Friday, March 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon nyuma yo kugura abakinnyi barimo ab’amazina aremereye yatangaje icyo ihishiye abakunzi

radiotv10by radiotv10
16/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
1
Rayon nyuma yo kugura abakinnyi barimo ab’amazina aremereye yatangaje icyo ihishiye abakunzi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka igura abakinnyi, yateguye umukino wa gicuti uzayihuza na Gorilla FC uzanagaragaramo aba bakinnyi bashya bayinjiyemo bazanayifasha mu mwaka w’imikino wa 2024-2025.

Uyu mukino wa gicuti uzahuza Rayon Sports na Gorilla FC, uzaba mu mpera z’iki cyumweru, tariki 20 Nyakanga 2024 kuri Kigali Pele Stadium i Nyamirambo.

Rayon Sports yaetguye uyu mukino nyuma yo kugura abakinnyi barimo umunyezamu Ndikuriyo Patient wavuye mu Magaju FC, Ombolenga Fitina wavuye muri APR FC, Nshimiyimana Emmanuel Kabange waturutse muri Gorilla FC, Gnigne wavuye muri Senegal.

Iyi kipe kandi yaguze Richard wavuye muri Muhazi Utd, Niyonzima Olivier Sefu Sefu watandukanye na Kiyovu Sports, ndetse na Ishimwe Fiston wakiniraga AS Kigali.

Aba bakinnyi kandi bazanagaragara mu mukino wo ku wa Gatandatu, mu gihe iyi kipe ya Rayon Sports inakomeje urugendo rwo kugura abakinnyi izakoresha muri uyu mwaka w’imikino.

Rayon Sports ikomeje imyitozo mu Nzove, gusa kugeza ubu ikaba itaratangaza abatoza bazayifasha mu mwaka w’imikino wa 2024-2025 aho imyitozo iri kuyifashwamo n’abatoza bo mu Ikipe ya Rayon Sports y’abagore.

Rayon Sports yifuza kuzatwara igikombe cya Shampiyona y’uyu mwaka, iheruka igikombe mu myaka itanu ishize, ubwo yatwaraga icya 2019, ibindi byakurikiyeho byose bikaba byaregukanwe na mucyeba wayo APR FC.

Rayon imaze iminsi mu myitozo mu Nzove

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Comments 1

  1. Denys Ikuzwe says:
    2 years ago

    Denys Ikuzwe

    Reply

Leave a Reply to Denys Ikuzwe Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 20 =

Previous Post

Ubutumwa Kagame yageneye Abanyarwanda bamutoye kuri 99% n’abatumva impamvu y’aya majwi akomeza kwiyongera

Next Post

Trump yagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kuraswaho akarusimbuka

Related Posts

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

by radiotv10
23/03/2026
0

Abakinnyi b'Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, batangiye umwiherero wo kwitegura imikino ya FIFA Series izatangira muri iki cyumweru, barimo abavandimwe...

Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

Icyo KNC atangaza nyuma yuko ikipe ye ya Gasogi itewe mpaga na Rayon Sports

by radiotv10
23/03/2026
0

Umushoramari Kakooza Nkuliza Charles (KNC) akaba na Perezida w’ikipe ya Gasogi United yatewe mpaga n’iya Rayon Sports nyuma yo kubura...

Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

by radiotv10
23/03/2026
0

Ikipe ya Gasogi United yabuze kuri Sitade mu mukino w'umunsi wa 25 wa Shampiyona wari kuyihuza na Rayon Sports; ihita...

Volleyball: Amakipe yageze kuri Final yamenyekanye, umukino umwe uba ingorabahizi

Volleyball: Amakipe yageze kuri Final yamenyekanye, umukino umwe uba ingorabahizi

by radiotv10
22/03/2026
0

Amakipe atatu muri ane agomba gukina imikino ya nyuma ya kamarampaka mu bagabo no mu bagore yamenyekanye, hasigara ikipe imwe...

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

by radiotv10
20/03/2026
0

Uwahoze ari myugariro w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Serge Branco, yanenze Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, avuga ko abona akorera mu...

IZIHERUKA

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore
MU RWANDA

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

by radiotv10
27/03/2026
0

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

27/03/2026
Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

27/03/2026
RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

27/03/2026
Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

27/03/2026
Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

26/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kuraswaho akarusimbuka

Trump yagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kuraswaho akarusimbuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.