Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida w’imwe mu makipe yo mu Rwanda ari mu maboko ya RIB

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Perezida w’imwe mu makipe yo mu Rwanda ari mu maboko ya RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’ikipe imwe y’umupira w’amaguru yitabiriye igikombe cy’Amahoro, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho ibyaha bifitanye isano no guhohotera umusifuzi.

Uwatawe muri yombi, ni David Nshimiyimana, Perezida wa The Winners FC iri mu cyiciro cya kabiri cya shampiyona y’u Rwanda, wafashwe na RIB mu cyumweru twaraye dusoje, tariki 17 Gashyantare 2023.

Amakuru agera kuri RADIOTV10 avuga ko uyu David akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no guhohotera umusifuzi, kubera kutanyurwa n’instinzwi y’ikipe ye.

Bivugwa ko ibyo byabaye tariki 15 Gashyantare 2023 ubwo iyi kipe ye ya The Winners yatsindwaga ibitego bitanu na Etincelles FC mu mukino wabereye kuri Sitade ya Muhanda mu Karere ka Muhanga.

Nyuma y’umunsi umwe habaye uwo mukino, David yatawe muri yombi na RIB, ubu akaba afungiye kuri sitasiyo y’uru rwego ya Nyamabuye muri aka Karere ka Muhanda.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yemeje ifungwa ry’uyu muyobozi w’ikipe y’umupira w’amaguru, avuga ko ukurikiranyweho guhohotera umusifuzi.

Uyu muperezida w’Ikipe y’umupira w’amaguru, afunzwe nyuma y’abandi bo mu mupira w’amaguru baherutse gutabwa muri yombi barimo abafana ba Kiyovu Sports na bo baherutse gufungwa bazira gusagarira umusifuzi mpuzamahanga Mukansanga Rhadia Salma bakamutuka ibitutsi birimo n’ibikojeje isoni, ariko nyuma baza kurekurwa.

The Winners FC ni imwe mu makipe mashya muri shampiyona y’u Rwanda, aho yinjiye mu cyiciro cya kabiri cyayo mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushiz wa 2022.

Perezida w’iyi kipe yatawe muri yombi kandi nta cyumweru kirashira havuzwe ukundi gusagarirwa kw’abafana ba APR FC, batezwe n’abantu ubwo bavaga mu mupira wahuje iyi kipe na mucyeba wayo Rayon Sports wabereye i Huye, tariki 12 Gashyantare 2023, bakamenagura ibirahure by’imodoka yari ibatwaye.

Tariki 14 Gashyantare, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi abantu batandatu bakekwaho kugira uruhare muri uru rugomo.

Nshimiyimana David watawe muri yombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Ruhango: Batujwe mu mudugudu ariko aho barara hateye agahinda

Next Post

Ubutumwa bw’akababaro umuryango wa Perezida Kagame wageneye uw’Umudepite w’u Rwanda witabye Imana

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye
AMAHANGA

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’akababaro umuryango wa Perezida Kagame wageneye uw’Umudepite w’u Rwanda witabye Imana

Ubutumwa bw’akababaro umuryango wa Perezida Kagame wageneye uw’Umudepite w’u Rwanda witabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.