• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi yavuze igikekwaho gutera impanuka y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi zagonganye

radiotv10by radiotv10
07/05/2026
in MU RWANDA
0
Polisi yavuze igikekwaho gutera impanuka y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi zagonganye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, habereye impanuka y’imodoka itwara abagenzi ya minibus yajyaga i Rubavu yagonganye na Coaster yo yavaga muri aka Karere, umuntu umwe ahasiga ubuzima, abandi icyenda barakomereka. Abashoferi bari batwaye ibi binyabiziga; bombi bavugwaho ikosa ryo kudasatira igisate cy’iburyo nk’uko bikwiye.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yavaga mu Murenge wa Boneza yerecyeza i Rubavu ni na yo yaguye igushije urubavu, mu gihe iya Coaster yo yavaga i Rubavu.

Amakuru y’iyi mpanuka yemejwe n’Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu Muhanda, SP Emmanul Kayigi wavuze ko iriya modoka ya minibus yataye igisate cyayo.

Yagize ati “Habaye impanuka y’imodoka ya Toyota Hiace yavaga Karongi igana i Rubavu ita igisate cy’iburyo bw’umuhanda bituma igongana na Coaster yavaga i Rubavu igana i Karongi na yo itasatiriye inkombe y’iburyo bw’umuhanda, hakomeretse byoroheje abantu icyenda hapfamo umuntu umwe.”

Yavuze ko intandaro y’iyi mpanuka ari uburangane bw’abari batwaye ibi binyabiziga, kuko bakoze ikosa ryo kudasatira ikombe z’iburyo bw’umuhanda mu cyerekeza bari barimo.

SP Kayigi kandi yaboneyeho kwibutsa abashoferi ko bagomba iteka kuzirikana ko igihe bari mu muhanda, hari n’abandi baba bari kuwukoresha, bityo ko bakwiye kuguma mu gisate baba barimo.

Uwitwa Ntirenganya Jean Damascene wari muri iyi modoka ya minibus, ni we wahise ahasiga ubuzima, mu gihe abantu icyenda bakomeretse, bahise bajyanwa kuvurizwa mu Kigo Nderabuzima cya Kayove.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

Next Post

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby'urukundo rwe rushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.