Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Tshisekedi na Ndayishimiye bahuriye mu biganiro byabaye mu bihe by’itabaro

radiotv10by radiotv10
26/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Tshisekedi na Ndayishimiye bahuriye mu biganiro byabaye mu bihe by’itabaro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, Lazarus Chakwera wa Malawi ndetse na Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, bari bitabiriye umuhango wo guherekeza uwari Perezida wa Namibia witabye Imana, bahuriye mu biganiro ku mutekano muri Congo.

Aba Bakuru b’Ibihugu, bahuye nk’abo mu Muryango w’Ubukungu w’Ibihugu bya Afurika yo mu Majyepfo (SADC), biri gutanga umusanzu mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubutumwa dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC, buvuga ko ibi biganiro byabaye kuri iki Cyumweru tariki 25 Gashyantare 2024, I Windhoek muri Namibia nyuma y’umuhango wo guherekeza nyakwigendera Hage Geingob wayoboraga iki Gihugu uherutse kwitaba Imana.

Perezidansi ya DRC ivuga ko “Perezida Félix Tshisekedi yitabiriye inama y’Ibihugu bya SADC biri gutanga umusanzu mu Burasirazuba bwa RDC. Iyi nama kandi yanatumiwemo u Burundi.”
Igihugu cya Afurika y’Epfo, Malawi ndetse na Tanzania; ni byo byohereje ingabo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu butumwa bw’uyu Muryango wa SADC mu guhashya umutwe wa M23.

Ni mu gihe u Burundi na bwo busanzwe bufiteyo ingabo, ziriyo mu rwego rw’ubufatanye bw’iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezidansi ya DRC, itangaza kandi ko hanabaye inama yahuje abayobozi mu nzego nkuru za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abagize Guverinoma ndetse no mu nzego za gisirikare.

Perezida Felix Tshisekedi, Cyril Ramaphosa na Evariste Ndayishimiye kandi baherukaga guhurira mu nama yabereye muri Ethiopia, ubwo bari bitabiriye ibikorwa by’inteko ya 37 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Ibi biganiro byayobowe na Perezida João Lourenço wa Angola usanzwe ari umuhuza mu bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byarimo na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Iyi nama yafatiwemo imyanzuro itandukanye, irimo ivuga ko hemejewe ko u Rwanda na DRC bongera kubyutsa ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze iminsi hagati y’ibi Bihugu, ndetse yanasabye umutwe wa M23 guhagarika imirwano vuba na bwangu.

Ibi biganiro byahuje abakuru b’Ibihugu bine
Byarimo na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − nine =

Previous Post

Dr.Ngirente yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame kuri Madamu wa Perezida wa Namibia watabarutse

Next Post

Rutahizamu w’Amavubi yatangiranye amahirwe mu ikipe ye nshya muri America

Related Posts

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu w’Amavubi yatangiranye amahirwe mu ikipe ye nshya muri America

Rutahizamu w’Amavubi yatangiranye amahirwe mu ikipe ye nshya muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.