Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa Guinea Gen.Doumbouya yagaragaje ibyamunyuze mu kwakira Perezida Kagame yita umuvandimwe

radiotv10by radiotv10
15/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida wa Guinea Gen.Doumbouya yagaragaje ibyamunyuze mu kwakira Perezida Kagame yita umuvandimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Guinea, Lt Gen Mamadi Doumbouya yishimiye kwakira no kugirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame yita umuvandimwe akaba n’inshuti ye, anavuga ko mu mwanya muto bari bafite, bombi banahuye na Hadja André Touré, Madamu w’uwari Perezida w’iki Gihugu witabye Imana, akishimira uburyo baganiriye.

Bikubiye mu butumwa Mamadi Doumboya yanyuije ku rubuga nkoranyambaga rwa X mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Gicurasi 2024 nyuma y’amasaha macye, Perezida Paul Kagame arangije urugendo yagiriraga muri Guinea ku wa Mbere tariki 13 Gicurasi.

Muri ubu butumwa, Perezida Mamadi Doumbouya, yagize ati “nishimiye kwakira i Conakry umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye, nyakubahwa Paul Kagame, Perezida w’u Rwanda.”

Avuga ko uru ruzinduko rwa mugenzi we w’u Rwanda, rushimangira umubano w’ikirenga, ubucuti n’ubuvandimwe hagati y’Ibihugu byombi, ndetse no gukomeza guteza imbere imikoranire yabyo.

Ati “Mu mwanya muto w’ingirakamaro, twagize amahirwe adasanzwe yo guhura na Hadja André Touré, umupfakazi w’uwabaye Perezida wa Guinea ikibona ubwigenge, nyakwigendera Ahmed Sékou Touré.”

Perezida Mamadi Doumbouya yavuze ko uku guhura na Madamu wa nyakwigendera, wari umwanya waranzwe n’imbamutima nyinshi, ndetse ko wamwibukije umurage wo gukunda Igihugu wasizwe na Ahmed Sékou Touré.

Ati “Uku guhura kwaranzwe n’ibyishimo bidasanzwe kwa Perezida Paul Kagame na Hadja André Touré, ndetse nanjye ubwanjye n’uwahoze ari Madamu wa Perezida, bigaragaza ko twiyemeje twese kwigira ku hashize mu rwego rwo gukabya inzozi z’abakurambere.”

Arongera ati “Muri uyu mwanya w’agatangaza w’uruzinduko rw’ubucuti rwa Perezida w’u Rwanda, ni ubutumire bwo gukomeza kugeza ku byiza Igihugu cyacu nk’umurage w’abo dukomokaho bagihanze, ndetse no gutanga urugero rwiza mu kubaka ahazaza hatanga icyizere.”

Yasoje ubutumwa bwe yizeza ko Ibihugu byombi bizakomeza kunga ubumwe, bigakomeza kuyoboka inzira zashyizweho mu mikoranire y’iterambere ry’abaturage babyo.

Perezida Mamadi Doumbouya avuga ko yishimiye kwakira insuti ye Perezida Paul Kagame

Yanishimiye uburyo Perezida Kagame na Madamu Hadja André Touré

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − eight =

Previous Post

Kigali: Impungenge ni nyinshi ku kiraro kimaze imyaka 40 ibyacyo byarabaye agatereranzamba

Next Post

Kenya: Inkangu yongeye gushyira abaturage mu gahinda

Related Posts

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

The African Union (AU) stated that the actions take by the United States going to arrest the President of Venezuela...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Inkangu yongeye gushyira abaturage mu gahinda

Kenya: Inkangu yongeye gushyira abaturage mu gahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.