Sunday, July 26, 2026
RW|EN
MU RWANDA

Perezida wa Repubulika yahagaritse Dr Sabin Nsanzimana kubera ibyo akurikiranyweho

Perezida wa Repubulika yahagaritse Dr Sabin Nsanzimana kubera ibyo akurikiranyweho

Dr Sabin Nsanzimana yabaye ahagaritswe ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) kubera ibyo akurikiranyweho agomba kubazwa.

Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisiri w’Intebe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Ukuboza 2021, rivuga ko Dr. Sabin Nsanzimana yabaye ahagaritswe ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) kubera ibyo agomba kubazwa akurikiranyweho.

Dr. Sabin Nsanzimana asanzwe ari inzobere mu guhangana n’icyorezo cya Sida. Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu mu bijyanye no kurwanya ibyorezo (Clinical Epidemiology) yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda.

Dr. Sabin Nsanzimana yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC), tariki ya 30 Nyakanga.

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =