Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi yafashe ukekwaho gukubita umuturage uvuga ko atotezwa kuko ari Umututsi

radiotv10by radiotv10
08/04/2022
in MU RWANDA
0
Polisi yafashe ukekwaho gukubita umuturage uvuga ko atotezwa kuko ari Umututsi

Umuturage wakubiswe

Share on FacebookShare on Twitter

Polisi yataye muri yombi umuturage wo mu Murenge wa Rushaki mu Karere ka Gicumbi ukekwaho gukubita no gukomeretsa umuturage uvuga ko yakuze atotezwa n’umuryango w’uwamukubise umuziza kuba ari Umututsi ndetse imiryango yabo ikaba ifitanye ibibazo bishingiye ku mitungo.

Uwitwa Ibarushimpuhwe Kevin Christian, kuri uyu wa Kane tariki 07 Mata 2022, yatambukije kuri Twitter ubutumwa bwanditswe n’umuturage witwa Amizero Grace avuga ko yakubiswe n’uwitwa Ndayisenga Paul.

Ubu butumwa bwa Amizero Grace butangira bugira buti “Yitwa Ndayisenga Jean Paul. Nakuze Papa we na mukuru wa Mama bantoteza ngo ndi Umututsi nzajye iwacu.”

Ubuse itotezwa ringana uku riracyariho ! Musome Screenshot… @RIB_Rw ubwo mwakurikirana iki kibazo kuko byaba bibabaje Ni Grace ari @GicumbiDistrict –#Rushaki @Rwandapolice @gatjmv @Annemwiza @eLHAMiiD @NsangaSylvie @KARANGWASewase @KAYITAREJean @byukavuba @soso20800927 @oswaki pic.twitter.com/GZeVxc2Iyh

— Ibarushimpuhwe Kevin 🇷🇼🇺🇬 (@Ibarushimpuhwek) April 7, 2022

Uyu Amizero Grace akomeza avuga ko umubyeyi we afitanye urubanza n’umubyeyi w’uyu Ndayisenga Jean Paul wamukubise rushingiye ku mutungo.

Ati “Papa we afatanyije na mukuru wa Mama basinyiye Mama mu izina babeshyera Mama ko we n’uwo mukuru wa Mama untoteza bagurishije Papa w’uyu Jean Paul umutungo wa musaza wa mama. Nuko Mama avugisha ukuri ko atigeze asinyira Papa w’uwo Jean Paul.”

Uyu muturage avuga ko Jean Paul n’umubyeyi we ngo bashatse kumwica we n’umubyeyi we, babatera amabuye mu ijoro ndetse uyu Jean Paul aza kumukubitira mu maso y’abayobozi ubwo bari mu nama y’Umudugudu ari na bwo yamukomereje mu isura.

Akomeza agira ati “Ni ko kuntera umugeri mu maso ngo rivemo. Ariko yankubise umugeri mu maso zi neza ko ntari muri bene wacu, muri uyu Mudugudu ni njyewe muntu umwe gusa utuyemo wacitse ku icumu. Rero ajya kumena ijisho yari azi ko ari hagati muri bene wabo ko ntacyo bamutwara.”

Ibarushimpuhwe Kevin Christian wagaragaje kuri Twitter ubutumwa bw’uyu muturage buherekejwe n’amafoto ye afite igikomere mu hafi y’ijisho, yasabye inzego zirimo RIB na Polisi gukurikirana iki kibazo.

Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Kane yahise isubiza ubu butumwa igira iti “Iki kibazo cyaramenyekanye, uwamukubise arimo gushakishwa.”

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Mata 2022, Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi ukekwaho gukora iki cyaha cyo gukubita no gukomeretsa.

Ubutumwa bwa Polisi y’u Rwanda bugira buti “Twafashe Ndayisenga Paul ukekwaho gukubita no gukomeretsa Amizero Grace.”

Polisi y’u Rwanda ivuga ko uyu Ndayisenga ukekwaho gukorera iki cyaha mu Murenge wa Rushaki, mu Karere ka Gicumbi, ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Byumba, mu gihe harimo gukorwa iperereza.

Amizero wakubiswe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 5 =

Previous Post

Umunyamakuru wari umaze igihe akorera RBA yitabye Imana

Next Post

Nk’ukomoka ku barokotse ‘Holocaust’ icuraburindi mwanyuzemo ndaryumva- Ambasaderi wa Israel

Related Posts

Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, ushinja umugore we kumuruma igitsina, bombi barabyemera bakavuga n’uko byagenze,...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

In today’s world, creativity is more than just a hobby, it’s a powerful tool for building independence, confidence, and income....

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

by radiotv10
05/11/2025
0

MTN Rwandacell Plc (MTN Rwanda) is pleased to announce its unaudited financial results for the nine-months period ended 30 September...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

IZIHERUKA

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops
AMAHANGA

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

by radiotv10
05/11/2025
0

Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

05/11/2025
From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

05/11/2025
Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nk’ukomoka ku barokotse ‘Holocaust’ icuraburindi mwanyuzemo ndaryumva- Ambasaderi wa Israel

Nk’ukomoka ku barokotse ‘Holocaust’ icuraburindi mwanyuzemo ndaryumva- Ambasaderi wa Israel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.