Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Polisi yahinduye bitunguranye ibyari byatangajwe mu itangazo rireba abatega moto ryavugishije bamwe

radiotv10by radiotv10
27/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko inama yari iteganyijwe mu gitondo saa mbiri n’igice ihuza abatwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, yahindutse, nyuma y’itangazo ryavugaga kubera iyi nama abatega moto bagirwa inama yo gukora ingendo zabo mbere y’ayo masaha.

Itangazo ryari ryasohotse ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 26 Gicurasi 2024 ku isaaha zisatira saa cyenda, ryavugaga ko kuri uyu wa Mbere saa mbiri n’igice (08:30’) kugeza saa tanu n’igice (11:30’) hateganyijwe inama ihuza abatwara abanu kuri moto bakorera mu mujyi wa Kigali.

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Abatega moto baragirwa inama yo gutegura ingenzo zabo mbere bagakoresha ubundi buryo bwo kugenda, muri ayo masaha yavuzwe.”

Ni itangazo ritanyuze bamwe, aho benshi bakunze gukoresha ibi binyabiziga mu ngendo ziberecyeza ku kazi bagaragaje ko bitabanyuze dore ko akazi gasanzwe gatangira saa tatu, mu gihe byumvikanaga ko gukora ingendo muri aya masaha byari kugorana.

Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, ku isaaha ya saa yine zirengaho iminota micye, Polisi y’u Rwanda yashyize hanze irindi tangazo rivuga ko iyi gahunda yahindutse.

Iri tangazo rigira riti “Turamenyesha abakora umwuga wo gutwara abantu kuri moto ko gahunda y’inama yari iteganyijwe yahindutse. Gutwara abagenzi bizakomeza nk’uko bisanzwe.”

Iyi nama yasubitswe, igiye kuba mu gihe abatwara abagenzi kuri moto bamaze igihe basaba kugabanyirizwa ikiguzi cy’ubwishingizi bwa moto, bavuga ko kikiri hejuru cyane.

Ubwo hatahwaga ku mugaragaro inyubako ya Sosiyete y’Ubwishingizi ya Radiant, Umuyobozi Mukuru wayo, Mark Rugenera, yongeye kubwira Perezida Paul Kagame, ko abo mu bwishingizi bagifite ibibazo, bituma n’umusanzu w’ubwishingizi bwa moto ukomeza kuba hejuru.

Perezida Paul Kagame wayoboye uyu muhango wo gufungura ku mugaragaro iyi nyubako wabaye ku wa Kane tariki 23 Gicurasi 2024, yizeje ko abashinzwe gushaka umuti w’ibi bibazo bagomba kubyihutisha, kugira ngo bive mu nzira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Icyo imibare igaragaza ku igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki mu Rwanda n’ikibyihishe inyuma

Next Post

Inama bagiriwe mu kongera inyama z’amatungo magufi bavuga ko mu Karere kabo igoye

Related Posts

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inama bagiriwe mu kongera inyama z’amatungo magufi bavuga ko mu Karere kabo igoye

Inama bagiriwe mu kongera inyama z’amatungo magufi bavuga ko mu Karere kabo igoye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.