Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Polisi yagaragarijwe ko ikataje mu ihame rikomeweho n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abapolisi 500 barimo abakabakaba 100 b’abakobwa bambariye kuza gukaza umutekano w’Abaturarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, yavuze ko Polisi y’u Rwanda ari urugero rwiza rugaragaza ko abari n’abategarugori batacyumva ko gucunga umutekano ari inshingano z’abagabo gusa, kuko muri uru rwego harimo Abapolisikazi benshi kandi buzuza neza inshingano zabo.

Dr Uwamariya Valentine yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nzeri 2023 mu nama ihuza abapolisikazi ibaye ku nshuro ya 12, yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Gukuraho inzitizi ku buringanire n’ubwuzuzanye mu mwuga n’ibikorwa bya Polisi”.

Imibare yerekana ko abagore n’abakobwa bagize 23% mu mubare w’Abapolisi mu Rwanda, kandi abagore n’abakobwa muri uru rwgeo baniganje mu nzego z’ubuyobozi zarwo.

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Dr Uwamariya Valentine avuga ko izamuka ry’iyi mibare rishingira ku mpinduka z’imyumvire y’abari n’abatagerugori mu Rwanda.

Ati “Ku bufatanye na Polisi y’Igihugu ibimaze kugerwaho ni byinshi, ndetse n’imyumvire mibi yo gupfobya ubushobozi bw’abagore n’abakobwa; nko kuvuga ngo ‘ingabo y’umugore iragushora ntigukura’; n’ibindi bigenda bihinduka ndetse bivaho.”

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye yasabye aba bagore n’abakorwa bo muri Polisi y’u Rwanda kwitandukanya n’ingeso zangiza isura y’u Rwanda n’urwego bakorera.

Yagize ati “Ndizera ko muzakoresha neza ubumenyi muvanamo mu kunoza neza akazi mushinzwe, mu gukora kinyamwuga, mu gufata ingamba zo kurwanya amakosa n’izindi ngeso mbi zatuma umupolisi adahesha isura nziza u Rwanda na Polisi y’Igihugu.”

Superintendent of Police (SP) Ruth Mbabazi ushinzwe guteza imbere uburinganire muri polisi y’igihugu avuga ko abakobwa n’abagore bo muri polisi y’u Rwanda, bagomba gukora bashingiye ku gukunda akazi kabo

Ati “Icya mbere ni ukugira ubushake tugakunda akazi, ndetse tukarenga za nzitizi tuba dufite nk’abagore zo kumva ko bimwe tutabishoboye. Birashoboka kuko amasomo tuyahabwa kimwe n’abagabo. Ndetse tukumva ko tugomba gukora neza inshingano dufite. Ntabwo bigoye kubera ko no hanze dufite abagangakazi kandi bakora akazi kabo neza. Kubera ko iyo yakoze ninjoro, utaha mu gitondo ukabasha kuruhuka.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga; avuga ko bafite umutwe w’abapolisikazi ubungabunga amahoro mu mahanga kandi witwara neza.

Ati “Igihe cyose uwo mutwe uhora uyobowe n’abagore. Kuba bakiriyo ni uko bakora neza, kandi koko barashimwa. Ntabwo rero ari ikibazo cy’umubare. Bashobora kubamo abayobozi beza, kandi bakitwara neza aho bagiye gucunga umutekano hatoroshye.”

Polisi y’u Rwanda ivuga kandi ko mu rwego rwo korohereza bamwe mu Bapolisikazi, bagenda bahabwa hafi y’imiryango yabo.

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yashimye uburyo Polisi ikomeje gutera imbere mu buringanire

IGP Felix Namuhoranye yasabye Abapolisikazi gukomeza kugaragaza isura nziza y’u Rwanda
Mu buyobozi bwo hejuru muri Polisi harimo abagore

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + sixteen =

Previous Post

Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Gen (Rtd) Kabarebe wagarutse muri Guverinoma

Next Post

Hatanzwe umucyo ku bo abaturage bita abakozi ba REG babatse ruswa izuba riva

Related Posts

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’Ubwami bw’Aba-Hashemite ba Jordan, muri iki cyumweru, yatanze toni 40 z’ubufasha bwo kugoboka...

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

by radiotv10
10/07/2025
0

Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia  Codina, players of Arsenal Women Football Club visited the Kigali Genocide Memorial at Gisozi,...

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

by radiotv10
10/07/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko imaze guta muri yombi abantu barenga 10 bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa by’urugomo bivugwa mu...

IZIHERUKA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi
AMAHANGA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku bo abaturage bita abakozi ba REG babatse ruswa izuba riva

Hatanzwe umucyo ku bo abaturage bita abakozi ba REG babatse ruswa izuba riva

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.