• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

radiotv10by radiotv10
19/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe n’itsinda ririmo rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo, yamubwiye uburyo umuhungu we muto ari umufana we ukomeye.

Byabaye mu ijoro ryacyeye ubwo Donald Trump yakiraga ku meza muri White House Igikomangoma cya Saudi Arabia n’itsinda ry’abo bari kumwe.

Cristiano Ronaldo yahuye n’umuhungu wa Trump, Barron Trump mbere yo kumushimira muri iki gikorwa cyo kubakira ku meza mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri.

Donald Trump yateguye igikorwa cyo kwakira Igikomangoma cya Saudi Arabia, Mohammed bin Salman, i Washington DC, aho yari kumwe n’itsinda ririmo abaherwe.

Ronaldo, ukina muri Saudi Pro League, ari mu itsinda ry’abari kumwe na, Mohammed bin Salman, aho yari kumwe n’umukunzi we, Georgina Rodriguez.

Uyu mugabo w’imyaka 40 wari wambaye isuti y’umukara, yari yicaranye n’abandi banyacyubahiro barimo Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, JD Vance ndetse n’umuherwe Elon Musk.

Byari ubwa mbere uyu mukinnyi w’umupira w’amaguru agaragara ku butaka bwa Amerika kuva yashinjwa gufata ku ngufu n’umwarimu w’Umunyamerika mu 2017.

Trump yagarutse kuri Ronaldo mu ijambo rye, agaragaza ko uyu mukinnyi wo muri Portugal yari asanzwe amuzi cyane kuko yakundaga kuvugwa n’umuhungu we, umufana bidasanzwe.

Trump yagize ati “Iki cyumba cyuzuyemo abayobozi bakomeye ku isi, abo mu bucuruzi, muri siporo …’. ‘Umwana wanjye ni umufana ukomeye wa Ronaldo… Barron yahuye na we kandi ndatekereza ko yubaha se cyane ubu. Rero ndagira ngo mbashimire mwese kuba muri hano.”

Barron Trump yigeze kumara igihe mu ikipe y’ingimbi ya MLS DC United, nk’uko amakuru abivuga. Hari amashusho agaragaza uyu musore w’imyaka 19 mu mupira w’amaguru, yasakaye mu kwezi k’Ukuboza 2024, akaba ndetse yarigeze gutumirwa n’umukinnyi w’icyamamare w’Umwongereza Wayne Rooney.

Trump yavuze ko umuhungu we afana cyane Cristiano Ronaldo
Umuhungu we Barron Trump yabonanye na rurangiranwa
Cristiano Ronaldo yari mu banyacyubahiro bitabiriye uyu musangiro

Igikomangoma cya Saudi Arabia

N’umuherwe Elon Musk yari ahari

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 1 =

Previous Post

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Next Post

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Related Posts

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Next Post
Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.