Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa Guinea Gen.Doumbouya yagaragaje ibyamunyuze mu kwakira Perezida Kagame yita umuvandimwe

radiotv10by radiotv10
15/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida wa Guinea Gen.Doumbouya yagaragaje ibyamunyuze mu kwakira Perezida Kagame yita umuvandimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Guinea, Lt Gen Mamadi Doumbouya yishimiye kwakira no kugirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame yita umuvandimwe akaba n’inshuti ye, anavuga ko mu mwanya muto bari bafite, bombi banahuye na Hadja André Touré, Madamu w’uwari Perezida w’iki Gihugu witabye Imana, akishimira uburyo baganiriye.

Bikubiye mu butumwa Mamadi Doumboya yanyuije ku rubuga nkoranyambaga rwa X mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Gicurasi 2024 nyuma y’amasaha macye, Perezida Paul Kagame arangije urugendo yagiriraga muri Guinea ku wa Mbere tariki 13 Gicurasi.

Muri ubu butumwa, Perezida Mamadi Doumbouya, yagize ati “nishimiye kwakira i Conakry umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye, nyakubahwa Paul Kagame, Perezida w’u Rwanda.”

Avuga ko uru ruzinduko rwa mugenzi we w’u Rwanda, rushimangira umubano w’ikirenga, ubucuti n’ubuvandimwe hagati y’Ibihugu byombi, ndetse no gukomeza guteza imbere imikoranire yabyo.

Ati “Mu mwanya muto w’ingirakamaro, twagize amahirwe adasanzwe yo guhura na Hadja André Touré, umupfakazi w’uwabaye Perezida wa Guinea ikibona ubwigenge, nyakwigendera Ahmed Sékou Touré.”

Perezida Mamadi Doumbouya yavuze ko uku guhura na Madamu wa nyakwigendera, wari umwanya waranzwe n’imbamutima nyinshi, ndetse ko wamwibukije umurage wo gukunda Igihugu wasizwe na Ahmed Sékou Touré.

Ati “Uku guhura kwaranzwe n’ibyishimo bidasanzwe kwa Perezida Paul Kagame na Hadja André Touré, ndetse nanjye ubwanjye n’uwahoze ari Madamu wa Perezida, bigaragaza ko twiyemeje twese kwigira ku hashize mu rwego rwo gukabya inzozi z’abakurambere.”

Arongera ati “Muri uyu mwanya w’agatangaza w’uruzinduko rw’ubucuti rwa Perezida w’u Rwanda, ni ubutumire bwo gukomeza kugeza ku byiza Igihugu cyacu nk’umurage w’abo dukomokaho bagihanze, ndetse no gutanga urugero rwiza mu kubaka ahazaza hatanga icyizere.”

Yasoje ubutumwa bwe yizeza ko Ibihugu byombi bizakomeza kunga ubumwe, bigakomeza kuyoboka inzira zashyizweho mu mikoranire y’iterambere ry’abaturage babyo.

Perezida Mamadi Doumbouya avuga ko yishimiye kwakira insuti ye Perezida Paul Kagame

Yanishimiye uburyo Perezida Kagame na Madamu Hadja André Touré

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + ten =

Previous Post

Kigali: Impungenge ni nyinshi ku kiraro kimaze imyaka 40 ibyacyo byarabaye agatereranzamba

Next Post

Kenya: Inkangu yongeye gushyira abaturage mu gahinda

Related Posts

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Inkangu yongeye gushyira abaturage mu gahinda

Kenya: Inkangu yongeye gushyira abaturage mu gahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.