Perezida Kagame yihanganishije Abanya-Tanzania ku bw’ibyago bagize

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Perezida Paul Kagame yihanganishije Abanya-Tanzania na Perezida wabo Madamu Samia Suluhu Hassan ku bw’ibyago bagize by’impanuka y’indege yabereye mu Kiyaga cya Victoria igahitana ubuzima bwa bamwe.

Iyi mpanuka y’indege ya Precision Air, yabaye kuri iki Cyumweru tariki 06 Ugushyingo 2022, aho yahise ihitana abantu 19.

Izindi Nkuru

Perezida Paul Kagame mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yihanganishije Abanya-Tanzania ku bw’iyi mpanuka yahitanye ubuzima bwa bamwe.

Yagize ati “Nihanganishije Abanya-Tanzania na Perezida Samia Suluhu ku bw’ibyago byo kubura ubuzima bwa bamwe mu mpanuka y’Indege.”

Ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame bukomeza bugira buti “Twifatanyije n’imiryango n’inshuti z’abitabye Imana bose.”

Nyuma y’iyi mpanuka yabaye kuri iki Cyumweru, Minisitiri w’Intebe wa Tanzania, Kassim Majaliwa, yavuze ko iyi ndege yaguye mu kiyaga cya Victoria ubwo yerecyezaga mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’umujyi wa Bukoba.

Majaliwa wahise yerecyeza i Bukoba aho iyi ndege yerecyezaga, akigerayo, yatangaje ko abantu 19 baburiye ubuzima muri iyi mpanuka.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri aka gace kabereyemo impanuka, buvuga ko abantu 26 barokotse iyi mpanuka mu bagenzi 43 bari muri iyi ndege, bakaba bahise bajyanwa mu bitaro biri hafi y’iki kiyaga.

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru