Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bazobereye mu gukoresha imbwa mu gutahura ibyaha biremereye

radiotv10by radiotv10
24/08/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bazobereye mu gukoresha imbwa mu gutahura ibyaha biremereye
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi 16 bafite ubumenyi mu gukoresha imbwa zifashishwa mu gutahura abanyabyaha barimo n’abafite ibiturika.

Aba bapolisi basoje amahugurwa kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Kanama 2023, nyuma y’ibyumweru bibiri batozwa n’abarimu bo mu kigo cyo mu Buholandi gishinzwe gukoresha imbwa mu gutahura abanyabyaha bafiye ibiyobyabwenge n’ibindi byaha bihungabanya umutekano nk’ibiturika.

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi ushinzwe ubutegetsi n’abakozi (DIGP) Jeanne Chantal Ujeneza, yavuze ko uku kunguka aba bapolisi, bije mu rwego rwo gufasha Polisi gukomeza guhangana n’ibyaha bigenda bivuka uko Isi igenda itera imbere.

Yavuze ko uko Isi igenda itera imbere, hari ba rusahurira mu nduru bifashisha ikoranabuhanga mu gukora ibyaha ndetse n’abagizi ba nabi bakagenda babona ibyuho.

Ati “Rimwe na rimwe bigatuma bigorana gutahura no gukumira ibyaha. Ni ku bw’izo mpamvu, Polisi y’u Rwanda yashyize ingufu mu kongera ubumenyi n’ubushobozi kugira ngo biyifashe guhora ihangana n’abanyabyaha.”

Yakomeje agira ati “Ibikorwa by’Ishami rikoresha imbwa zifashishwa mu gusaka, biri mu biza ku isonga mu gutuma inshingano za Polisi y’u Rwanda zo gucunga umutekano w’abaturage n’ibintu byabo zigerwaho.”

Yavuze ko abapolisi bahawe aya mahugurwa, bazarushaho kugira ubumenyi n’ubushobozi bizabafasha gukoresha neza imbwa zifashishwa mu gusaka “kugira ngo bakore neza akazi kabo ko gutahura abanyabyaha bitwaje ibishobora guhungabanya umutekano by’umwihariko ibiturika n’ibiyobyabwenge.”

Yaboneyeho kugira inama abahirahira guhungabanya umutekano w’abaturage, ko Polisi y’u Rwanda iri maso ku buryo itazabihanganira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 6 =

Previous Post

Twinjire mu myiteguro ya Rayon n’imvano y’ibyishimo itangiye isesendereza mu bakunzi bayo

Next Post

Hagaragajwe imibare iteye impungenge ishobora gutuma Bibiliya ibura mu Rwanda

Related Posts

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

Mu irushanwa ry'imibare, hahembwe abanyeshuri, abarimu n'ibigo by'amashuri, bitwaye neza mu Gihugu hose, aho Ishuri ryabaye irya Mbere ari École...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe imibare iteye impungenge ishobora gutuma Bibiliya ibura mu Rwanda

Hagaragajwe imibare iteye impungenge ishobora gutuma Bibiliya ibura mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.