Friday, June 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Prince Kid uregwa ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa bivugwa ko ryakorewe bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, yavuze ko uwamutanzeho ikirego bwa mbere, yari agambiriye ko yamburwa iri rushanwa, ngo rigahabwa umukobwa.

Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid, yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Werurwe 2023 mu rubanza rw’ubujurire ku cyemezo cyamugize umwere, cyatanzwe n’Ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha bwatangiye bugaragaza impamvu bwajuriye, bwavuze ko hari impamvu esheshatu zikomeye, zirimo kuba Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge hari ibyo rwirengagije.

Bwavuze ko hari ubuhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya, barimo abavuze ko bakorewe ihohoterwa na Prince Kid kandi hatabayeho ubwumvikane.

Bwagarutse ku buhamya bw’umwe mu batangabuhamya, wavuze ko uregwa [Prince Kid] yamuhohoteye amushukishije ibyo yamuhaye amufatiranye n’ubukene bwariho mu bihe bya COVID-19.

Ubwo Prince Kid yahabwaga umwanya ngo asobanure ku byari bimaze gutangazwa n’Ubushinjacyaha, yagarutse ku buhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya bavugwa ko bahohotewe n’uregwa, avuga ko ubwabwo bumushinjura.

Yavuze ko umutangabuhamya urindiwe umutekano wahawe izina rya VKF, yivugiye imbere y’Urukiko ko nta hohoterwa yakorewe ndetse akanabihamiriza mu nyandiko yandikiye imbere ya Noteri.

Prince Kid yavuze ko uretse ubu buhamya bw’uyu mutangabuhamya yandikiye imbere ya Noteri, yanasabwe kuza kubutangira mu Rukiko ubwo rwabyifuzaga, na bwo akaza akabishimangira.

Ikindi yagarutseho, ni ukuba hari ubuhamya bugaragaza ko hari abatangabuhamya babiri babajijwe n’Ubugenzacyaha, ariko ko ubuhamya bwabo buteza urujijo, kuko inyandiko-mvugo yabwo igaragaza ko babajijwe n’Umugenzacyaha umwe mu bihe bimwe.

Ati “Ibyo bintu ubwabyo ntibishoboka kuko batavuze ibintu bimwe, nkaba nsaba ko ubwo buhamya busuzumwa.”

Prince Kid yahise yerurira Urukiko Rukuru rwajururiwe muri uru rubanza, ko yazanywe mu manza hagamijwe ko irushanwa rya Miss Rwanda aryamburwa, rigahabwa umukobwa ushoboye kuko ari iry’abakobwa.

Yavuze ko ikirego cyatanzwe bwa mbere n’uwahawe izina rya TGK hagamijwe iyi ngingo yo kugira ngo yamburwe iri rushanwa yatangiye gutegura muri 2014, ariko ko ibyaha ashinjwa ubwabyo bitabayeho.

Ati “Ibikorwa byose byavuzwe n’Ubushinjacyaha ntabwo byabayeho. Ni ibyaha byatekinitswe.”

Umucamanza yasubitse urubanza, impande zombi zigikomeza kuburana, aho Ubushinjacyaha bwakomeje kugaragaza impamvu bwashingiyeho bujurira, mu gihe uregwa n’abamwunganira mu mategeko bo bakomeje kuvuga ko arengana. Urubanza rukazasubukurwa tariki 28 Mata 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − nine =

Previous Post

Hifashishijwe umukino hagiye kwibutswa uruhare rwa rutwitsi RTLM mu kubiba ingengabitekerezo

Next Post

Impinduka ku muyobozi wa Kicukiro wemereye Perezida ko yagize ‘uburangare’

Related Posts

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

by radiotv10
12/06/2025
0

Umusore w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, wari wanyujije ubutumwa kuri WhatsApp ko yishinja...

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

by radiotv10
12/06/2025
0

Umwana w’imyaka icyenda (9) wo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wavutse afite ibitsina bibiri, byamusibiye amayira ku...

Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo

Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
12/06/2025
0

Intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zitegerejwe i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America...

Mu Rwanda hatahuwe imiti itemewe hahita hafatwa icyemezo

Mu Rwanda hatahuwe imiti itemewe hahita hafatwa icyemezo

by radiotv10
12/06/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n'Imiti ‘Rwanda FDA’ cyatangaje ko cyatahuye imiti y’ibinini itemewe yitwa ‘Relief’, gihita kiyihagarika ku isoko...

IZIHERUKA

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi
MU RWANDA

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

12/06/2025
Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

12/06/2025
Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

12/06/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

12/06/2025
Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

12/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impinduka ku muyobozi wa Kicukiro wemereye Perezida ko yagize ‘uburangare’

Impinduka ku muyobozi wa Kicukiro wemereye Perezida ko yagize 'uburangare'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.