Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Putin ahawe ubutumwa bukomeye na G7 kubera igisasu rutura Russia yateye muri Ukraine

radiotv10by radiotv10
28/06/2022
in MU RWANDA
0
Putin ahawe ubutumwa bukomeye na G7 kubera igisasu rutura Russia yateye muri Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi b’Ibihugu birindwi bikize ku Isi [bizwi nka G7] bahaye gasopo u Burusiya nyuma y’igisasu cya misile bwateye ku iduka ryo muri Ukraine ryarimo abantu bagera mu 1 000, bateguza Perezida Vladimir Putin kuzaryozwa ibyaha by’intambara ari gukora.

Iki gitero cyarashwe mu iduka rinini rizwi nka Kremenchuk mall riherereye mu mujyi wa Kremenchuk, cyahitanye abagera kuri 18, gikomeretsa abagera muri 59.

Mu itangazo ryasohowe n’abayobozi b’Ibihugu bigize G7 bateraniye mu nama mu Budage, bateguje perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin kuzaryozwa ibi bikorwa by’intambara yashoye muri Ukraine.

Muri iri tangazo rya G7 rivuga ko iki gikorwa cy’iki gisasu ari “Indangakamere”, rikomeza rivuga ko ibi bikorwa bya gisirikare bishorwa ku basivile bitarobanuye, bigize ibyaha by’intambara.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy wakunze gushinja u Burusiya kwica abasivile, yavuze ko iki gisasu cyarashwe ku iduka ryarimo abantu bagera mu 1 000 ari kimwe mu bikorwa by’iterabwoba bibabaje bibayeho mu mateka y’u Burayi.

Perezida Volodymyr Zelenskyy yavuze ko uyu mujyi uherereyemo iri duka ryarashweho, usanzwe ari “uw’ituze, ukaba izingiro ry’amaguriro, abagorem abana n’abasivile barimo imbere.”

Amashusho yagaragaje ubukana bw’iki gisasu, yerekana abari gukora ubutabazi baje kuzimya kuko iki gisasu cyahise gitera inkongi idasanzwe.

Ishami rya gisirikare cya Ukraine kirwanira mu kirere, cyatangaje ko iki gisasu cyarashwe kuri iri duka ari misire yo mu bwoko bwa X-22.

Amasaderi wungirije w’u Burusiya mu Muryango w’Abibumbye, Dmitry Polyanskiy, yanditse ubutumwa kuri Twitter avuga ko iki gisasu cyatewe kubera ubushotoranyi bwa Ukraine.

Yagize ati “Birumvikana ubutegetsi bwa Kiev bukwiye gushyira imbere inyungu za Ukraine aho kumva ko bushyigikiwe na NATO.

Abategetsi bo mu Bihugu bya G7 bahaye ubutumwa Putin n’Igihugu cye basa nk’abamuha gasopo.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson uherutse mu Rwanda, yavuze ko iki gitero kibabaje by’indengakamere.

Yagize ati “Putin akwiye kumenya ko imyitwaerire ye itazagira icyo imugezaho ahubwo aratuma u Bwongereza bwongera imbaraga ndetse n’ibindi Bihugu bya G7 gukomeza gushyigikira Ukraine kugeza igihe cyose gishoboka.”

Umunyamabanga mukuru wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken yavuze ko Isi ishenguwe n’iki gikorwa cy’u Burusiya ndetse Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres na we akaba yamaganye ibikorwa nk’ibi by’u Burusiya, avuga ko biteye inkeke.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Musanze: Umukecuru w’imyaka 120 wari warahagarikiwe inkunga ubu akanyamuneza kamusesekayeho ararya akaryama

Next Post

Muri DRCongo rwongeye kwambikana, FARDC irashaka kwisubiza Bunagana

Related Posts

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted senior officials from the United States of America, including Paula White-Cain,...

IZIHERUKA

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo
MU RWANDA

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri DRCongo rwongeye kwambikana, FARDC irashaka kwisubiza Bunagana

Muri DRCongo rwongeye kwambikana, FARDC irashaka kwisubiza Bunagana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.