Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Ndayishimiye yashyikirijwe ubuyobozi bwa EAC ahita aha umukoro ukomeye DRCongo

radiotv10by radiotv10
22/07/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Ndayishimiye yashyikirijwe ubuyobozi bwa EAC ahita aha umukoro ukomeye DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi wahawe kuyobora Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), mu ijambo rye rya mbere yasabye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gushyira mu bikorwa ibyemezo byafatiwe mu nama y’Abakuru b’Ibihugu byo kurandura ibibazo by’umutekano.

Mu nama ya 22 y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yahererekanyije ububasha na Uhuru Kenyatta ku buyobozi bw’uyu Muryango.

Mu ijambo rye, yavuze ko kugira ngo ubucuruzi n’ubuhahirane bitere imbere mu Bihugu bigize uyu muryango ndetse n’imibereho y’ababituye irusheho kuba myiza, bisaba ko muri aka karere hagomba kuba hari umutekano ushikamye.

Ati “Biradusaba ko dukomeza gutsimbataza amahoro n’umutekano mu karere, tukongera ingufu inshingano z’ubuyobozi ndetse n’imiyoborere myiza mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.’

Yakomeje avuga ko ku birebana n’amahoro n’umutekano, hakirimo imbogamizi kubera ibibazo by’umutekano mucye bikigaragara mu kimwe mu Bihugu binyamuryango.

Ati “Turifuza kwibutsa umunyamuryango wacu mushya, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gushyiraho uburyo buganisha ku mutekano n’iterambere burimo no gushyira mu bikorwa imyanzuro yafatiwe mu nama z’abakuru b’Ibihugu i Nairobi.”

Perezida Ndayishimiye yavuze ko mu rwego rwo kuzamura imibereho y’abatuye muri Afurika y’Iburasirazuba, azarushaho gukorana na bagenzi be mu kuzamura umusaruro by’umwihariko mu gutuma abagore, urubyiruko ndetse n’abafite ubumuga n’abaseshakanguhe kubasha kubona inkunga zo gutangiza imishinga yabafasha kugira imibereho myiza.

Naho ku bijyanye no kuzamura urwego rw’ubuhahirane n’urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa, yavuze ko azarushaho gukorana na bagenzi be mu gushyiraho ibikorwa remezo bihuza Ibihugu nk’imihanda, inzira za Gari ya Moshi, no gukoresha ibibuga by’indege ndetse no kubahiriza ibikubiye mu masezerano y’isoko rusange rya EAC.

 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

IFOTO: Miss Jolly asa nk’uwambariye urugamba yongeye kuzamura amarangamutima ya benshi

Next Post

Goma: N’umujinya w’umuranduranzuzi abagore bigaragambije basaba MONUSCO guhambira utwayo ikabavira mu Gihugu

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Goma: N’umujinya w’umuranduranzuzi abagore bigaragambije basaba MONUSCO guhambira utwayo ikabavira mu Gihugu

Goma: N’umujinya w’umuranduranzuzi abagore bigaragambije basaba MONUSCO guhambira utwayo ikabavira mu Gihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.