Thursday, March 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yatangaje ko hari abasirikare b’u Rwanda bashimuswe na FADRC ifatanyije na FDLR

radiotv10by radiotv10
28/05/2022
in MU RWANDA
2
RDF yatangaje ko hari abasirikare b’u Rwanda bashimuswe na FADRC ifatanyije na FDLR

Photo/ Internet (Icyitonderwa abasirikare bavugwa si aba, ni ifoto yifashishijwe)

Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko hari abasirikare babiri b’u Rwanda bashimuswe n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’umutwe wa FDLR.

RDF yabitangaje mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Gicurasi 2022, ivuga ko nyuma y’ibikorwa by’ubushotoranyi b’ibisasu byarashwe na FARDC ku butaka bw’u Rwanda, igisirikare cya DRCongo gifatanyije na FADLR bashotoye ingabo z’u Rwanda.

Iri tangazo rigira riti “Nyuma y’igikorwa cy’ubushotoranyi cya FARDC cyabaye tariki 23 Gicurasi 2022 aho ibisasu bya Rockets byinshi byarashwe ku butaka bw’u Rwanda, FARDC ifatanyije na FDLR bagabye igitero kuri RDF ku mupaka, ndetse abasirikare babiri b’Igisirikare cy’u Rwanda bashimutwa ubwo bari ku burinzi.”

Iri tangazo rivuga ko amakuru yamenyekanye ko abo basirikare babiri; Cpl Nkundabagenzi Elysee na Pte Ntwari Gad batwawe n’Umutwe wa FDLR ukabajyana mu Burasirazuba rwa DRC.

Rigasoza rigira riti “Turahamagarira ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukorana bya hafi n’imitwe y’abajenosideri kurekura mu mahoro abo basirikare ba RDF.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo aherutse gutangaza ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikwiye gusobanura impamvu igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) “yifatanyije na FDLR/Interahamwe bakarasa ku butaka bw’u Rwanda tariki 19 Werurwe 2022 nanone bakabisubira tariki 23 Gicurasi 2022.”

Yabitangaje nyuma ya biriya bikorwa by’ubushotoranyi byabaye ku wa Mbere w’iki cyumweru ubwo FARDC yarasaga mu Rwanda ibisasu bigakomeretsa Abanyarwanda bamwe ndetse bikangiza n’ibikorwa by’abaturarwanda.

Nyuma y’ibi bikorwa kandi, Igisirikare cy’u Rwanda cyahise gisohora itangazo gisaba itsinda ry’ingabo rihuriweho rigenzura imipaka mu karere, gukora iperereza ryihuse kuri ibi bikorwa by’ubushotoranyi.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Bahati says:
    4 years ago

    Ariko umuyobozi cg umuvugizi wa RDF ibi yabitangaje atabonako Ari gusuzuguza igisirikare ke? Kd cyacu? Ubuse umutwe wa FDLR utegereye umupaka w’ Urwanda wabasha gushimuta abasirikare 2 ntanimirwano ibaye? Ubu se urabyumva aremera ko Ari 2 gusa cg ko Ari 20 cyane cyane ko kubera umutekano w’ Igihugu igisirikare kitemerewe gutangaza amakuru yose cg uko ari y’ umutekano!!!!

    Reply
  2. César Musema says:
    4 years ago

    Muturekere amahoro, niba musshaka intambara muyijane mungo zanyu mujye mwirirwa murwana nimiryango yanyu twararambiwe.

    Reply

Leave a Reply to César Musema Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

IFOTO: Minisitiri ari kumwe n’abaturage bacukuye imirwanyasuri

Next Post

Monastir yegukanye irushanwa rya BAL 2022

Related Posts

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

by radiotv10
05/03/2026
0

Inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi banyuranye no mu nzego zitandukanye zirimo Inama...

BREAKING: Abanyarwanda baba mu Bihugu biri kwibasirwa n’ibitero bya Iran bagiriwe inama

BREAKING: Abanyarwanda baba mu Bihugu biri kwibasirwa n’ibitero bya Iran bagiriwe inama

by radiotv10
04/03/2026
0

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, yizeje Abanyarwanda baba muri iki Gihugu no muri Bahrain, ko iri gukurikiranira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudan y’Epfo zibukijwe igisobanuro cy’umudali zambitswe

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudan y’Epfo zibukijwe igisobanuro cy’umudali zambitswe

by radiotv10
04/03/2026
0

Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo za ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Maj Gen Robert Yaw Affram...

Ambasaderi Wungirije wa Uganda mu Rwanda yitabye Imana

Ambasaderi Wungirije wa Uganda mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
04/03/2026
0

Santa Mary Laker Kinyera wari Ambasaderi Wungirije wa Uganda mu Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi aho yari yajyanywe muri Uganda...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
04/03/2026
0

IZIHERUKA

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru
MU RWANDA

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

by radiotv10
05/03/2026
0

Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi muri Iran n’umubare w’abahitanywe n’ibitero urazamuka

Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi muri Iran n’umubare w’abahitanywe n’ibitero urazamuka

04/03/2026
BREAKING: Abanyarwanda baba mu Bihugu biri kwibasirwa n’ibitero bya Iran bagiriwe inama

BREAKING: Abanyarwanda baba mu Bihugu biri kwibasirwa n’ibitero bya Iran bagiriwe inama

04/03/2026
Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

04/03/2026
Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

04/03/2026
Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

04/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Monastir yegukanye irushanwa rya BAL 2022

Monastir yegukanye irushanwa rya BAL 2022

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi muri Iran n’umubare w’abahitanywe n’ibitero urazamuka

BREAKING: Abanyarwanda baba mu Bihugu biri kwibasirwa n’ibitero bya Iran bagiriwe inama

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.