• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida w’imwe mu makipe yo mu Rwanda ari mu maboko ya RIB

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Perezida w’imwe mu makipe yo mu Rwanda ari mu maboko ya RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’ikipe imwe y’umupira w’amaguru yitabiriye igikombe cy’Amahoro, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho ibyaha bifitanye isano no guhohotera umusifuzi.

Uwatawe muri yombi, ni David Nshimiyimana, Perezida wa The Winners FC iri mu cyiciro cya kabiri cya shampiyona y’u Rwanda, wafashwe na RIB mu cyumweru twaraye dusoje, tariki 17 Gashyantare 2023.

Amakuru agera kuri RADIOTV10 avuga ko uyu David akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no guhohotera umusifuzi, kubera kutanyurwa n’instinzwi y’ikipe ye.

Bivugwa ko ibyo byabaye tariki 15 Gashyantare 2023 ubwo iyi kipe ye ya The Winners yatsindwaga ibitego bitanu na Etincelles FC mu mukino wabereye kuri Sitade ya Muhanda mu Karere ka Muhanga.

Nyuma y’umunsi umwe habaye uwo mukino, David yatawe muri yombi na RIB, ubu akaba afungiye kuri sitasiyo y’uru rwego ya Nyamabuye muri aka Karere ka Muhanda.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yemeje ifungwa ry’uyu muyobozi w’ikipe y’umupira w’amaguru, avuga ko ukurikiranyweho guhohotera umusifuzi.

Uyu muperezida w’Ikipe y’umupira w’amaguru, afunzwe nyuma y’abandi bo mu mupira w’amaguru baherutse gutabwa muri yombi barimo abafana ba Kiyovu Sports na bo baherutse gufungwa bazira gusagarira umusifuzi mpuzamahanga Mukansanga Rhadia Salma bakamutuka ibitutsi birimo n’ibikojeje isoni, ariko nyuma baza kurekurwa.

The Winners FC ni imwe mu makipe mashya muri shampiyona y’u Rwanda, aho yinjiye mu cyiciro cya kabiri cyayo mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushiz wa 2022.

Perezida w’iyi kipe yatawe muri yombi kandi nta cyumweru kirashira havuzwe ukundi gusagarirwa kw’abafana ba APR FC, batezwe n’abantu ubwo bavaga mu mupira wahuje iyi kipe na mucyeba wayo Rayon Sports wabereye i Huye, tariki 12 Gashyantare 2023, bakamenagura ibirahure by’imodoka yari ibatwaye.

Tariki 14 Gashyantare, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi abantu batandatu bakekwaho kugira uruhare muri uru rugomo.

Nshimiyimana David watawe muri yombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Ruhango: Batujwe mu mudugudu ariko aho barara hateye agahinda

Next Post

Ubutumwa bw’akababaro umuryango wa Perezida Kagame wageneye uw’Umudepite w’u Rwanda witabye Imana

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Ubutumwa bw’akababaro umuryango wa Perezida Kagame wageneye uw’Umudepite w’u Rwanda witabye Imana

Ubutumwa bw’akababaro umuryango wa Perezida Kagame wageneye uw’Umudepite w’u Rwanda witabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.