Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF itangaje amakuru arambuye ku iraswa ry’Umusirikare wa FARDC winjiraga mu Rwanda afite imbunda y’intambara

radiotv10by radiotv10
17/06/2022
in MU RWANDA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwasohoye itangazo buvuga ku iraswa ry’umusirikare wa DRCongo warasiwe ku mupaka uhuza Ibihugu byombi, buvuga ko yabanje kumisha amasasu mu basivile n’Abapolisi, akaza kuraswa n’umwe mu Bapolisi b’u Rwanda.

Itangazo rya RDF ryasohotse nyuma ya saa sita kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Kamena 2022, rivuga ko uyu musirikare wa FARDC yarashwe ahagana saa mbiri na mirongo ine n’itanu (08:45’) z’igitondo ubwo yinjiraga mu Rwanda anyuze kuri Petite Barrière afite imbunda y’intambara izwi nka AK47.

Iri tangazo rivuga ko uyu musirikare utaramenyekana umwirondoro yinjiriye kuri uyu mupaka agatangira kumisha amasasu mu baturage b’abasibire bariho bambukiranya umupaka, akabakomeretsa ndetse agakomeretsa n’Abapolisi babiri b’u Rwanda.

Riti “Umupolisi w’u Rwanda yasubije amasasu mu kwirwanaho ndetse no mu kurinda abasivile bambukiranyaga umupaka ndetse n’abakozi bo ku mupaka.”

RDF ivuga ko uyu musirikare wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yarashwe amaze kurenga metero 25 yinjira ku butaka bw’u Rwanda.

Iri tangazo rivuga ko Igisirikare cy’u Rwanda cyahise gitumiza itsinda rihuriweho rishinzwe kugenzura imipaka mu karere EJVM (Expanded Joint Verification Mechanism) kugira ngo rikore iperereza kuri iki gikorwa.

U Rwanda kandi rwanamenyesheje ubuyobozi bwa DRC ndetse n’abakozi bo ku mipaka ku mpande zombi kuza gusura ahabereye iki gikorwa.

Iri tangazo risoza rigira riti “Turahumiriza abantu bose ko umwuka ku mupaka ubu umeze neza.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 11 =

Previous Post

AKA KANYA: Uko byifashe kuri Petite Barrière ahamaze kurasirwa umusirikare wa FARDC

Next Post

Undi Munyamakuru wa siporo ukomeye mu Rwanda aragiye

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi Munyamakuru wa siporo ukomeye mu Rwanda aragiye

Undi Munyamakuru wa siporo ukomeye mu Rwanda aragiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.