Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuvandimwe wa Buravan yanyomoje urupfu rwe anatangaza uko amerewe

radiotv10by radiotv10
03/08/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Umuvandimwe wa Buravan yanyomoje urupfu rwe anatangaza uko amerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bavandimwe b’Umuhanzi Yvan Buravan yanyomoje amakuru yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga ko yitabye Imana, avuga ko akiri muzima ndetse ko ari koroherwa.

Kuri uyu Gatatu bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bari bakwirakwije amakuru ko umuhanzi Yvan Buravan umaze iminsi arwaye, yitabye Imana.

Gusa aya makuru yahakanywe n’umuvandimwe wa Buravan witwa Martial, wavuze ko ayo makuru atari impamo.

Allegations that I have not managed to independently verify indicates that @yvanburavan is no more. Following up and will get back soon.

— Samuel Baker BYANSI (@SamuelBaker_B) August 3, 2022

Uyu muvandimwe wa Buravan mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda, yavuze ko murumuna we atavuye mu mwuka w’abazima nkuko byatangajwe.

Yagize ati “Oya, ameze neza ni amahoro, ni amahoro cyane […] ibyo ku mbuga nkoranyambaga ntubizi se!?”

Buravan wabitswe akiri muzima, amaze iminsi yivuriza mu Kenya, gusa ubu akaba ari mu Rwanda aho biteganyijwe ko agomba kujya kwivuriza mu Buhindi.

Umuvandimwe we Martial yavuze ko Buravan ubu ameze neza agereranyije n’uko yagiye ameze ndetse ko hari icyizere gihagije ko azakira na we ubwe akaba afite imbaraga n’icyizere.

Bamwe mu bakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda, bakomeje gushyiraho ubutumwa bukomeza uyu muhanzi ndetse bamwereka ko bari kumwe banamwifuriza gukira.

Ndabinginze tugerageze kuba abanyabuntu kuko ari 1 mundangagaciro zacu.

Tumusengere tumuture gihanga maze atsinde uburwayi byaba byiza kuko nacyo twacyita igitego cyiza,
Imana ibarinde mwese

— Jules Sentore 🎶 (@julesentore) August 3, 2022

Buravan unaherutse gushyira hanze indirimbo Big Time iri mu ndirimbo nziza zikunzwe muri iyi minsi, yari yagiye kwivuriza muri Kenya mu kwezi gushize nyuma yuko abanje kwivuriza mu Rwanda akaza no kujya mu Bitaro ariko agasezererwa nyuma akonera kuremba.

Umuhanzi Yvan Buravan ararembye ariko ngo ari koroherwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 12 =

Previous Post

DRCongo irifuza ko umuvugizi wa MONUSCO yirukanwa igitaraganya ku butaka bwayo

Next Post

RDF yarekuriye FARDC umuriro w’amasasu habaho gukozanyaho

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

by radiotv10
30/06/2025
0

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yarekuriye FARDC umuriro w’amasasu habaho gukozanyaho

RDF yarekuriye FARDC umuriro w’amasasu habaho gukozanyaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.