Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

radiotv10by radiotv10
02/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko amateka y’u Rwanda yo kuba hari igice cy’Abanyarwanda bigeze kumara igihe kinini ari impunzi na we ubwe yamazemo imyaka 24, ari yo atuma iki Gihugu cyarafashe iya mbere mu kwita ku mibereho y’impunzi atari uko gifite ibya mirenge.

Mu cyumweru gishize Guverinoma y’u Rwanda yemeje mu buryo budasubirwaho ko ukwezi kwa 8/2025 kwasize iki Gihugu cyakiriye abaturage barindwi boherejwe na Leta Zunze Ubumwe za America, bakaba ari abagize icyiciro cya mbere cy’abantu 250 bagomba koherezwa mu Rwanda bavuye muri iki Gihugu.

Mbere y’amasezerano u Rwanda rwagiranye na US, muri 2022 iki Gihugu cyanagaragaje ko cyiteguye kwakira abanyamahanga bari koherezwa n’u Bwongereza, ariko iki Gihugu cyo ku Mugabane w’u Burayi cyahagaritse aya masezerano atashyirwa mu bikorwa.

Na none kandi u Rwanda rusanzwe rwakira izindi mpunzi zituruka muri Libya kugira ngo zize kuhategerereza Ibihugu bizazakira, ziza zisanga izindi zihamaze imyaka myinshi zahunze u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Kagame avuga ko kuba u Rwanda rwarafashe iya mbere muri gahunda zigamije gutabara impunzi, bifitanye isano n’amateka y’iki Gihugu.

Yagize ati “Iyi ni gahunda ikomoka ku mateka twize nk’Igihugu. Twize amasomo menshi. Njyewe mubona hano imbere yanyu; nabaye mu buhunzi imyaka 24. Nabaga mu nkambi y’impunzi, ku bw’ibyo numva uburemere bwabyo.

Ni yo mpamvu dushobora gutanga umusanzu wacu mu gukemura ikibazo cy’abantu bahunga; mu mikoro yacu adahagije, turacyagerageza kugira icyo dukora.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko abagera ku rwego rwo kwirukanwa; baba baragiye basa n’abahunga ibibazo byugarije Ibihugu bakomokamo, aboneraho gusaba byumwihariko urubyiruko kudahunda ibibazo ahubwo rugatanga umusanzu warwo mu kubishakira umuti.

Ati “Iyo hari ibibazo mu Gihugu mbona urubyiruko rwihutira kujya mu mahanga nko mu Bihugu by’i Burayi, Canada, Leta Zunze Ubumwe za America n’ahandi. Icya mbere mu Bihugu byose haba ibibazo, wenda Umugabane wacu ushobora kuba ufite ibibazo byinshi kurenza abandi, ariko buriya twakabaye dushyira imbaraga mu kubikemura aho kubihunga.

Ubutumwa bworoshye ku rubyiruko ni ukubasaba ko mwareka guhunga ibibazo, kuko n’aho muhungira muzahasanga ibibazo bishobora no kuba ari byinshi, byumwihariko igihe bazaba bagusubije aho waturutse.”

Iyi gahunda y’u Rwanda yo kugira ubushake mu gushakira umuti ibibazo by’ubuhunzi, ishimwa n’Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, Flippo Grandi nk’uko yabitangarije mu Karere ka Rubavu mu cyumweru gishize.

Nyuma y’amasaha macye aganiriye na Perezida Kagame, uyu Muyobozi wa UNHCR, Grandi yagize ati “Ndamushimira ku bwa politike nziza ireba impunzi. U Rwanda rucumbikiye impunzi zisaga ibihumbi ijana na mirongo ine baturuka mu Bihugu bya Repubulioka Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi, kandi politike ibagenga ni nziza.”

Muri Kanama (08) umwaka ushize wa 2024; mu Rwanda habarurwaga impunzi 134 272, aho 60% byazo, ari abaturutse muri DRC, abandi baturutse mu Burundi.

Perezida Kagame kuri uyu wa Mbere ubwo yatangaga ikiganoro i Dakar muri Senegal

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

Next Post

Mentorship matters: Why every girl deserves a role model

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mentorship matters: Why every girl deserves a role model

Mentorship matters: Why every girl deserves a role model

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.