Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida yahishuye uko ubwo Yvan yari afite imyaka 3 yatumye ava ku rugamba bitunguranye

radiotv10by radiotv10
10/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida yahishuye uko ubwo Yvan yari afite imyaka 3 yatumye ava ku rugamba bitunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko inshingano zose yagize, azihuza no kwita ku muryango, atanga urugero rw’uburyo ubwo yari kumwe n’Imfura ye Yvan Cyomoro Kagame ku Mulindi afite imyaka itatu, yatumye ava ku rugamba mu buryo butunguranye.

Umukuru w’u Rwanda yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru n’abakoresha cyane imbuga nkoranyambaga, cyabereye ku Mulindi aho yari afite icyicaro mu gihe cy’urugamba rwo Kwibohora.

Umwe mu bari muri iki kiganiro, yabajije Perezida Kagame ko nubwo izina rye rizwi mu miyoborere y’intangarugero, ariko asanganwe n’ubuzima bwo hanze y’izi nshingano, ndetse n’uburyo na zo azikora.

Perezida Kagame wagarutse ku kuba yaroherejwe kujya gukurikira amasomo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko byakozwe biturutse ku mugambi w’ubutegetsi bwa Uganda, bwari bwamaze kumenya umugambi wabo wo gutangiza urugamba rwo Kwibohora.

Icyo gihe ni bwo ubutegetsi bwa Uganda, bwafashe icyemezo cyo kohereza hanze bane mu bari bakuriye ingabo zateguraga uru rugamba, aho Fred Gisa Rwigema ari we wagombaga kujya kwiga muri USA, ariko akaza kuba ari we ujyayo, babiganiriyeho amusezeranya ko nubwo agiye ariko ko igihe ruzaba rwatangiye agomba kuzahita agaruka.

Yavuze ko yanoherejwe ari bwo akimara gushyingiranwa na Madamu Jeannette Kagame, ariko akemera akagenda nubwo bari bakiri mu kwezi kwa buki, ndetse ko icyo gihe yari atwite inda y’impfura yabo Yvan Cyomoro Kagame.

Mu 1994 mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubwo Yvan Kagame yari afite imyaka itatu, yari kumwe na we ku Murindi, aho yari afite icyacaro cy’aho yateguriraga urugamba. Ati “Twamaranye nk’icyumweru.”

Yavuze ko amakuru y’uko indege ya Habyarimana yaguye, yayamenye ari kumwe na Yvan bariho bareba umupira w’umwe mu mikino y’Igikombe cya Afurika.

Ati “Yari hano atari umusirikare, ntacyo ari cyo, ahari nk’uwo mu muryango wanjye, kwari ukugira ngo bimfashe kugabanya ibibazo byinshi byariho bivuka kugira ngo umuhungu wanjye abe ahari.”

Yakomeje agira ati “Ikindi kintu gisekeje cyabayeho, ni uko ubwo ibibazo byari byatangiye, naje kuva hano njyana n’ingabo mu Miyove, nza kuza gusaba abari basigaye ko bagomba guhita basubiza umwana Mama we. Ntimushobora kubyumva, yarabyanze, arabyanga, ararira, aravuga ngo arashaka kubanza kumbona, ati ‘Papa wanjye ari he?’ yabyanze kuri uwo munsi ndetse no ku wakurikiyeho.”

Perezida Kagame na Yvan Kagame akiri umwana

Perezida Kagame avuga ko we n’ingabo bari bajyanye bari bafite akazi kenshi, ariko ko byaje kuba ngombwa ko agaruka kugira ngo abimwumvishe.

Ati “Nasabye igihe gito umwe mu bayobozi b’ingabo twari kumwe, mubwira ko ngiye kubanza gukemura ikibazo cyihariye, kandi icyo gihe byari bikomeye.”

Akomeza agira ati “Nahageze saa yine n’igice za mu gitondo, yari asinziriye, ndategereza kugeza igihe akangukiye, ndamubwira nti ‘urabizi, urabona…Mama wawe, ugomba kugenda,…’ wabonaga yishimiye aho yari ari icyo gihe, byabaye ngombwa ko mwumvisha, muha umuntu wamugejeje ku mupaka, nanjye nahise nsubirayo hamwe n’ingabo.”

Perezida Kagame yavuze ko uretse inshingano agira zaba izi yari afite zo kuyobora urugamba rwo kwibohora ndetse n’izi zo kuba Umukuru w’Igihugu afite ubu, anabihuza no kwita ku muryango we.

Yvan Kagame w’imyaka 34 muri iyi minsi akomeje kugaragara mu bikorwa byo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

CECAFA Kagame Cup: Ikipe ihagarariye u Rwanda yatangiye neza inararana umwanya w’icyubahiro

Next Post

Ibyabaye ku baje kumva imigabo n’imigambi y’Abakandida-Depite b’icyiciro cy’abagore byabatunguye barabyijujutira

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

IZIHERUKA

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago
FOOTBALL

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

by radiotv10
08/01/2026
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

08/01/2026
Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

08/01/2026
Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

07/01/2026
Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyabaye ku baje kumva imigabo n’imigambi y’Abakandida-Depite b’icyiciro cy’abagore byabatunguye barabyijujutira

Ibyabaye ku baje kumva imigabo n’imigambi y’Abakandida-Depite b’icyiciro cy’abagore byabatunguye barabyijujutira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.