Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/06/2021
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

MNI Ltd sosiyete yigenga ibarizwa mu Rwanda ifite intumbero yo kugira ngo uruhare mu iteramebere rya muzika Nyarwanda binyuze mu gushyiraho uburyo bwinjiriza abahanzi, yatangije ubufatanye na Radio&TV10 mu kiganiro kizaba kitwa TOP 10 POWERED BY MNI.

Ni ubufatanye bugamije  gukomeza guteza imbere indirimbo z’abahanzi nyarwanda zigaragazwa ku rutonde rw’indirimbo rwa MNI, urutonde ruzajya ruvugururwa buri gihembwe hanatangwe igihembo gikuru.

Muri macye iyi gahunda izajya itangira hatangazwa indirimbo icumi (10) zarebwe cyane mu cyumweru kuko buri munsi hazajya herekanwa indirimbo ziri gutorwa gutorwa hanyuma mu cyumweru cya kabiri indirimbo zizajya ziba ziri imbere ku rutonde n’ubundi zizajya zitangazwa hanyuma umuhanzi wagize indirimbo ya mbere ahembwe ibihumbi magana abiri na mirongo itanu by’amafaranga y’u Rwanda (250,000 FRW).Ikiganiro kizajya gica imbonankubone kuri TV10.

Hanyuma abantu bazakomeza kureba indirimbo hanaba icyo kiganro cya buri Cyumweru kigaragaza indirimo icumi zikunzwe kurusha izindi (Top 10), nyuma y’amezi atatu hahembwe umuhanzi uzajya aba ari imbere ku rutonde. Uyu muhanzi azajya ahabwa miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1,000,000 FRW).SPENN ni undi mufatanyabikorwa uzaba ari muri iki gikorwa.

Gaga Scott Butera, umuyobozi w’inama y’ubutegetsi muri MNI Ltd avuga kuri ubu bufatanye bwabo na Radio &TV10 yagize ati “Nka MNI twishimiye ubu bufatanye na Radio&TV10 kuko buzateza imbere gahunda yacu ya “MNI Music Chat” yo guteza imbere ibikorwa by’indashyikirwa by’abahanzi nyarwanda bagaragaza indirimbo zabo ku rubuga rwa MNI ruvugururwa buri gihembwe”

Ku rundi ruhande, Kate Gustave umuyobozi w’ishami ry’imyidagaduro kuri Radio&TV10 yavuze kuri ubu bufatanye agira ati “Twishimiye kongera iki kiganiro mu biganiro byacu by’imyidagaduro no gukomeza gushyigikira iterambere ry’umuziki w’u Rwanda”

See the source image

Kate Gustave Nkurunziza umuyobozi w’ishami ry’imyidagaduro kuri Radio &TV10 Rwanda

MNI Ltd ni sosiyete yigenga ibarizwa mu Rwanda ifite intumbero yo kugira uruhare mu iterambere rya muzika Nyarwanda binyuze mu gushyiraho uburyo bushya bwinjiriza amafaranga abahanzi nyarwanda kandi bukamenyekanisha umuziki wabo kurushaho.

Miliyoni zisanga 20 z’amafaranga y’u Rwanda zahawe abahanzi binyuze mu bihembo byatanzwe buri gihembwe ndetse n’amafaranga yinjijwe binyuze mu gutora indirimbo.

TV10 rero ni murumuna wa Radio 10 ikaba ari Televiziyo yigenga yatangiye gukorera mu Rwanda muri Gashyantare 2013. Iyi Televiziyo igaragara hose mu gihugu, ku kigero cy’100%. Iri ku murongo wa Digital ndetse igaragara ku miyoboro ya CANAL+, STARTIMES na Azam TV kandi igaragara ku buntu ku bafatabuguzi (Free to Air). Ibi bitanga amahirwe ku bantu benshi yo gukurikira gahunda n’ibiganiro TV10 ibategurira.

 

 

 

 

 

 

 

Comments 1

  1. Mugabo says:
    4 years ago

    Intambwe nziza izafasha abahanzi muri iki hatariho ibikorwa by’imyidagaduro bibahesha amafaranga.
    Si gusa ahubwo ubu bufatanye burazamura competition mu bahanzi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

UBUTABERA : Sankara yahakanye ibyaha bibiri muri 17 akurikiranyweho

Next Post

Kwizera Olivier wa Rayon Sports aragera imbere y’ubucamanza

Related Posts

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

by radiotv10
27/10/2025
0

In today’s digital world, streaming platforms have completely changed how musicians share their music and earn a living. Instead of...

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

by radiotv10
25/10/2025
0

Nyuma y'ibyumweru bibiri afunguwe, Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga n'umugore we Annette Murava, basohoye indirimbo nshya bise ‘Ndi inde”...

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

by radiotv10
25/10/2025
0

Weekends are a time to relax, socialize, and enjoy the fruits of your hard work. But for many young professionals,...

IZIHERUKA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana
MU RWANDA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwizera Olivier wa Rayon Sports aragera imbere y’ubucamanza

Kwizera Olivier wa Rayon Sports aragera imbere y’ubucamanza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.