• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa America yafashe icyemezo ku muhungu kinyuranye n’ibyo yari yasezeranyije Abanyamerika

radiotv10by radiotv10
02/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida wa America yafashe icyemezo ku muhungu kinyuranye n’ibyo yari yasezeranyije Abanyamerika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden, yatangaje ko yahaye imbabazi umuhungu we Hunter Biden, ibintu bitandukanye n’ibyo yari yarijeje Abanyamerika ko atazigera yivanga mu manza zerekeranye n’umuhungu we uherutse kwemera ibyaha bijyanye no kunyereza imisoro no gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Mu itangazo yashyize ahagaragara ku cyumweru Tariki 01 Ukuboza 2024, Perezida Biden yagize ati “Uyu munsi, nshyize umukono ku mbabazi mpaye umuhungu wanjye Hunter. Umunsi wa mbere ninjira muri ibi biro, navuze ko ntazivanga mu byemezo bya Minisiteri y’Ubutabera, kandi narabikoze nubwo nagiye mbona umuhungu wanjye ashorwa mu manza zidafatika, ndetse agafatirwa ibihano mu buryo butanyuze mu mucyo.”

Biden yavuze imanza za Hunter zitari zikomeye, ahubwo ko zakomejwe n’uko ari umwana we, kandi ko ibyo bidakwiye.

Itangazo riha Hunter Biden imbabazi, rivuga ko yahawe imbabazi zuzuye, ndetse ko yagizwe umwere ku byaha yashinjwe hagati ya tariki 01 Mutarama 2014 kugeza ku ya 01 Ukuboza 2024.

Mu kwezi gushinze k’Ugushyingo 2024, Hunter Biden yahamijwe n’Urukiko ibyaha byo gukoresha impapuro mpimbano, no kugura intwaro mu buryo butemewe n’amategeko, mu gihe mu kwa Cyenda nabwo, yemeye ibyaha byo kunyereza imisoro y’asaga miliyoni 1,4 USD.

Byari biteganyijwe ko urubanza kuri ibyo byaha byashinjwaga Hunter Biden, ruzasomwa ku ya 16 Ukuboza 2024.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + twelve =

Previous Post

Uwafashwe yinjije mu Rwanda ibitemewe yari akuye muri Congo yatanze ibisobanuro

Next Post

Iby’ingenzi ku munyamakuru mushya wa RADIOTV10 uri mu bafite ubunararibonye bwihariye mu Rwanda

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Iby’ingenzi ku munyamakuru mushya wa RADIOTV10 uri mu bafite ubunararibonye bwihariye mu Rwanda

Iby’ingenzi ku munyamakuru mushya wa RADIOTV10 uri mu bafite ubunararibonye bwihariye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.