Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Tshisekedi na Ndayishimiye bahuriye mu biganiro byabaye mu bihe by’itabaro

radiotv10by radiotv10
26/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Tshisekedi na Ndayishimiye bahuriye mu biganiro byabaye mu bihe by’itabaro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, Lazarus Chakwera wa Malawi ndetse na Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, bari bitabiriye umuhango wo guherekeza uwari Perezida wa Namibia witabye Imana, bahuriye mu biganiro ku mutekano muri Congo.

Aba Bakuru b’Ibihugu, bahuye nk’abo mu Muryango w’Ubukungu w’Ibihugu bya Afurika yo mu Majyepfo (SADC), biri gutanga umusanzu mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubutumwa dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC, buvuga ko ibi biganiro byabaye kuri iki Cyumweru tariki 25 Gashyantare 2024, I Windhoek muri Namibia nyuma y’umuhango wo guherekeza nyakwigendera Hage Geingob wayoboraga iki Gihugu uherutse kwitaba Imana.

Perezidansi ya DRC ivuga ko “Perezida Félix Tshisekedi yitabiriye inama y’Ibihugu bya SADC biri gutanga umusanzu mu Burasirazuba bwa RDC. Iyi nama kandi yanatumiwemo u Burundi.”
Igihugu cya Afurika y’Epfo, Malawi ndetse na Tanzania; ni byo byohereje ingabo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu butumwa bw’uyu Muryango wa SADC mu guhashya umutwe wa M23.

Ni mu gihe u Burundi na bwo busanzwe bufiteyo ingabo, ziriyo mu rwego rw’ubufatanye bw’iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezidansi ya DRC, itangaza kandi ko hanabaye inama yahuje abayobozi mu nzego nkuru za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abagize Guverinoma ndetse no mu nzego za gisirikare.

Perezida Felix Tshisekedi, Cyril Ramaphosa na Evariste Ndayishimiye kandi baherukaga guhurira mu nama yabereye muri Ethiopia, ubwo bari bitabiriye ibikorwa by’inteko ya 37 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Ibi biganiro byayobowe na Perezida João Lourenço wa Angola usanzwe ari umuhuza mu bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byarimo na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Iyi nama yafatiwemo imyanzuro itandukanye, irimo ivuga ko hemejewe ko u Rwanda na DRC bongera kubyutsa ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze iminsi hagati y’ibi Bihugu, ndetse yanasabye umutwe wa M23 guhagarika imirwano vuba na bwangu.

Ibi biganiro byahuje abakuru b’Ibihugu bine
Byarimo na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 13 =

Previous Post

Dr.Ngirente yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame kuri Madamu wa Perezida wa Namibia watabarutse

Next Post

Rutahizamu w’Amavubi yatangiranye amahirwe mu ikipe ye nshya muri America

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utonika Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utonika Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utonika Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utonika Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu w’Amavubi yatangiranye amahirwe mu ikipe ye nshya muri America

Rutahizamu w’Amavubi yatangiranye amahirwe mu ikipe ye nshya muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utonika Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.