• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon Sports yatsinze Bugesera FC ikomanga ku gusohokera Igihugu

radiotv10by radiotv10
27/05/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon Sports yatsinze Bugesera FC ikomanga ku gusohokera Igihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Bugesera FC ibitego 2-0, yiyongerera amahirwe yo kuzasohokera igihugu mu marushanwa ya CAF Confederation Cup.

Nyuma yo kubura Igikombe cy’Amahoro itsinzwe kuri penaliti na APR FC ku wa 6 w’icyumweru gishize, ikipe ya Rayon Sports yari ihanze amaso umwanya wa kabiri muri shampiyona kugira ngo yizere ko izasohokera igihugu, dore ko ibikombe byombi byatwawe na mukeba wayo APR FC, bityo gusohoka bikaba biyisaba kuba iya kabiri.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Gicurasi 2026, Rayon Sports yari yakiriye Bugesera FC ku munsi wa 33 wa Rwanda Premier League.

Bugesera yari yatsinze Rayon mu gice kibanza cya shampiyona, yari imaze iminsi yitegurana imbaraga uyu mukino, ahanini na yo ishaka uko yawutsinda ngo izaze mu makipe umunani ya mbere azahembwa muri shampiyona.

Rayon yatangiye umukino ikinira cyane mu gice cya Bugesera ariko ikagorwa n’umunyezamu w’iyi kipe, Dauda Barelli.

Igice cya mbere cyasojwe ari 0-0 ariko Rayon, ubona ko yarushaga Bugesera, yari yaje yirinda kwirekura mu mikinire.

Mu gice cya kabiri, ku munota wa 60, Ndikumana Asman yafunguye amazamu ku mupira yari ahawe na Nshimiyimana Emmanuel Kabange, abugarira ba Bugesera barahuzagurika, Asman awushyira mu izamu n’ukuguru kw’ibumoso.

Ku munota wa 89, Aziz Bassane wari winjiye mu kibuga asimbuye Mugisha Didier, yatsinze igitego cya kabiri ku mupira mwiza yahawe na Tambwe Gloire, umukino urangira ari 2-0.

Iyi ntsinzi yatumye Rayon Sports yiyongerera amahirwe yo kurangiza ku mwanya wa kabiri, dore ko ari umwanya bahataniye na Kiyovu Sports banafitanye umukino ku munsi wa nyuma wa shampiyona.

Rayon yagize amanota 55, irusha Kiyovu amanota 3. Kugira ngo Kiyovu inyure kuri Rayon, birasaba ko iyitsinda nibura ibitego 2-0 bakanganya amanota. Iyo amakipe anganyije amanota harebwa imikino yabahuje. Rayon yatsinze Kiyovu 2-0 mu mukino ubanza, mu gihe Kiyovu na yo yabatsinda 2-0, harebwa ikipe yazigamye ibitego byinshi, kandi icyo gihe Kiyovu yaba ari yo isohoka.

Shampiyona y’u Rwanda irasozwa muri iyi weekend aho umwe mu mikino itegerejwe cyane ari uwa Kiyovu Sports na Rayon Sports uzakinwa ku wa 5 Saa Moya z’umugoroba.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + one =

Previous Post

Being busy doesn’t always mean you’re doing what truly matters

Next Post

Uwabaye Perezida wa Kenya yagiriye inama uwamusimbuye n’umunyapolitiki batavuga rumwe bakomeje guterana amagambo

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Uwabaye Perezida wa Kenya yagiriye inama uwamusimbuye n’umunyapolitiki batavuga rumwe bakomeje guterana amagambo

Uwabaye Perezida wa Kenya yagiriye inama uwamusimbuye n'umunyapolitiki batavuga rumwe bakomeje guterana amagambo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.