Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yarekuriye FARDC umuriro w’amasasu habaho gukozanyaho

radiotv10by radiotv10
04/08/2022
in MU RWANDA
0
RDF yarekuriye FARDC umuriro w’amasasu habaho gukozanyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare b’u Rwanda n’aba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakozanyijeho mu giturage cya Murambi muri Teritwari ya Nyiragongo nyuma yuko FADRC ishatse gufasha umucuruzi wari utwaye magendu kwinjira mu Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Uku gukozanyaho kwabaye ku wa Kabiri tariki 02 Kanama 2022 nyuma yuko abasirikare ba Congo bashatse gufasha uwari utwaye magendu kwambukiranya umupaka mu buryo butemewe kuri borne ya 11.

Radio Okapi dukesha iyi nkuru twanditse nka RADIOTV10, ivuga ko abasirikare bari ku burinzi kuri uyu mupaka bahise barekurekurira umuriro w’amasasu aba ba Congo hahita habaho gukozanyaho.

Uku gukozanyaho hagati y’ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwamaze iminota micye kuza guhita guhosha.

Ubwo uku gukozanyaho kwabaga, kwateye ikikango mu baturage batuye mu giturage cya Murambi gusa amahirwe ni uko kutamaze igihe.

Umuyobozi w’itsinda ry’ingabo za FARDC ziri muri kariya gace yaje kubasha kuvugana n’uyoboye iza RDF, bituma amasasu ahagarara.

Aha kandi uretse kuba ku ruhande rw’u Rwanda hari uburinzi ariko ngo ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nta basirikare bahagije bahari.

Sosiyete Sivile yo muri Nyiragongo yasabye Guverinoma ya Congo kurushaho gukaza uburinzi bw’imipaka byumwihariko muri aka gace ka Nyiragongo ikahashyira abasirikare bahagije.

Uku gukozanyaho hagati ya RDF na FARDC kubaye nyuma y’ukwezi n’igice habayeho ubushotoranyi bwakozwe n’umusirikare wa FARDC winjiriye ku mupaka uzwi nka Petite Barrière uhuza u Rwanda na DRCongo akarasa abo ahasanze barimo n’abaturage bigatuma inzego z’umutekano z’u Rwanda zimurasha akahasiga ubuzima.

Kubaye kandi mu gihe u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari gushaka kubura umubano wajemo igitotsi cyatewe n’ibirego Ibihugu byombi bishinjanya birimo kuba Congo ivuga ko u Rwanda rwitwikiye M23 rukaba ari rwo ruri guteza umutekano mucye muri DRC mu gihe u Rwanda rwabihakanye.

U Rwanda rwo rwashinjaga DRC ibirego bitandukanye birimo kuruvogera aho igisirikare cy’iki Gihugu cyahiye kirasa ibibombe ku butaka bw’u Rwanda birimo n’ibyakomerekeje bamwe mu Banyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − twelve =

Previous Post

Umuvandimwe wa Buravan yanyomoje urupfu rwe anatangaza uko amerewe

Next Post

Rwamagana: Hamenyekanye icyatumye Umufurere wari wagizwe umwere ku gusambanya umunyeshuri yongera gufungwa

Related Posts

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

Once considered a forgotten and underdeveloped place, the hills of Kibali, in Rwanda's Gicumbi District, are now a symbol of transformation...

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

by radiotv10
28/07/2025
0

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré uri gusoza inshingano ze nk’uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yagaragaje ko yishimira kuba aherutse gusura Inka z’Inyambo...

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

by radiotv10
28/07/2025
0

In many African households, the topic of sex remains taboo, a subject shrouded in silence, discomfort, and often shame. For...

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

by radiotv10
28/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bavuga ko abafite amatungo bayashumura mu mirima yabo akona...

IZIHERUKA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future
IMIBEREHO MYIZA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Hamenyekanye icyatumye Umufurere wari wagizwe umwere ku gusambanya umunyeshuri yongera gufungwa

Rwamagana: Hamenyekanye icyatumye Umufurere wari wagizwe umwere ku gusambanya umunyeshuri yongera gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.