Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Putin azemera guca bugufi kubera ibihano yafatiwe?- Icyo Abusesenguzi bavuga

radiotv10by radiotv10
01/04/2022
in Uncategorized
0
Putin azemera guca bugufi kubera ibihano yafatiwe?- Icyo Abusesenguzi bavuga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ibyumweru bitanu intambara irose muri Ukraine, Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, ni umwe mu bagarutsweho cyane kubera iyi ntambara yashoje, akaba yaranafatiwe ibihano bikarishye, bishobora gutuma aca bugufi nk’uko bivugwa n’abasesenguzi.

Muri Ukraine haravugwa agahenge katanzwe n’Ingabo z’u Burusiya mu gihe Ingabo za Ukraine na zo zisubije ibice bimwe byari biri mu maboko y’iz’u Burusiya.

Abahanga muri politike bavuga ko u Burusiya bushobora kuba bwahisemo guhagarika iyi ntambara kugira ngo budakomeza kuzahazwa n’ibihano bufatirwa n’amahanga.

Dr. Ismael Buchanan, umwarimu wa Politiki muri Kaminuza, avuga ko nubwo agahenge kabonetse muri Ukraine ariko bitavuze ko intambara ihagaze.

Uyu musesenguzi avuga ko icyo u Burusiya bwashakaga muri Ukraine bwakigezeho nubwo atari 100%.

Ati “Ibyo aribyo byose cyagaragaje aho gihaganze n’ubushobozi gifite ariko ntabwo bisubije ikibazo nyamukuru cyari gihari.”

Dr Buchanan avuga ko nubwo u Burusiya bwagaragaje imbaraga bufite ariko busigaye mu kangaratete kuko iyi ntambara yatwaye imbaraga nyinshi z’ubukungu.

Ati “Intambara irahenda. Bakubwiye amafaranga amaze kugendera mu kurasa no gukoresha biriya bitwaro bya kirimbuzi, ni menshi.”

Avuga ko kandi ibihano byafatiwe u Burusiya na Perezida Putin bizatuma uyu muperezida na we asa nk’uca bugufi kuko hari abashoramari bakomeye mu Gihugu cye batamworoheye kubera ibi bibazo yabashoyemo ndetse na bamwe mu bayobozi bo mu Gihugu cye.

Ati “Ahubwo njye ndabona na we [Putin] agiye kurwana no guhangana na bariya kugira ngo bagire ibiganiro babona bamugabanyiriza kumufatira ibyemezo no kumugabanyiriza ibihano by’ubukungu kuko na we ntabwo yabisohokamo neza aramutse akomeje intambara gutya.”

Dr Buchanan avuga kandi ko u Burusiya bugomba gutangira gutekereza uburyo buzasana ibikorwa byangiritse muri Ukraine bityo ko ibyo byose bizasaba ubushobozi iki Gihugu cyashoye intambara mu baturanyi bacyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − thirteen =

Previous Post

Ntabwo nari nzi ko bahita bamufunga- Uwabyaranye na Ndimbati arifuza kumusabira imbabazi agafungurwa

Next Post

Uwatutse Umunyamakuru kuko atamutumiye mu kiganiro yakatiwe amezi 2 asubitse n’indishyi ya 20.000

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding
MU RWANDA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

31/10/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwatutse Umunyamakuru kuko atamutumiye mu kiganiro yakatiwe amezi 2 asubitse n’indishyi ya 20.000

Uwatutse Umunyamakuru kuko atamutumiye mu kiganiro yakatiwe amezi 2 asubitse n’indishyi ya 20.000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.