Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/06/2021
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

MNI Ltd sosiyete yigenga ibarizwa mu Rwanda ifite intumbero yo kugira ngo uruhare mu iteramebere rya muzika Nyarwanda binyuze mu gushyiraho uburyo bwinjiriza abahanzi, yatangije ubufatanye na Radio&TV10 mu kiganiro kizaba kitwa TOP 10 POWERED BY MNI.

Ni ubufatanye bugamije  gukomeza guteza imbere indirimbo z’abahanzi nyarwanda zigaragazwa ku rutonde rw’indirimbo rwa MNI, urutonde ruzajya ruvugururwa buri gihembwe hanatangwe igihembo gikuru.

Muri macye iyi gahunda izajya itangira hatangazwa indirimbo icumi (10) zarebwe cyane mu cyumweru kuko buri munsi hazajya herekanwa indirimbo ziri gutorwa gutorwa hanyuma mu cyumweru cya kabiri indirimbo zizajya ziba ziri imbere ku rutonde n’ubundi zizajya zitangazwa hanyuma umuhanzi wagize indirimbo ya mbere ahembwe ibihumbi magana abiri na mirongo itanu by’amafaranga y’u Rwanda (250,000 FRW).Ikiganiro kizajya gica imbonankubone kuri TV10.

Hanyuma abantu bazakomeza kureba indirimbo hanaba icyo kiganro cya buri Cyumweru kigaragaza indirimo icumi zikunzwe kurusha izindi (Top 10), nyuma y’amezi atatu hahembwe umuhanzi uzajya aba ari imbere ku rutonde. Uyu muhanzi azajya ahabwa miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1,000,000 FRW).SPENN ni undi mufatanyabikorwa uzaba ari muri iki gikorwa.

Gaga Scott Butera, umuyobozi w’inama y’ubutegetsi muri MNI Ltd avuga kuri ubu bufatanye bwabo na Radio &TV10 yagize ati “Nka MNI twishimiye ubu bufatanye na Radio&TV10 kuko buzateza imbere gahunda yacu ya “MNI Music Chat” yo guteza imbere ibikorwa by’indashyikirwa by’abahanzi nyarwanda bagaragaza indirimbo zabo ku rubuga rwa MNI ruvugururwa buri gihembwe”

Ku rundi ruhande, Kate Gustave umuyobozi w’ishami ry’imyidagaduro kuri Radio&TV10 yavuze kuri ubu bufatanye agira ati “Twishimiye kongera iki kiganiro mu biganiro byacu by’imyidagaduro no gukomeza gushyigikira iterambere ry’umuziki w’u Rwanda”

See the source image

Kate Gustave Nkurunziza umuyobozi w’ishami ry’imyidagaduro kuri Radio &TV10 Rwanda

MNI Ltd ni sosiyete yigenga ibarizwa mu Rwanda ifite intumbero yo kugira uruhare mu iterambere rya muzika Nyarwanda binyuze mu gushyiraho uburyo bushya bwinjiriza amafaranga abahanzi nyarwanda kandi bukamenyekanisha umuziki wabo kurushaho.

Miliyoni zisanga 20 z’amafaranga y’u Rwanda zahawe abahanzi binyuze mu bihembo byatanzwe buri gihembwe ndetse n’amafaranga yinjijwe binyuze mu gutora indirimbo.

TV10 rero ni murumuna wa Radio 10 ikaba ari Televiziyo yigenga yatangiye gukorera mu Rwanda muri Gashyantare 2013. Iyi Televiziyo igaragara hose mu gihugu, ku kigero cy’100%. Iri ku murongo wa Digital ndetse igaragara ku miyoboro ya CANAL+, STARTIMES na Azam TV kandi igaragara ku buntu ku bafatabuguzi (Free to Air). Ibi bitanga amahirwe ku bantu benshi yo gukurikira gahunda n’ibiganiro TV10 ibategurira.

 

 

 

 

 

 

 

Comments 1

  1. Mugabo says:
    4 years ago

    Intambwe nziza izafasha abahanzi muri iki hatariho ibikorwa by’imyidagaduro bibahesha amafaranga.
    Si gusa ahubwo ubu bufatanye burazamura competition mu bahanzi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + nineteen =

Previous Post

UBUTABERA : Sankara yahakanye ibyaha bibiri muri 17 akurikiranyweho

Next Post

Kwizera Olivier wa Rayon Sports aragera imbere y’ubucamanza

Related Posts

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwizera Olivier wa Rayon Sports aragera imbere y’ubucamanza

Kwizera Olivier wa Rayon Sports aragera imbere y’ubucamanza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.