Muri Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, ikipe ya Rayon Sports iramanuka mu kibuga ikina na Sunrise FC, nyuma y’umunsi umwe APR FC inyagiye ikipe ya Marines FC ibitero 4-2.
Uyu mukino wari Derby y’amakipe y’Ingabo, ukaba wari umukino wa mbere wa APR muri shampiyona nyuma yo gukina imikino ya CAF Champions League.
APR yari imaze gusezerera Les Aigles du Congo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri CAF Champions League, iyitsinze ibitego 3-0. Ibyo byatumye benshi bategereza kureba uko iyi kipe yari kwitwara mu mukino wayo wa mbere muri RPL.
Umukino watangiye saa 18:30, amakipe yombi asatirana, ariko Marine igaragaza imbaraga kurusha APR mu minota ya mbere.
Marine yari ifite bamwe mu bakinnyi bigeze gukinira APR, barimo NiYibizi Ramadhan na Ishimwe Pierre, bakaba barayikiniriye mu mwaka ushize.
Ku ruhande rwa APR, umutoza yari yahinduye umukinnyi umwe gusa mu bakinnyi babanje mu kibuga mu mukino batsinzemo Les Aigles du Congo. Sekiganda ni we waje mu kibuga asimbura Dawuda.
Mu gice cya mbere, Marine yakomeje gusatira APR ndetse ibona uburyo bwinshi bwo gutsinda. Abakinnyi nka Yanik Bizimana na Nt irushwa bagize uruhare mu gusatira kw’iyi kipe.
Ibyo gusatira byaje kuvamo igitego cya mbere cya Marine cyatsinzwe na Sultani Bobo. Marine yakomeje gukinira APR hejuru, maze Nt irushwa ayitsindira igitego cya kabiri.
APR, nubwo yari yagowe mu gice cya mbere, yashoboye kubona igitego mbere y’uko amakipe ajya kuruhuka, cyatsinzwe na Ouattara.
Mu gice cya kabiri, APR yagarutse ikina neza ndetse ihindura isura y’umukino. Ouattara yongeye gutsinda igitego, ahita agira uruhare mu bitego bibiri bya APR muri uyu mukino.
Memele Dawu na Fidali na bo batsinze ibitego bibiri byiyongereye kuri APR, bituma umukino urangira APR itsinze Marine ibitego 4-2.
Mu wundi mukino wabaye kuri uyu wa Gatatu, Al Hilal yatsinze Kigali ibitego 2-0.
Kuri uyu wa Kane, Mukura VS irakira Police FC saa 15:00, mu gihe saa 18:30 Rayon Sports iza kwakira Sunrise FC.
Nyuma y’imikino itatu ya shampiyona, Gicumbi FC ni yo iyoboye urutonde n’amanota icyenda, ikurikiwe na Etincelles FC ifite amanota arindwi.



RADIOTV10