Thursday, March 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yatangaje ko hari abasirikare b’u Rwanda bashimuswe na FADRC ifatanyije na FDLR

radiotv10by radiotv10
28/05/2022
in MU RWANDA
2
RDF yatangaje ko hari abasirikare b’u Rwanda bashimuswe na FADRC ifatanyije na FDLR

Photo/ Internet (Icyitonderwa abasirikare bavugwa si aba, ni ifoto yifashishijwe)

Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko hari abasirikare babiri b’u Rwanda bashimuswe n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’umutwe wa FDLR.

RDF yabitangaje mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Gicurasi 2022, ivuga ko nyuma y’ibikorwa by’ubushotoranyi b’ibisasu byarashwe na FARDC ku butaka bw’u Rwanda, igisirikare cya DRCongo gifatanyije na FADLR bashotoye ingabo z’u Rwanda.

Iri tangazo rigira riti “Nyuma y’igikorwa cy’ubushotoranyi cya FARDC cyabaye tariki 23 Gicurasi 2022 aho ibisasu bya Rockets byinshi byarashwe ku butaka bw’u Rwanda, FARDC ifatanyije na FDLR bagabye igitero kuri RDF ku mupaka, ndetse abasirikare babiri b’Igisirikare cy’u Rwanda bashimutwa ubwo bari ku burinzi.”

Iri tangazo rivuga ko amakuru yamenyekanye ko abo basirikare babiri; Cpl Nkundabagenzi Elysee na Pte Ntwari Gad batwawe n’Umutwe wa FDLR ukabajyana mu Burasirazuba rwa DRC.

Rigasoza rigira riti “Turahamagarira ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukorana bya hafi n’imitwe y’abajenosideri kurekura mu mahoro abo basirikare ba RDF.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo aherutse gutangaza ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikwiye gusobanura impamvu igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) “yifatanyije na FDLR/Interahamwe bakarasa ku butaka bw’u Rwanda tariki 19 Werurwe 2022 nanone bakabisubira tariki 23 Gicurasi 2022.”

Yabitangaje nyuma ya biriya bikorwa by’ubushotoranyi byabaye ku wa Mbere w’iki cyumweru ubwo FARDC yarasaga mu Rwanda ibisasu bigakomeretsa Abanyarwanda bamwe ndetse bikangiza n’ibikorwa by’abaturarwanda.

Nyuma y’ibi bikorwa kandi, Igisirikare cy’u Rwanda cyahise gisohora itangazo gisaba itsinda ry’ingabo rihuriweho rigenzura imipaka mu karere, gukora iperereza ryihuse kuri ibi bikorwa by’ubushotoranyi.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Bahati says:
    4 years ago

    Ariko umuyobozi cg umuvugizi wa RDF ibi yabitangaje atabonako Ari gusuzuguza igisirikare ke? Kd cyacu? Ubuse umutwe wa FDLR utegereye umupaka w’ Urwanda wabasha gushimuta abasirikare 2 ntanimirwano ibaye? Ubu se urabyumva aremera ko Ari 2 gusa cg ko Ari 20 cyane cyane ko kubera umutekano w’ Igihugu igisirikare kitemerewe gutangaza amakuru yose cg uko ari y’ umutekano!!!!

    Reply
  2. César Musema says:
    4 years ago

    Muturekere amahoro, niba musshaka intambara muyijane mungo zanyu mujye mwirirwa murwana nimiryango yanyu twararambiwe.

    Reply

Leave a Reply to César Musema Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 8 =

Previous Post

IFOTO: Minisitiri ari kumwe n’abaturage bacukuye imirwanyasuri

Next Post

Monastir yegukanye irushanwa rya BAL 2022

Related Posts

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

by radiotv10
25/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Kaminuza ya IPRC-Tumba mu Karere ka Rulindo, buravuga ko bwababajwe n’urupfu rutunguranye rw’umunyeshuri wigaga mu mwaka wa mbere,...

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

by radiotv10
25/03/2026
0

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America yatanze umucyo ku kibazo cyabaye kuri hoteli icumbitsemo Madamu wa Tshisekedi...

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
25/03/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu byiciro bitatu bikurikirana ku rutonde rw’uko Uturere twesheje...

Rwanda Clarified on the incident that occurred at the hotel in Washington where Tshisekedi’s wife is staying

Rwanda Clarified on the incident that occurred at the hotel in Washington where Tshisekedi’s wife is staying

by radiotv10
25/03/2026
0

The Embassy of Rwanda in the United States has clarified an incident that occurred at a hotel hosting the wife...

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riyobowe na Maj.Gen.Karusisi riri muri Tanzania mu biganiro n’iry’igisirikare cya Tanzania

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riyobowe na Maj.Gen.Karusisi riri muri Tanzania mu biganiro n’iry’igisirikare cya Tanzania

by radiotv10
25/03/2026
0

Abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bayobowe n’Umuyobozi wa Diviziyo ya 5 y’Ingabo zirwanira ku butaka, Major General Ruki Karusisi; batangiye...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura
MU RWANDA

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

by radiotv10
25/03/2026
0

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

25/03/2026
Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

25/03/2026
Rwanda Clarified on the incident that occurred at the hotel in Washington where Tshisekedi’s wife is staying

Rwanda Clarified on the incident that occurred at the hotel in Washington where Tshisekedi’s wife is staying

25/03/2026
Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riyobowe na Maj.Gen.Karusisi riri muri Tanzania mu biganiro n’iry’igisirikare cya Tanzania

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riyobowe na Maj.Gen.Karusisi riri muri Tanzania mu biganiro n’iry’igisirikare cya Tanzania

25/03/2026
Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

25/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Monastir yegukanye irushanwa rya BAL 2022

Monastir yegukanye irushanwa rya BAL 2022

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.