Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Polisi yahinduye bitunguranye ibyari byatangajwe mu itangazo rireba abatega moto ryavugishije bamwe

radiotv10by radiotv10
27/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko inama yari iteganyijwe mu gitondo saa mbiri n’igice ihuza abatwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, yahindutse, nyuma y’itangazo ryavugaga kubera iyi nama abatega moto bagirwa inama yo gukora ingendo zabo mbere y’ayo masaha.

Itangazo ryari ryasohotse ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 26 Gicurasi 2024 ku isaaha zisatira saa cyenda, ryavugaga ko kuri uyu wa Mbere saa mbiri n’igice (08:30’) kugeza saa tanu n’igice (11:30’) hateganyijwe inama ihuza abatwara abanu kuri moto bakorera mu mujyi wa Kigali.

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Abatega moto baragirwa inama yo gutegura ingenzo zabo mbere bagakoresha ubundi buryo bwo kugenda, muri ayo masaha yavuzwe.”

Ni itangazo ritanyuze bamwe, aho benshi bakunze gukoresha ibi binyabiziga mu ngendo ziberecyeza ku kazi bagaragaje ko bitabanyuze dore ko akazi gasanzwe gatangira saa tatu, mu gihe byumvikanaga ko gukora ingendo muri aya masaha byari kugorana.

Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, ku isaaha ya saa yine zirengaho iminota micye, Polisi y’u Rwanda yashyize hanze irindi tangazo rivuga ko iyi gahunda yahindutse.

Iri tangazo rigira riti “Turamenyesha abakora umwuga wo gutwara abantu kuri moto ko gahunda y’inama yari iteganyijwe yahindutse. Gutwara abagenzi bizakomeza nk’uko bisanzwe.”

Iyi nama yasubitswe, igiye kuba mu gihe abatwara abagenzi kuri moto bamaze igihe basaba kugabanyirizwa ikiguzi cy’ubwishingizi bwa moto, bavuga ko kikiri hejuru cyane.

Ubwo hatahwaga ku mugaragaro inyubako ya Sosiyete y’Ubwishingizi ya Radiant, Umuyobozi Mukuru wayo, Mark Rugenera, yongeye kubwira Perezida Paul Kagame, ko abo mu bwishingizi bagifite ibibazo, bituma n’umusanzu w’ubwishingizi bwa moto ukomeza kuba hejuru.

Perezida Paul Kagame wayoboye uyu muhango wo gufungura ku mugaragaro iyi nyubako wabaye ku wa Kane tariki 23 Gicurasi 2024, yizeje ko abashinzwe gushaka umuti w’ibi bibazo bagomba kubyihutisha, kugira ngo bive mu nzira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 6 =

Previous Post

Icyo imibare igaragaza ku igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki mu Rwanda n’ikibyihishe inyuma

Next Post

Inama bagiriwe mu kongera inyama z’amatungo magufi bavuga ko mu Karere kabo igoye

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inama bagiriwe mu kongera inyama z’amatungo magufi bavuga ko mu Karere kabo igoye

Inama bagiriwe mu kongera inyama z’amatungo magufi bavuga ko mu Karere kabo igoye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.