Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

radiotv10by radiotv10
12/01/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best Producer of the Year) mu bihembo bikomeye bya AFRIMA (All Africa Music Awards).

Ibi bihembo byatangiwe mu mujyi wa Lagos muri Nigeria mu ijoro ryo ku Cyumweru 11 Mutarama 2026. Iki gihembo cyamushyize mu mateka nk’umwe mu Banyarwanda bake babashije kwegukana igihembo gikomeye ku rwego rw’umugabane wa Afurika.

Nyuma yo gushyikirizwa iki gihembo, Element Eleeh mu magambo make ariko yuzuye ishimwe, yashimiye Imana, igihugu cye cy’u Rwanda ndetse n’abakunzi be bose bamushyigikiye mu rugendo rwe rwa muzika. Yavuze ko iki gihembo ari ishema rikomeye kuri we ku giti cye, ariko kandi kikaba ari intambwe ikomeye ku muziki nyarwanda muri rusange, agaragaza ko kigaragaza ko umuziki w’u Rwanda ukomeje kumenyekana no guhabwa agaciro ku rwego mpuzamahanga.

Element Eleeh yakomeje agaragaza ko urugendo rwe mu muziki rutigeze rworoha, asobanura ko rwanyuzemo ibihe bikomeye byasabaga kwihangana no gukunda cyane ibyo akora. Yavuze ko gushyigikirwa n’abantu batandukanye, cyane cyane abahanzi yakoranye na bo, byamufashije gukomeza gutera imbere no kugera ku rwego ariho uyu munsi. Yashimiye by’umwihariko abahanzi bose bagiye bamugirira icyizere, avuga ko umusaruro w’indirimbo bakoze ari wo wagize uruhare runini mu kumugeza ku izina rikomeye afite ubu.

Uyu mu-producer azwi nk’umwe mu bafite izina rikomeye mu Rwanda no mu karere, aho yakoze indirimbo nyinshi zakunzwe cyane. Yagiye akorana n’abahanzi bakomeye barimo Bruce Melodie, Chriss Eazy n’abandi benshi, agira uruhare rukomeye mu guhindura no guteza imbere injyana n’ubuziranenge bw’umuziki nyarwanda.

Element Eleeh yegukanye iki gihembo abikesha indirimbo “Tombe”, ahigitse abandi ba-producer bakomeye ku rwego rwa Afurika barimo Tempoe, Hezer, Progrex n’abandi. Yanatsinze abarimo Davinci na Jazzworx bari bahatanye muri iki cyiciro. Byongeye, yari yanahatanye no mu cyiciro cy’umuhanzi mwiza w’umugabo muri Afurika y’Iburasirazuba, aho yatwaye igihembo Juma Jux.

Iyi ntsinzi ikurikiye ibikorwa byinshi bya Element Eleeh birimo n’uruhererekane rw’ibitaramo yakoze mu Burayi yise “Europe Tour”, bikomeza kumushimangira nk’umwe mu nkingi za mwamba mu iterambere ry’umuziki nyarwanda.

Sandy UWASE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Next Post

What emotional intelligence means and why it’s important

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.