Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko iyi kipe yasinyishije Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Bénin mu mwaka w’imikino wa 2025-2026.
Uyu musore Atisso Kodjo aguzwe na Rayon Sports nyuma yo kugira umwaka mwiza cyane muri shampiyona ya Bénin, aho yatsinze ibitego 16 mu ikipe ya Damissa FC yakiniraga, ikaba yarasoje shampiyona iri ku mwanya wa cyenda mu makipe 18 akina shampiyona ya Bénin.
Uyu mukinnyi wavukiye i Atakpamé muri Togo ku wa 13 Kamena 1999, asanzwe akina nka rutahizamu anyuze ku ruhande rw’ibumoso, ariko akaba ashobora no gukina mu yindi myanya y’ubusatirizi. Mbere yo kwigaragaza muri Bénin, ntiyari azwi cyane mu mupira w’amaguru, gusa yaje kuzamuka buhoro buhoro kugeza abaye umwe mu bakinnyi b’ingenzi ba Damissa FC.
Mu gice cya mbere cya shampiyona, Atisso Kodjo yari amaze gutsinda ibitego birindwi gusa, ibintu byatumaga adafatwa nk’umwe mu bahatanira kurangiza shampiyona ayoboye abatsinze ibitego byinshi. Yaje kuzamura urwego rw’imikinire ye mu mikino yo kwishyura, atsinda ibitego byinshi byamufashije kurenga abo bari bahanganye.
Umunsi wa 29 wa shampiyona ni wo wabaye uw’amateka kuri we, ubwo yatsindiraga Damissa FC ibitego bitatu mu mukino yatsinzwemo na US Cavaliers de Nikki ibitego 4-3. Ibyo bitego byatumye agira ibitego 12 ndetse ahita afata umwanya wa mbere ku rutonde rw’abatsinze ibitego byinshi.
Yakomeje kwitwara neza kugeza asoje umwaka w’imikino afite ibitego 16, umusaruro wamugize rutahizamu wa mbere muri shampiyona ya Bénin, nubwo ikipe ye itari mu zahataniraga igikombe.
Rayon Sports yemeje ko uyu Munya-Togo yamaze gushyira umukono ku masezerano azamugeza mu mwaka wa 2028. Biteganyijwe ko azafasha iyi kipe gukomeza kubaka ubusatirizi bukomeye mu rugamba rwo guhatanira ibikombe mu Rwanda no mu marushanwa mpuzamahanga.
Abakunzi ba Rayon Sports bafite amatsiko yo kubona icyo Antonio Atisso Kodjo azongera mu busatirizi bw’iyi kipe, nyuma y’umwaka mwiza yagize muri Bénin wamushyize mu bakinnyi bakurikiwe cyane mu karere ka Afurika y’Iburengerazuba. Bivugwa ko Rayon Sports mu minsi iri imbere izatangaza undi mukinnyi ukomeye ukina nka nimero 9, na we w’umunyamahanga.
Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10





