Wednesday, March 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/06/2021
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Radio &Tv10 yasinye amasezerano na MNI mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

MNI Ltd sosiyete yigenga ibarizwa mu Rwanda ifite intumbero yo kugira ngo uruhare mu iteramebere rya muzika Nyarwanda binyuze mu gushyiraho uburyo bwinjiriza abahanzi, yatangije ubufatanye na Radio&TV10 mu kiganiro kizaba kitwa TOP 10 POWERED BY MNI.

Ni ubufatanye bugamije  gukomeza guteza imbere indirimbo z’abahanzi nyarwanda zigaragazwa ku rutonde rw’indirimbo rwa MNI, urutonde ruzajya ruvugururwa buri gihembwe hanatangwe igihembo gikuru.

Muri macye iyi gahunda izajya itangira hatangazwa indirimbo icumi (10) zarebwe cyane mu cyumweru kuko buri munsi hazajya herekanwa indirimbo ziri gutorwa gutorwa hanyuma mu cyumweru cya kabiri indirimbo zizajya ziba ziri imbere ku rutonde n’ubundi zizajya zitangazwa hanyuma umuhanzi wagize indirimbo ya mbere ahembwe ibihumbi magana abiri na mirongo itanu by’amafaranga y’u Rwanda (250,000 FRW).Ikiganiro kizajya gica imbonankubone kuri TV10.

Hanyuma abantu bazakomeza kureba indirimbo hanaba icyo kiganro cya buri Cyumweru kigaragaza indirimo icumi zikunzwe kurusha izindi (Top 10), nyuma y’amezi atatu hahembwe umuhanzi uzajya aba ari imbere ku rutonde. Uyu muhanzi azajya ahabwa miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1,000,000 FRW).SPENN ni undi mufatanyabikorwa uzaba ari muri iki gikorwa.

Gaga Scott Butera, umuyobozi w’inama y’ubutegetsi muri MNI Ltd avuga kuri ubu bufatanye bwabo na Radio &TV10 yagize ati “Nka MNI twishimiye ubu bufatanye na Radio&TV10 kuko buzateza imbere gahunda yacu ya “MNI Music Chat” yo guteza imbere ibikorwa by’indashyikirwa by’abahanzi nyarwanda bagaragaza indirimbo zabo ku rubuga rwa MNI ruvugururwa buri gihembwe”

Ku rundi ruhande, Kate Gustave umuyobozi w’ishami ry’imyidagaduro kuri Radio&TV10 yavuze kuri ubu bufatanye agira ati “Twishimiye kongera iki kiganiro mu biganiro byacu by’imyidagaduro no gukomeza gushyigikira iterambere ry’umuziki w’u Rwanda”

See the source image

Kate Gustave Nkurunziza umuyobozi w’ishami ry’imyidagaduro kuri Radio &TV10 Rwanda

MNI Ltd ni sosiyete yigenga ibarizwa mu Rwanda ifite intumbero yo kugira uruhare mu iterambere rya muzika Nyarwanda binyuze mu gushyiraho uburyo bushya bwinjiriza amafaranga abahanzi nyarwanda kandi bukamenyekanisha umuziki wabo kurushaho.

Miliyoni zisanga 20 z’amafaranga y’u Rwanda zahawe abahanzi binyuze mu bihembo byatanzwe buri gihembwe ndetse n’amafaranga yinjijwe binyuze mu gutora indirimbo.

TV10 rero ni murumuna wa Radio 10 ikaba ari Televiziyo yigenga yatangiye gukorera mu Rwanda muri Gashyantare 2013. Iyi Televiziyo igaragara hose mu gihugu, ku kigero cy’100%. Iri ku murongo wa Digital ndetse igaragara ku miyoboro ya CANAL+, STARTIMES na Azam TV kandi igaragara ku buntu ku bafatabuguzi (Free to Air). Ibi bitanga amahirwe ku bantu benshi yo gukurikira gahunda n’ibiganiro TV10 ibategurira.

 

 

 

 

 

 

 

Comments 1

  1. Mugabo says:
    5 years ago

    Intambwe nziza izafasha abahanzi muri iki hatariho ibikorwa by’imyidagaduro bibahesha amafaranga.
    Si gusa ahubwo ubu bufatanye burazamura competition mu bahanzi.

    Reply

Leave a Reply to Mugabo Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − one =

Previous Post

UBUTABERA : Sankara yahakanye ibyaha bibiri muri 17 akurikiranyweho

Next Post

Kwizera Olivier wa Rayon Sports aragera imbere y’ubucamanza

Related Posts

Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa

Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa

by radiotv10
03/03/2026
0

Safi Eric, umuvandimwe wa Mupende Ramadhan uzwi nka Bad Rama, yavuze ko yababajwe n’ibyo aherutse gutangaza byibasira ubuyobozi bw’u Rwanda...

Stay Stylish and Safe: Formal Clothes for the Rainy Season

Stay Stylish and Safe: Formal Clothes for the Rainy Season

by radiotv10
02/03/2026
0

Rainy season comes with changes most of the time, it changes more than just the weather. Mornings become colder, roads...

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

by radiotv10
01/03/2026
0

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Gad Rwizihirwa, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Agati (Ubutabazi)”, igamije gukomeza no kwibutsa...

Abanyamakuru ba siporo Rugaju na Lorenzo bashimiwe icyemezo bafashe nyuma y’amakimbirane

Abanyamakuru ba siporo Rugaju na Lorenzo bashimiwe icyemezo bafashe nyuma y’amakimbirane

by radiotv10
27/02/2026
0

Urwego rw'Abanyamakuru Bigenzura RMC, rwashimiye abanyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan na Musangamfura Christian uzwi nka Lorenzo, uburyo bahisemo...

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

Umunyamakuru Djihad yahamijwe ibyaha byo gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano

by radiotv10
27/02/2026
0

Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad na bagenzi be batatu, bahamijwe ibyaha bifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano yasakajwe, bakatirwa gufungwa...

IZIHERUKA

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa
MU RWANDA

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa

by radiotv10
03/03/2026
0

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

03/03/2026
Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

03/03/2026
Umugabo akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma yasobanuye uko avoka zo kurya zabaye intandaro

Umugabo akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma yasobanuye uko avoka zo kurya zabaye intandaro

03/03/2026
Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

03/03/2026
AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

03/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwizera Olivier wa Rayon Sports aragera imbere y’ubucamanza

Kwizera Olivier wa Rayon Sports aragera imbere y’ubucamanza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.