Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yatangaje ko hari abasirikare b’u Rwanda bashimuswe na FADRC ifatanyije na FDLR

radiotv10by radiotv10
28/05/2022
in MU RWANDA
2
RDF yatangaje ko hari abasirikare b’u Rwanda bashimuswe na FADRC ifatanyije na FDLR

Photo/ Internet (Icyitonderwa abasirikare bavugwa si aba, ni ifoto yifashishijwe)

Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko hari abasirikare babiri b’u Rwanda bashimuswe n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’umutwe wa FDLR.

RDF yabitangaje mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Gicurasi 2022, ivuga ko nyuma y’ibikorwa by’ubushotoranyi b’ibisasu byarashwe na FARDC ku butaka bw’u Rwanda, igisirikare cya DRCongo gifatanyije na FADLR bashotoye ingabo z’u Rwanda.

Iri tangazo rigira riti “Nyuma y’igikorwa cy’ubushotoranyi cya FARDC cyabaye tariki 23 Gicurasi 2022 aho ibisasu bya Rockets byinshi byarashwe ku butaka bw’u Rwanda, FARDC ifatanyije na FDLR bagabye igitero kuri RDF ku mupaka, ndetse abasirikare babiri b’Igisirikare cy’u Rwanda bashimutwa ubwo bari ku burinzi.”

Iri tangazo rivuga ko amakuru yamenyekanye ko abo basirikare babiri; Cpl Nkundabagenzi Elysee na Pte Ntwari Gad batwawe n’Umutwe wa FDLR ukabajyana mu Burasirazuba rwa DRC.

Rigasoza rigira riti “Turahamagarira ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukorana bya hafi n’imitwe y’abajenosideri kurekura mu mahoro abo basirikare ba RDF.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo aherutse gutangaza ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikwiye gusobanura impamvu igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) “yifatanyije na FDLR/Interahamwe bakarasa ku butaka bw’u Rwanda tariki 19 Werurwe 2022 nanone bakabisubira tariki 23 Gicurasi 2022.”

Yabitangaje nyuma ya biriya bikorwa by’ubushotoranyi byabaye ku wa Mbere w’iki cyumweru ubwo FARDC yarasaga mu Rwanda ibisasu bigakomeretsa Abanyarwanda bamwe ndetse bikangiza n’ibikorwa by’abaturarwanda.

Nyuma y’ibi bikorwa kandi, Igisirikare cy’u Rwanda cyahise gisohora itangazo gisaba itsinda ry’ingabo rihuriweho rigenzura imipaka mu karere, gukora iperereza ryihuse kuri ibi bikorwa by’ubushotoranyi.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Bahati says:
    3 years ago

    Ariko umuyobozi cg umuvugizi wa RDF ibi yabitangaje atabonako Ari gusuzuguza igisirikare ke? Kd cyacu? Ubuse umutwe wa FDLR utegereye umupaka w’ Urwanda wabasha gushimuta abasirikare 2 ntanimirwano ibaye? Ubu se urabyumva aremera ko Ari 2 gusa cg ko Ari 20 cyane cyane ko kubera umutekano w’ Igihugu igisirikare kitemerewe gutangaza amakuru yose cg uko ari y’ umutekano!!!!

    Reply
  2. César Musema says:
    3 years ago

    Muturekere amahoro, niba musshaka intambara muyijane mungo zanyu mujye mwirirwa murwana nimiryango yanyu twararambiwe.

    Reply

Leave a Reply to César Musema Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 4 =

Previous Post

IFOTO: Minisitiri ari kumwe n’abaturage bacukuye imirwanyasuri

Next Post

Monastir yegukanye irushanwa rya BAL 2022

Related Posts

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

The Effects of Eating Noodles: What You Should Know

The Effects of Eating Noodles: What You Should Know

by radiotv10
21/11/2025
0

Noodles have become one of the most popular quick meals around the world. They are cheap, easy to prepare, and...

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

by radiotv10
21/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze guta muri yombi abanyamahanga babiri bagaragaye mu rugomo mu Mujyi wa Kigali, bahohotera umumotari,...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda
MU RWANDA

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

The Effects of Eating Noodles: What You Should Know

The Effects of Eating Noodles: What You Should Know

21/11/2025
Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

21/11/2025
Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Monastir yegukanye irushanwa rya BAL 2022

Monastir yegukanye irushanwa rya BAL 2022

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

The Effects of Eating Noodles: What You Should Know

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.