 Grand Prix.”

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko ibiganiro biri kuba hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’abategura iri siganwa, biri kugenda neza, aboneraho no kubashimira.

Ati “Kandi ndabizeza ko turi kubikorana ubushishozi n’ubwitonzi n’umuhate, bikwiye. Dufatanyije tuzubaka ikintu kizadutera ishema twese.”

Yaboneyeho kandi gutangariza abitabiriye iyi Nteko Rusange ko u Rwanda rwashoye imari mu bikorwa remezo byo guteza imbere siporo, atanga ingero zirimo inyubako ya BK Arena izwiho kuba yakira imikino ikomeye ya Basketball nka BAL ndetse na Sitade Amahoro yavuguruwe, ndetse n’ibindi biri gukorwa nk’icyanya cya siporo cya Zaria Court, umushinga uri gukorwa na Masai Ujiri.

Ati “Imyumvire yacu, yakomeje kuba kubyaza umusaruro ibyo dufitiye ubushobozi. Turabizi ko iterambere rya Siporo ridashingira ku nyubako cyangwa kwakira inama, ahubwo no kuzamura impano ndetse no gushimisha abafana. Ibi byagize uruhare rufatika atari mu bukungu bwacu gusa, ahubwo no mu iterambere ry’abaturage.”

Yavuze ko u Rwanda rwiteguye gukomereza kuri iyi ntego, no kwakira abashyitsi benshi, aboneraho kubizeza ko igihe bazaza bazajya bahabwa serivisi zo ku rwego rwo hejuru, mu bikorerwa mu Rwanda byose.

Perezida Kagame yashimiye abitabiriye iyi Nteko Rusange ya FIA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Hafashwe icyemezo ku birego byo gufata ku ngufu byashinjwaga rurangiranwa ukunzwe muri ruhago

Next Post

Igiteye amatsiko Bruce Melodie yateguje abantu mbere yo kubasogongeza album ye

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igiteye amatsiko Bruce Melodie yateguje abantu mbere yo kubasogongeza album ye

Igiteye amatsiko Bruce Melodie yateguje abantu mbere yo kubasogongeza album ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.