Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Togo yashimiye Perezida Kagame uburyo yamwakiriye

radiotv10by radiotv10
20/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa Togo yashimiye Perezida Kagame uburyo yamwakiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé warangije uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga mu Rwanda, yashimiye mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame uburyo yamwakiranye urugwiro we n’itsinda ry’abayobozi bari kumwe.

Faure Essozimna Gnassingbé yarangije uruzinduko rwe kuri iki Cyumweru tariki 19 Mutarama 2025, aho yaherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Ni uruzinduko yari yatangiye ku wa Gatandatu tariki 18 Mutarama 2025 ubwo yageraga mu Rwanda akakirwa na Perezida Paul Kagame ku Kibuga cy’Indege cya Kigali, i Kanombe.

Mbere yo gusoza uruzinduko rwe, Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé yanakiriwe mu biro n’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame.

Faure Essozimna Gnassingbé yashimiye Perezida Paul Kagame uburyo yamwakiriye muri uru ruzinduko rw’iminsi ibiri yari arimo mu rwanda.

Mu butumwa yatambukije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize ati “Mu ruzinduko rw’akazi nari ndimo i Kigali, ndashimira byimazeyo mugenzi wanjye akaba n’umuvandimwe wanjye Perezida Paul Kagame ku bwo kwakirana urugwiro itsinda ryanjye nanjye ubwanjye.”

Faure Essozimna Gnassingbé kandi yashimiye ubushake bw’Ibihugu byombi (u Rwanda na Togo) mu gukomeza kwagura umubano n’imikoranire mu nzego zitandukanye.

Ati “Ndashimira kandi ubushake butanga icyizere mu gukomeza guteza imbere imikoranire y’impande zombi, bishingiye ku mubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Togo.”

Ku wa Gatandatu ubwo Perezida Kagame yajyaga kwakira Faure Essozimna Gnassingbé ku Kibuga cy’Indege
Kuri iki Cyumweru yamwakiriye muri Village Urugwiro

Faure Essozimna Gnassingbé yashimye Perezida Kagame

Banagize ibiganiro hamwe n’amatsinda y’Ibihugu byombi
Kuri iki Cyumweru ubwo yari asoje uruzinduko rwe, yaherekejwe na Mini. Olivier Nduhungirehe
Yishimiye uburyo yakiriwe mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + seven =

Previous Post

Kugira amasoko yegeranye byabaye amahirwe ku baturage bizanira amarira abacuruzi

Next Post

Umuhanzi Safi bwa mbere yavuze birambuye ku cyatumye we na Judith biyemeza gutandukana

Related Posts

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

IZIHERUKA

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga
MU RWANDA

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

26/01/2026
Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Safi bwa mbere yavuze birambuye ku cyatumye we na Judith biyemeza gutandukana

Umuhanzi Safi bwa mbere yavuze birambuye ku cyatumye we na Judith biyemeza gutandukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.