Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Misiri uherutse kwakira Muhoozi yakiriye Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
26/03/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa Misiri uherutse kwakira Muhoozi yakiriye Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Misiri, Abdel Fattah Al-Sisi uherutse kwakira Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, kuri uyu wa Gatandatu yakiriye mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame bagirana ibiganiro.

Perezida Abdel Fattah Al-Sisi yakiriye mu biro bye Perezida Paul Kagame nyuma y’iminsi micye yakiriye Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda.

Lt Gen Muhoozi unaherutse kugenderera u Rwanda na bwo akakirwa na Perezida Paul Kagame bakagirana ibiganiro ndetse akanamugabira inka, yakiriwe na Perezida Abdel Fattah Al-Sisi tariki 20 Werurwe 2022.

Nyuma y’iminsi itageze ku cyumweri, Perezida Abdel Fattah Al-Sisi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Werurwe 2022, yakiriye mugenzi Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Itangazo ry’ibiro by’umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, ryatambutse kuri uyu wa Gatandatu, rivuga ko Perezida Abdel Fattah Al-Sisi “yakiriye mu biro bye Perezida Kagame bagirana ibiganiro byihariye (tête-à-tête) mbere y’uko binitabirwa n’intumwa zabo mu nama y’ibihugu byombi.”

Muri Gashyantare 2019, Perezida Kagame yashyikirije inkoni y’Ubuyobozi Abdel Fattah el-Sisi, wari utahiwe kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, atangaza ko yizeye ko azakomeza kuganisha uyu muryango ku cyerekezo cyawo ndetse anamwizeza ubufatanye.

Perezida Paul Kagame yaraye ageze i Cairo mu Misiri kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Werurwe aho agiye mu ruzinduko rwo gukomeza gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi.

Igihugu cy’u Rwanda n’icya Misiri bisanzwe bifitanye umubano n’imikoranire byiza bishingiye ku bucuruzi aho u Rwanda rufite ibicuruzwa byinshi rwohereza mu Misiri.

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Misiri
Bagiranye ibiganiro
Bayoboye umuhango w’isinywa ry’amasezerano hagati y’Ibihugu byombi

Mu mpera z’icyumweru gishize Perezida Abdel Fattah Al-Sisi yakiriye Muhoozi
Gen Muhoozi aheruka no kwakirwa na Perezida Kagame 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

FERWAFA yagaragaje aho urugendo rwo gutoranya Umutoza w’Amavubi rugeze

Next Post

Undi Munyamakuru wa Siporo ukunzwe mu Rwanda yahagaritse umwuga ahita ajya hanze

Related Posts

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

There’s a competition happening among young people today, quiet, invisible, and rarely admitted. No one announces it. No one sets...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

IZIHERUKA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It
IMIBEREHO MYIZA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi Munyamakuru wa Siporo ukunzwe mu Rwanda yahagaritse umwuga ahita ajya hanze

Undi Munyamakuru wa Siporo ukunzwe mu Rwanda yahagaritse umwuga ahita ajya hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.