Rayon ikomeje gusatira APR, icyizere kuba Ba-Rayon cyongeye kuzamuka

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Rayon Sports yatsinze Rwamagana City yongera kugaruka mu makipe ahatanira igikombe cya Shampiyona nyuma yuko mucyeba wayo APR FC itsinzwe na Police FC.

Rayon Sports yitwaye neza mu mukino w’umunsi wa 24 utarabere igihe wa shampiyona kubera ko Ikipe y’Igihugu y’Amavubi icyo yari mu mukino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Afurika cyizaba Umwaka utaha mu gihugu cya Ivory Coast.

Izindi Nkuru

Uyu mukino wahuje Rwamagana City na Rayon Sports ubundi wagomba gukinwa Taliki ya 23/3/2023, ndetse ubwo mukino warakinwe ariko ntiwarangira kubera Imvura nyinshi yatumye Abasifuzi bahagarika uwo mukino wari ugeze ku munota wa 27 w’igice cya mbere.

Umukino wahagaritse amakipe yombi anganya igitego 1-1, nk’uko byatangajwe na Ferwafa ibinyujije ku Rukuta rway twa Twitter bagira bati “Kubera imvura nyinshi yaguye igatuma umukino wahuzaga Rwamagana City na Rayon Sports uhagarara ku munota wa 27, kuko ikibuga kitari kigishoboye gukinirwaho, uyu mukino uzasubukurwa ejo tariki 23/04/2023 saa 15h00.”

Yakomeje igira iti “Nk’uko biteganywa n’amategeko agenga amarushanwa, mu ngingo ya 38 igika cya gatatu, uyu mukino wahagaze amakipe yombi anganya 1-1 ugomba gukomereza ku munota wari ugezeho kuri Stade ya Ngoma.”

Nyuma y’uko Ferwafa itanze umurongo kuri uwo mukino, uyu munsi umukino wakomeje ndetse Andre Onana aza kuba ikinyuranyo ku makipe menshi nubwo byari byiza kuri Rayon Sports kuko yaje gutsinda igitego cya Kabiri cyabonetse ku munota wa 69 w’Igice cya Kabiri, ndetse n’umukino ukaza kurangira Rayon Sports yegukanye amanota 3 y’umunsi wa 24 wa shampiyona utarabeye igihe.

Iyo ntsinzi ya Rayon Sports yatumye igaruka mu makipe ahatanira igikombe dore ko kugeza ubu yicaye ku mwanya wa 3 n’amanota 52, inyuma ya Kiyovu Sports na APR FC ziyiza imbere.

Onana yatumye Aba-Rayon bamwenyura

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru