Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Safi bwa mbere yavuze birambuye ku cyatumye we na Judith biyemeza gutandukana

radiotv10by radiotv10
20/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Safi bwa mbere yavuze birambuye ku cyatumye we na Judith biyemeza gutandukana
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Safi Madiba umaze iminsi agarutse mu Rwanda, yavuze ko icyemezo cyo gutandukana na Judith Niyonizera wahoze ari umugore we, cyabayeho cyaratekerejweho, kuko cyabanjirijwe no kugerageza icyatuma badatana ariko bikananirana.

Niyibikora Safi umaze igihe aba muri Canada, yanamaze kubonera ubwenegihugu, amaze iminsi ari mu Rwanda, aho yagarutse nyuma y’imyaka ine aba muri iki Gihugu.

Uyu muhanzi wahoze mu itsinda rya Urban Boyz yagiye muri Canada muri Gashyantare (02) 2020 nyuma y’imyaka itatu asezeranye na Niyonizera Judith wari usanzwe atuye muri iki Gihugu, aho bari bajyanye nk’umugore n’umugabo bagiye kubana, gusa nyuma y’amezi atandatu bagezeyo, havuzwe amakuru ko batandukanye.

Mu kwezi kwa Mata (04) 2023, gatanya ya Safi Madiba na Niyonizera Judith, yemejwe n’Urukiko rwo mu Rwanda, aho uyu wahoze ari umugore w’uyu muhanzi, we n’umukunzi we mushya bari no mu Rwanda, bakagaragaza ibyishimo bari batewe n’iki cyemezo.

Mu kiganiro Safi yagiranye n’ikinyamakuru cyitwa Inyarwanda, yavuze kugana inkiko basaba gatanya, ari icyemezo cyaje babonaga nk’icya nyuma mu mubano wabo, kuko bari bagerageje ibindi bikanga.

Ati “Abantu babona icyemezo cya nyuma ariko ntabwo baba bazi uko byatangiye. Abantu babona abantu bari muri gatanya ariko ntabwo baba bazi…akenshi uzabona abantu bavuga ngo ‘eh batandukanye…’ ariko ntabwo baba bazi igihe baba bari mu nzu bari kunigana.”

Yakomeje agira ati “Buriya kugira ngo abantu bagere aho batandukana umwe avuga ati ‘mfashe ubuzima bwanjye, n’undi ati mfashe ubuzima bwanjye’, buriya baba baragerageje,…imiryango, inshuti na Leta…”

Safi Madiba avuga kandi ko asanzwe agendera ku mahame yo kudakomeza kwizirika ku byo abona ko bimugora.

Ati “Rimwe na rimwe uba ukeneye kuva mu bintu, abantu benshi bakunda guhatiriza […] bino bintu bya relationships rero abantu benshi bakunze kubijyamo bakavuga ngo ‘ntaseba’ ngo abantu barabibona bate se? ariko se noneho ejo niwicwa na depression [agahinda gakabije]? Cyangwa nanakuniga? Cyangwa wowe ukamuniga, ubwo uzaba wungutse iki?”

Safi Madiba na Niyonizera Judith bari barasezeranye mu kwezi k’Ukwakira 2017, mu muhango wari wabereye mu Murenge wa Remera, ndetse nyuma baza no gukora indi mihango yo gusaba no gukwa.

Safi Madiba muri 2017 ubwo bakoraga ibirori byo gusaba no gukwa
Safi Madiba amaze iminsi ari mu kiruhuko mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 5 =

Previous Post

Perezida wa Togo yashimiye Perezida Kagame uburyo yamwakiriye

Next Post

Ntibikiri ibanga undi muhanzi uzwi mu Rwanda agiye kujya yumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Related Posts

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

by radiotv10
30/06/2025
0

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza...

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa ugiye gukorana ubukwe na mugenzi we Sharon Gatete, avuga ko urukundo...

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

by radiotv10
27/06/2025
0

Umunyamakuru Paul Rutikanga wamenyekanye asoma amakuru kuri Tereviziyo Rwanda, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we bamaze igihe bakundana. Isezerano ryasize Paul...

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

by radiotv10
26/06/2025
0

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent wamamaye nka ‘Yago Pon Dat’ yemeje ko yatandukanye n’umukobwa babyaranye banabanaga, avuga ko yamusize akanajya...

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzi Chryso Ndasingwa uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, agiye gukora ubukwe na Sharon Gatete na we usanzwe...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntibikiri ibanga undi muhanzi uzwi mu Rwanda agiye kujya yumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Ntibikiri ibanga undi muhanzi uzwi mu Rwanda agiye kujya yumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.