Monday, March 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Porovizwari ita agaciro ite mu myaka 2 kandi umuntu agifite ubumenyi?-Bamwe baribaza

radiotv10by radiotv10
30/03/2022
in MU RWANDA
1
Porovizwari ita agaciro ite mu myaka 2 kandi umuntu agifite ubumenyi?-Bamwe baribaza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakorera impushya zo gutwara ibinyabigiza, ntibumva ukuntu uruhushya rw’agateganyo ruta agaciro mu myaka ibiri kandi uwarukoreye agifite ubumenyi, basagaba ko abazitsindiye bajya bishyuzwa amafaranga yo kuzongeresha igihe ariko badasubirishijwemo ibizamini.

Ubusanzwe uruhushya rw’agateganyo rumara imyaka ibiri rugahita ruta agaciro mu gihe uwarutsindiye atarabona urwa burundu, yaba yifuza kongera kurubona agakora ikizamini.

Bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Kigali batsindiye izi mpushya zikaza kurangira batarabona iza burundu, babwiye RADIOTV10 ko ishingiro ry’iri tegeko bataryumva.

Umwe yagize ati “Nk’ubu njye nafashe umwanzuro wo kuza mu muhanda nubwo iyo provisoire yanjye yarangiye, ubu ni ugusubira gushaka indi bundi bushya kandi umuhanda nywubamo n’iyo provisoire yarangiye ng’iyi ndayifite.”

Uyu muturage avuga ko yari yabonye uru ruhushya rw’agateganyo abanje gukora ibizamini inshuro eshatu ku buryo yumva ubumenyi akibufite, akavuga ko atumva ukuntu yasabwa kujya gukora ikindi kizamini.

Ati “Wenda bakaba bakongeraho ikindi gihe cyangwa bakaba baduca andi mafaranga nk’uko Permis itarangira, imyaka itanu yarangira ukagenda bakakongerera.”

Akomeza avuga ko no ku ruhushya rw’agateganyo abantu bajya basabwa kwishyura bakongererwa igihe, ati “Bakavuga bati nawe ni ibihumbi icumi baguciye genda bakongerere; ukaza ukongera ukagerageza kuko n’ubundi ni wowe uba warayikoreye. Gusubira gukorera Provisoire njye numva ari ukudutesha agaciro.”

Undi muturage avuga ko imyaka ibiri ari micye ihabwa uru ruhushya rw’agateganyo kuko umuntu ashobora kuyibona agahura n’ibibazo by’uburwayi cyangwa ntabone ubushobozi bwo guhita ajya kwiga gutwara ikinyabiziga.

Ati “Nawe wicaye ku ntebe y’ishuri urabizi, uwagusubiza mu kizamini wapfa kugikora? Uzi ukuntu Provisoire umuntu arara yicaye, usoma amategeko y’umuhanda.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yabwiye RADIOTV10 ko n’ubundi uruhushya rw’agateganyo rwongererwa igihe kuko rubanza guhabwa igihe cy’umwaka umwe ubundi warangira nyirarwo akajya kurwongeresha undi mwaka.

Ati “Kandi ibyo byose biteganywa n’itegeko.”

Avuga ko abifuza ko igihe cyongerwa, bigomba kunyura mu nzira z’amategeko, ati “Ubwo rero ntabwo ari Polisi yonyine yicara ngo ihindure itegeko ryagiyeho.”

CP John Bosco Kabera avuga ko aba baturage batanga ibyo bitekerezo byabo ubundi inzego zibishinzwe zikazabisuzuma zasanga ari ngombwa zigahindura itegeko.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Maestro says:
    4 years ago

    Murakoze k’umakuru muduhaye, ariko ndumva meatubwira izo nzego zibishinzwe akaba aribo tubigezaho

    Reply

Leave a Reply to Maestro Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 1 =

Previous Post

Byinshi ku bisobanuro byatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC

Next Post

M23 ntikanganye- Muhoozi yavuze ko Perezida Kagame, Museveni na Tshisekedi barandura M23 byihuse

Related Posts

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

by radiotv10
30/03/2026
0

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva yageze i Bangui muri Repubulika ya Centrafrique ahagiye kubera irahira rya Faustin-Archange Touadéra wongeye gutorerwa...

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

by radiotv10
30/03/2026
0

Ikibazo cy’ibishyimbo byaranduwe mu Mujyi wa Kigali cyagatsweho na Komiseri muri FPR-Inkotanyi akagaya Abayobozi babikoze, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwari...

Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

by radiotv10
30/03/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko umubare w’abakora akazi katemewe k’uburaya muri uyu Mujyi umaze kugera ku bihumbi icyenda (9...

Eng.-PM Dr. Nsengiyumva Arrives in Bangui to Represent President Kagame at Touadéra’s Inauguration

Eng.-PM Dr. Nsengiyumva Arrives in Bangui to Represent President Kagame at Touadéra’s Inauguration

by radiotv10
30/03/2026
0

The Prime Minister, Dr. Justin Nsengiyumva, has arrived in Bangui in the Central African Republic, where he will attend the...

Nyamagabe: Haravugwa umusaruro wagezweho nyuma y’ubushakashatsi bwagaragaje ko hari benshi bakoresha amazi mabi

Nyamagabe: Haravugwa umusaruro wagezweho nyuma y’ubushakashatsi bwagaragaje ko hari benshi bakoresha amazi mabi

by radiotv10
30/03/2026
0

Nyuma yuko ubushakashatsi ku mibereho y’ingo bugaragaje ko 18.4% by’abatuye Akarere ka Nyamagabe bagikoresha amazi mabi, hamaze kubakwa imiyoboro y’amazi...

IZIHERUKA

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique
MU RWANDA

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

by radiotv10
30/03/2026
0

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

30/03/2026
Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

30/03/2026
Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

30/03/2026
Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

30/03/2026
Eng.-PM Dr. Nsengiyumva Arrives in Bangui to Represent President Kagame at Touadéra’s Inauguration

Eng.-PM Dr. Nsengiyumva Arrives in Bangui to Represent President Kagame at Touadéra’s Inauguration

30/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 ntikanganye- Muhoozi yavuze ko Perezida Kagame, Museveni na Tshisekedi barandura M23 byihuse

M23 ntikanganye- Muhoozi yavuze ko Perezida Kagame, Museveni na Tshisekedi barandura M23 byihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.