Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yarekuriye FARDC umuriro w’amasasu habaho gukozanyaho

radiotv10by radiotv10
04/08/2022
in MU RWANDA
0
RDF yarekuriye FARDC umuriro w’amasasu habaho gukozanyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare b’u Rwanda n’aba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakozanyijeho mu giturage cya Murambi muri Teritwari ya Nyiragongo nyuma yuko FADRC ishatse gufasha umucuruzi wari utwaye magendu kwinjira mu Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Uku gukozanyaho kwabaye ku wa Kabiri tariki 02 Kanama 2022 nyuma yuko abasirikare ba Congo bashatse gufasha uwari utwaye magendu kwambukiranya umupaka mu buryo butemewe kuri borne ya 11.

Radio Okapi dukesha iyi nkuru twanditse nka RADIOTV10, ivuga ko abasirikare bari ku burinzi kuri uyu mupaka bahise barekurekurira umuriro w’amasasu aba ba Congo hahita habaho gukozanyaho.

Uku gukozanyaho hagati y’ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwamaze iminota micye kuza guhita guhosha.

Ubwo uku gukozanyaho kwabaga, kwateye ikikango mu baturage batuye mu giturage cya Murambi gusa amahirwe ni uko kutamaze igihe.

Umuyobozi w’itsinda ry’ingabo za FARDC ziri muri kariya gace yaje kubasha kuvugana n’uyoboye iza RDF, bituma amasasu ahagarara.

Aha kandi uretse kuba ku ruhande rw’u Rwanda hari uburinzi ariko ngo ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nta basirikare bahagije bahari.

Sosiyete Sivile yo muri Nyiragongo yasabye Guverinoma ya Congo kurushaho gukaza uburinzi bw’imipaka byumwihariko muri aka gace ka Nyiragongo ikahashyira abasirikare bahagije.

Uku gukozanyaho hagati ya RDF na FARDC kubaye nyuma y’ukwezi n’igice habayeho ubushotoranyi bwakozwe n’umusirikare wa FARDC winjiriye ku mupaka uzwi nka Petite Barrière uhuza u Rwanda na DRCongo akarasa abo ahasanze barimo n’abaturage bigatuma inzego z’umutekano z’u Rwanda zimurasha akahasiga ubuzima.

Kubaye kandi mu gihe u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari gushaka kubura umubano wajemo igitotsi cyatewe n’ibirego Ibihugu byombi bishinjanya birimo kuba Congo ivuga ko u Rwanda rwitwikiye M23 rukaba ari rwo ruri guteza umutekano mucye muri DRC mu gihe u Rwanda rwabihakanye.

U Rwanda rwo rwashinjaga DRC ibirego bitandukanye birimo kuruvogera aho igisirikare cy’iki Gihugu cyahiye kirasa ibibombe ku butaka bw’u Rwanda birimo n’ibyakomerekeje bamwe mu Banyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + seventeen =

Previous Post

Umuvandimwe wa Buravan yanyomoje urupfu rwe anatangaza uko amerewe

Next Post

Rwamagana: Hamenyekanye icyatumye Umufurere wari wagizwe umwere ku gusambanya umunyeshuri yongera gufungwa

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

IZIHERUKA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi
MU RWANDA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Hamenyekanye icyatumye Umufurere wari wagizwe umwere ku gusambanya umunyeshuri yongera gufungwa

Rwamagana: Hamenyekanye icyatumye Umufurere wari wagizwe umwere ku gusambanya umunyeshuri yongera gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.