Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Ndayishimiye yagiye muri Congo mu nama ikomeye

radiotv10by radiotv10
23/02/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Ndayishimiye yagiye muri Congo mu nama ikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yagiye mu Gihugu cy’igituranyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yitabiriye inama yiga ku mahoro.

Perezida Evariste Ndayishimiye yageze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Gashyantare 2022.

Ubwo yari ageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya N’Djili, yakiriwe na Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Michel Sama Lukonde.

Mbere y’uko ahaguruka mu Gihugu cye, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, byatangaje ko agiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu nama ya 10 yiga ku masezerano y’amahoro n’umutekano mu karere iteganyijwe kuba kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022.

Agiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hatarashira umwaka n’ubundi agiriye uruzinduko muri iki Gihugu kuko yaherukagayo muri Nyakanga 2021 ubwo yari mu ruzinduko rw’akazi rw’Iminsi itatu rwo gutsura umubano n’iki Gihugu cy’igituranyi.

Perezida Evariste Ndayishimiye agiye mu Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gihe mu cyumweru gishize yari ku Mugabane w’u Burayi aho yari yagiye kwifatanya n’abandi bakuru b’Ibihugu mu nama yahuje Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Perezida Ndayishimiye ubwo yasezeraga kuri bamwe mu bo muri Guverinoma ye
Ubwo yavaga mu Burundi agiye gufata indege
Ageze muri Congo yakiriwe na Minisitiri w’Intebe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − two =

Previous Post

Rulindo: Abanyeshuri 30 bakubiswe n’Inkuba bari mu ishuri Imana ikinga akaboko

Next Post

Russia&Ukraine: Intambara yatangiye, Putin yarubiye, UN yatanze gasopo…Biragarukira he?

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Russia&Ukraine: Intambara yatangiye, Putin yarubiye, UN yatanze gasopo…Biragarukira he?

Russia&Ukraine: Intambara yatangiye, Putin yarubiye, UN yatanze gasopo…Biragarukira he?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.