Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Togo yashimiye Perezida Kagame uburyo yamwakiriye

radiotv10by radiotv10
20/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa Togo yashimiye Perezida Kagame uburyo yamwakiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé warangije uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga mu Rwanda, yashimiye mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame uburyo yamwakiranye urugwiro we n’itsinda ry’abayobozi bari kumwe.

Faure Essozimna Gnassingbé yarangije uruzinduko rwe kuri iki Cyumweru tariki 19 Mutarama 2025, aho yaherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Ni uruzinduko yari yatangiye ku wa Gatandatu tariki 18 Mutarama 2025 ubwo yageraga mu Rwanda akakirwa na Perezida Paul Kagame ku Kibuga cy’Indege cya Kigali, i Kanombe.

Mbere yo gusoza uruzinduko rwe, Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé yanakiriwe mu biro n’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame.

Faure Essozimna Gnassingbé yashimiye Perezida Paul Kagame uburyo yamwakiriye muri uru ruzinduko rw’iminsi ibiri yari arimo mu rwanda.

Mu butumwa yatambukije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize ati “Mu ruzinduko rw’akazi nari ndimo i Kigali, ndashimira byimazeyo mugenzi wanjye akaba n’umuvandimwe wanjye Perezida Paul Kagame ku bwo kwakirana urugwiro itsinda ryanjye nanjye ubwanjye.”

Faure Essozimna Gnassingbé kandi yashimiye ubushake bw’Ibihugu byombi (u Rwanda na Togo) mu gukomeza kwagura umubano n’imikoranire mu nzego zitandukanye.

Ati “Ndashimira kandi ubushake butanga icyizere mu gukomeza guteza imbere imikoranire y’impande zombi, bishingiye ku mubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Togo.”

Ku wa Gatandatu ubwo Perezida Kagame yajyaga kwakira Faure Essozimna Gnassingbé ku Kibuga cy’Indege
Kuri iki Cyumweru yamwakiriye muri Village Urugwiro

Faure Essozimna Gnassingbé yashimye Perezida Kagame

Banagize ibiganiro hamwe n’amatsinda y’Ibihugu byombi
Kuri iki Cyumweru ubwo yari asoje uruzinduko rwe, yaherekejwe na Mini. Olivier Nduhungirehe
Yishimiye uburyo yakiriwe mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + eighteen =

Previous Post

Kugira amasoko yegeranye byabaye amahirwe ku baturage bizanira amarira abacuruzi

Next Post

Umuhanzi Safi bwa mbere yavuze birambuye ku cyatumye we na Judith biyemeza gutandukana

Related Posts

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026
MU RWANDA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Safi bwa mbere yavuze birambuye ku cyatumye we na Judith biyemeza gutandukana

Umuhanzi Safi bwa mbere yavuze birambuye ku cyatumye we na Judith biyemeza gutandukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.