Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Misiri uherutse kwakira Muhoozi yakiriye Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
26/03/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa Misiri uherutse kwakira Muhoozi yakiriye Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Misiri, Abdel Fattah Al-Sisi uherutse kwakira Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, kuri uyu wa Gatandatu yakiriye mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame bagirana ibiganiro.

Perezida Abdel Fattah Al-Sisi yakiriye mu biro bye Perezida Paul Kagame nyuma y’iminsi micye yakiriye Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda.

Lt Gen Muhoozi unaherutse kugenderera u Rwanda na bwo akakirwa na Perezida Paul Kagame bakagirana ibiganiro ndetse akanamugabira inka, yakiriwe na Perezida Abdel Fattah Al-Sisi tariki 20 Werurwe 2022.

Nyuma y’iminsi itageze ku cyumweri, Perezida Abdel Fattah Al-Sisi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Werurwe 2022, yakiriye mugenzi Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Itangazo ry’ibiro by’umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, ryatambutse kuri uyu wa Gatandatu, rivuga ko Perezida Abdel Fattah Al-Sisi “yakiriye mu biro bye Perezida Kagame bagirana ibiganiro byihariye (tête-à-tête) mbere y’uko binitabirwa n’intumwa zabo mu nama y’ibihugu byombi.”

Muri Gashyantare 2019, Perezida Kagame yashyikirije inkoni y’Ubuyobozi Abdel Fattah el-Sisi, wari utahiwe kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, atangaza ko yizeye ko azakomeza kuganisha uyu muryango ku cyerekezo cyawo ndetse anamwizeza ubufatanye.

Perezida Paul Kagame yaraye ageze i Cairo mu Misiri kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Werurwe aho agiye mu ruzinduko rwo gukomeza gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi.

Igihugu cy’u Rwanda n’icya Misiri bisanzwe bifitanye umubano n’imikoranire byiza bishingiye ku bucuruzi aho u Rwanda rufite ibicuruzwa byinshi rwohereza mu Misiri.

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Misiri
Bagiranye ibiganiro
Bayoboye umuhango w’isinywa ry’amasezerano hagati y’Ibihugu byombi

Mu mpera z’icyumweru gishize Perezida Abdel Fattah Al-Sisi yakiriye Muhoozi
Gen Muhoozi aheruka no kwakirwa na Perezida Kagame 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

FERWAFA yagaragaje aho urugendo rwo gutoranya Umutoza w’Amavubi rugeze

Next Post

Undi Munyamakuru wa Siporo ukunzwe mu Rwanda yahagaritse umwuga ahita ajya hanze

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City
AMAHANGA

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi Munyamakuru wa Siporo ukunzwe mu Rwanda yahagaritse umwuga ahita ajya hanze

Undi Munyamakuru wa Siporo ukunzwe mu Rwanda yahagaritse umwuga ahita ajya hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.