Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Tshisekedi na Ndayishimiye bahuriye mu biganiro byabaye mu bihe by’itabaro

radiotv10by radiotv10
26/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Tshisekedi na Ndayishimiye bahuriye mu biganiro byabaye mu bihe by’itabaro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, Lazarus Chakwera wa Malawi ndetse na Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, bari bitabiriye umuhango wo guherekeza uwari Perezida wa Namibia witabye Imana, bahuriye mu biganiro ku mutekano muri Congo.

Aba Bakuru b’Ibihugu, bahuye nk’abo mu Muryango w’Ubukungu w’Ibihugu bya Afurika yo mu Majyepfo (SADC), biri gutanga umusanzu mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubutumwa dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC, buvuga ko ibi biganiro byabaye kuri iki Cyumweru tariki 25 Gashyantare 2024, I Windhoek muri Namibia nyuma y’umuhango wo guherekeza nyakwigendera Hage Geingob wayoboraga iki Gihugu uherutse kwitaba Imana.

Perezidansi ya DRC ivuga ko “Perezida Félix Tshisekedi yitabiriye inama y’Ibihugu bya SADC biri gutanga umusanzu mu Burasirazuba bwa RDC. Iyi nama kandi yanatumiwemo u Burundi.”
Igihugu cya Afurika y’Epfo, Malawi ndetse na Tanzania; ni byo byohereje ingabo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu butumwa bw’uyu Muryango wa SADC mu guhashya umutwe wa M23.

Ni mu gihe u Burundi na bwo busanzwe bufiteyo ingabo, ziriyo mu rwego rw’ubufatanye bw’iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezidansi ya DRC, itangaza kandi ko hanabaye inama yahuje abayobozi mu nzego nkuru za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abagize Guverinoma ndetse no mu nzego za gisirikare.

Perezida Felix Tshisekedi, Cyril Ramaphosa na Evariste Ndayishimiye kandi baherukaga guhurira mu nama yabereye muri Ethiopia, ubwo bari bitabiriye ibikorwa by’inteko ya 37 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Ibi biganiro byayobowe na Perezida João Lourenço wa Angola usanzwe ari umuhuza mu bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byarimo na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Iyi nama yafatiwemo imyanzuro itandukanye, irimo ivuga ko hemejewe ko u Rwanda na DRC bongera kubyutsa ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze iminsi hagati y’ibi Bihugu, ndetse yanasabye umutwe wa M23 guhagarika imirwano vuba na bwangu.

Ibi biganiro byahuje abakuru b’Ibihugu bine
Byarimo na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 18 =

Previous Post

Dr.Ngirente yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame kuri Madamu wa Perezida wa Namibia watabarutse

Next Post

Rutahizamu w’Amavubi yatangiranye amahirwe mu ikipe ye nshya muri America

Related Posts

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

IZIHERUKA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?
MU RWANDA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu w’Amavubi yatangiranye amahirwe mu ikipe ye nshya muri America

Rutahizamu w’Amavubi yatangiranye amahirwe mu ikipe ye nshya muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.