• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida yahishuye uko ubwo Yvan yari afite imyaka 3 yatumye ava ku rugamba bitunguranye

radiotv10by radiotv10
10/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida yahishuye uko ubwo Yvan yari afite imyaka 3 yatumye ava ku rugamba bitunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko inshingano zose yagize, azihuza no kwita ku muryango, atanga urugero rw’uburyo ubwo yari kumwe n’Imfura ye Yvan Cyomoro Kagame ku Mulindi afite imyaka itatu, yatumye ava ku rugamba mu buryo butunguranye.

Umukuru w’u Rwanda yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru n’abakoresha cyane imbuga nkoranyambaga, cyabereye ku Mulindi aho yari afite icyicaro mu gihe cy’urugamba rwo Kwibohora.

Umwe mu bari muri iki kiganiro, yabajije Perezida Kagame ko nubwo izina rye rizwi mu miyoborere y’intangarugero, ariko asanganwe n’ubuzima bwo hanze y’izi nshingano, ndetse n’uburyo na zo azikora.

Perezida Kagame wagarutse ku kuba yaroherejwe kujya gukurikira amasomo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko byakozwe biturutse ku mugambi w’ubutegetsi bwa Uganda, bwari bwamaze kumenya umugambi wabo wo gutangiza urugamba rwo Kwibohora.

Icyo gihe ni bwo ubutegetsi bwa Uganda, bwafashe icyemezo cyo kohereza hanze bane mu bari bakuriye ingabo zateguraga uru rugamba, aho Fred Gisa Rwigema ari we wagombaga kujya kwiga muri USA, ariko akaza kuba ari we ujyayo, babiganiriyeho amusezeranya ko nubwo agiye ariko ko igihe ruzaba rwatangiye agomba kuzahita agaruka.

Yavuze ko yanoherejwe ari bwo akimara gushyingiranwa na Madamu Jeannette Kagame, ariko akemera akagenda nubwo bari bakiri mu kwezi kwa buki, ndetse ko icyo gihe yari atwite inda y’impfura yabo Yvan Cyomoro Kagame.

Mu 1994 mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubwo Yvan Kagame yari afite imyaka itatu, yari kumwe na we ku Murindi, aho yari afite icyacaro cy’aho yateguriraga urugamba. Ati “Twamaranye nk’icyumweru.”

Yavuze ko amakuru y’uko indege ya Habyarimana yaguye, yayamenye ari kumwe na Yvan bariho bareba umupira w’umwe mu mikino y’Igikombe cya Afurika.

Ati “Yari hano atari umusirikare, ntacyo ari cyo, ahari nk’uwo mu muryango wanjye, kwari ukugira ngo bimfashe kugabanya ibibazo byinshi byariho bivuka kugira ngo umuhungu wanjye abe ahari.”

Yakomeje agira ati “Ikindi kintu gisekeje cyabayeho, ni uko ubwo ibibazo byari byatangiye, naje kuva hano njyana n’ingabo mu Miyove, nza kuza gusaba abari basigaye ko bagomba guhita basubiza umwana Mama we. Ntimushobora kubyumva, yarabyanze, arabyanga, ararira, aravuga ngo arashaka kubanza kumbona, ati ‘Papa wanjye ari he?’ yabyanze kuri uwo munsi ndetse no ku wakurikiyeho.”

Perezida Kagame na Yvan Kagame akiri umwana

Perezida Kagame avuga ko we n’ingabo bari bajyanye bari bafite akazi kenshi, ariko ko byaje kuba ngombwa ko agaruka kugira ngo abimwumvishe.

Ati “Nasabye igihe gito umwe mu bayobozi b’ingabo twari kumwe, mubwira ko ngiye kubanza gukemura ikibazo cyihariye, kandi icyo gihe byari bikomeye.”

Akomeza agira ati “Nahageze saa yine n’igice za mu gitondo, yari asinziriye, ndategereza kugeza igihe akangukiye, ndamubwira nti ‘urabizi, urabona…Mama wawe, ugomba kugenda,…’ wabonaga yishimiye aho yari ari icyo gihe, byabaye ngombwa ko mwumvisha, muha umuntu wamugejeje ku mupaka, nanjye nahise nsubirayo hamwe n’ingabo.”

Perezida Kagame yavuze ko uretse inshingano agira zaba izi yari afite zo kuyobora urugamba rwo kwibohora ndetse n’izi zo kuba Umukuru w’Igihugu afite ubu, anabihuza no kwita ku muryango we.

Yvan Kagame w’imyaka 34 muri iyi minsi akomeje kugaragara mu bikorwa byo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

CECAFA Kagame Cup: Ikipe ihagarariye u Rwanda yatangiye neza inararana umwanya w’icyubahiro

Next Post

Ibyabaye ku baje kumva imigabo n’imigambi y’Abakandida-Depite b’icyiciro cy’abagore byabatunguye barabyijujutira

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ibyabaye ku baje kumva imigabo n’imigambi y’Abakandida-Depite b’icyiciro cy’abagore byabatunguye barabyijujutira

Ibyabaye ku baje kumva imigabo n’imigambi y’Abakandida-Depite b’icyiciro cy’abagore byabatunguye barabyijujutira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.