• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, June 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa Ukraine yashyize ahagaragara ibaruwa ikubiyemo icyifuzo yagene Putin w’u Burusiya

radiotv10by radiotv10
05/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida wa Ukraine yashyize ahagaragara ibaruwa ikubiyemo icyifuzo yagene Putin w’u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskiy, yashyize ahagaragara ibaruwa ifunguye yageneye Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, amusaba guhura bakagirana ibiganiro bigamije kurangiza intambara imaze imyaka irenga ine hagati y’Ibihugu byombi.

Muri iyo baruwa, Perezida Zelenskiy yavuze ko Ukraine yiteguye gukomeza kurwana niba hatabayeho ubushake bwo gushaka amahoro binyuze mu biganiro bitaziguye hagati y’abayobozi b’ibihugu byombi.

Ibiro bya Perezida wa Ukraine byatangaje ko iyo baruwa yanoherejwe mu bindi bihugu birimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Zelenskiy yavuze ko abaturage benshi b’u Burusiya bamaze kurambirwa ingaruka z’intambara zirimo ibitero bya misile n’indege zitagira abapilote bya Ukraine, izamuka ry’ibiciro ndetse n’ibura rya lisansi, bityo ko benshi muri bo bifuza ko amahoro yaboneka.

Yavuze kandi ko mu gihe Amerika iri kwibanda cyane ku makimbirane ari hagati ya Iran n’ibindi bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati, byaba ari amakosa gutegereza ko ikibazo cy’intambara yo ku mugabane w’u Burayi cyongera kuba cyo cyonyine cyitabwaho n’isi.

Perezida Zelenskiy yavuze ko inzira iganisha ku mahoro igomba gutangirira ku rugamba, aho imirwano ibera, kuko ari ho ibiganiro bya dipolomasi bikwiye guhera.

Yongeyeho ko Ukraine ishyigikiye ihagarikwa ry’imirwano ryuzuye mu gihe ibiganiro by’amahoro byaba bikomeje, avuga ko ari uburyo busanzwe bukoreshwa mu gushaka ibisubizo by’amakimbirane.

Zelenskiy yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ifite ubushobozi bwo gukurikirana no kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge ku murongo w’aho imirwano yaba ihagaze.

Yanatanze igitekerezo cy’uko hashyirwaho itariki yihariye y’ibiganiro hagati ye na Putin, agaragaza ko ibihugu birimo u Busuwisi, Turukiya ndetse n’ibihugu byo mu Bihugu by’Abarabu bisanzwe byakira ibiganiro byo gukemura amakimbirane n’intambara.

Mu butumwa bwe, Zelenskiy yahamagariye Putin kugira ubutwari bwo gufata inzira y’amahoro no kurangiza intambara.

Yagize ati: “Ukraine irasaba ko iyi ntambara yarangira binyuze mu biganiro bitaziguye hagati yanjye nawe. Ndagusaba guhura.”

Yanaburiye ko niba Putin adafashe umwanzuro wo kurangiza iyi ntambara, Ukraine izakomeza kurwanira kubaho kwayo nk’igihugu cyigenga.

Zelenskiy yanavuze ko gukomeza intambara bishobora kugira ingaruka no ku mwanya wa Putin ubwe, yibutsa ko amateka y’u Burusiya agaragaza ko igihe abaturage bananiwe n’ibibazo, impinduka ziba zishobora kubaho.

Ku ruhande rw’u Burusiya, Kremlin yatangaje ko yabonye iyo baruwa kandi ko Perezida Vladimir Putin aza kuyimenyeshwa no kuyisuzuma.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 10 =

Previous Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bwongereza abona iki Gihugu kiri mu bihe by’akaga bitigeze bibaho mbere

Related Posts

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bwongereza abona iki Gihugu kiri mu bihe by’akaga bitigeze bibaho mbere

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bwongereza abona iki Gihugu kiri mu bihe by’akaga bitigeze bibaho mbere

by radiotv10
05/06/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bwongereza, yavuze ko muri iki gihe iki Gihugu kiri mu bihe bishobora kukiviramo ibyago bikomeye kurusha...

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

AFC/M23 yamaganiye kure ibikubiye mu itangazo rya FARDC ryayegetseho ibirego by’ibinyoma

by radiotv10
05/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganiye kure ibirego by’ibinyoma biri mu itangazo ry’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) birishinja kwica abaturage...

Ibitero by’indege z’intambara mu rugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC byakajije umurego

Ibitero by’indege z’intambara mu rugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC byakajije umurego

by radiotv10
04/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga uruhande bahaganye mu mirwano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwongereye imbaraga mu bitero rukoreshamo...

Inteko ya America yafashe icyemezo gishobora kugabanyiriza Perezida Trump ububasha mu ntambara ya Iran

Inteko ya America yafashe icyemezo gishobora kugabanyiriza Perezida Trump ububasha mu ntambara ya Iran

by radiotv10
04/06/2026
0

Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America yatoye ingingo yo kugabanyiriza Perezida Donald Trump ububasha mu gukomeza gukora...

Abaturanyi b’uwari wasanzwemo Ebola ahagenzurwa na AFC/M23 babwiwe uko bakwiye kumwitwaraho akiva mu Bitaro

Abaturanyi b’uwari wasanzwemo Ebola ahagenzurwa na AFC/M23 babwiwe uko bakwiye kumwitwaraho akiva mu Bitaro

by radiotv10
04/06/2026
0

Umuturage wo mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wari wasanganywe...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Perezida wa Ukraine yashyize ahagaragara ibaruwa ikubiyemo icyifuzo yagene Putin w’u Burusiya

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bwongereza abona iki Gihugu kiri mu bihe by’akaga bitigeze bibaho mbere

Ubutumwa bwa Muzehe Tito Rutaremara busobanura ibyo yatangaje ku Mana bikazamura impaka ndende

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.