Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/06/2021
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

MNI Ltd sosiyete yigenga ibarizwa mu Rwanda ifite intumbero yo kugira ngo uruhare mu iteramebere rya muzika Nyarwanda binyuze mu gushyiraho uburyo bwinjiriza abahanzi, yatangije ubufatanye na Radio&TV10 mu kiganiro kizaba kitwa TOP 10 POWERED BY MNI.

Ni ubufatanye bugamije  gukomeza guteza imbere indirimbo z’abahanzi nyarwanda zigaragazwa ku rutonde rw’indirimbo rwa MNI, urutonde ruzajya ruvugururwa buri gihembwe hanatangwe igihembo gikuru.

Muri macye iyi gahunda izajya itangira hatangazwa indirimbo icumi (10) zarebwe cyane mu cyumweru kuko buri munsi hazajya herekanwa indirimbo ziri gutorwa gutorwa hanyuma mu cyumweru cya kabiri indirimbo zizajya ziba ziri imbere ku rutonde n’ubundi zizajya zitangazwa hanyuma umuhanzi wagize indirimbo ya mbere ahembwe ibihumbi magana abiri na mirongo itanu by’amafaranga y’u Rwanda (250,000 FRW).Ikiganiro kizajya gica imbonankubone kuri TV10.

Hanyuma abantu bazakomeza kureba indirimbo hanaba icyo kiganro cya buri Cyumweru kigaragaza indirimo icumi zikunzwe kurusha izindi (Top 10), nyuma y’amezi atatu hahembwe umuhanzi uzajya aba ari imbere ku rutonde. Uyu muhanzi azajya ahabwa miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1,000,000 FRW).SPENN ni undi mufatanyabikorwa uzaba ari muri iki gikorwa.

Gaga Scott Butera, umuyobozi w’inama y’ubutegetsi muri MNI Ltd avuga kuri ubu bufatanye bwabo na Radio &TV10 yagize ati “Nka MNI twishimiye ubu bufatanye na Radio&TV10 kuko buzateza imbere gahunda yacu ya “MNI Music Chat” yo guteza imbere ibikorwa by’indashyikirwa by’abahanzi nyarwanda bagaragaza indirimbo zabo ku rubuga rwa MNI ruvugururwa buri gihembwe”

Ku rundi ruhande, Kate Gustave umuyobozi w’ishami ry’imyidagaduro kuri Radio&TV10 yavuze kuri ubu bufatanye agira ati “Twishimiye kongera iki kiganiro mu biganiro byacu by’imyidagaduro no gukomeza gushyigikira iterambere ry’umuziki w’u Rwanda”

See the source image

Kate Gustave Nkurunziza umuyobozi w’ishami ry’imyidagaduro kuri Radio &TV10 Rwanda

MNI Ltd ni sosiyete yigenga ibarizwa mu Rwanda ifite intumbero yo kugira uruhare mu iterambere rya muzika Nyarwanda binyuze mu gushyiraho uburyo bushya bwinjiriza amafaranga abahanzi nyarwanda kandi bukamenyekanisha umuziki wabo kurushaho.

Miliyoni zisanga 20 z’amafaranga y’u Rwanda zahawe abahanzi binyuze mu bihembo byatanzwe buri gihembwe ndetse n’amafaranga yinjijwe binyuze mu gutora indirimbo.

TV10 rero ni murumuna wa Radio 10 ikaba ari Televiziyo yigenga yatangiye gukorera mu Rwanda muri Gashyantare 2013. Iyi Televiziyo igaragara hose mu gihugu, ku kigero cy’100%. Iri ku murongo wa Digital ndetse igaragara ku miyoboro ya CANAL+, STARTIMES na Azam TV kandi igaragara ku buntu ku bafatabuguzi (Free to Air). Ibi bitanga amahirwe ku bantu benshi yo gukurikira gahunda n’ibiganiro TV10 ibategurira.

 

 

 

 

 

 

 

Comments 1

  1. Mugabo says:
    4 years ago

    Intambwe nziza izafasha abahanzi muri iki hatariho ibikorwa by’imyidagaduro bibahesha amafaranga.
    Si gusa ahubwo ubu bufatanye burazamura competition mu bahanzi.

    Reply

Leave a Reply to Mugabo Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + two =

Previous Post

UBUTABERA : Sankara yahakanye ibyaha bibiri muri 17 akurikiranyweho

Next Post

Kwizera Olivier wa Rayon Sports aragera imbere y’ubucamanza

Related Posts

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwizera Olivier wa Rayon Sports aragera imbere y’ubucamanza

Kwizera Olivier wa Rayon Sports aragera imbere y’ubucamanza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.