Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yavuze uko yakwitwara igihe Congo yayishozaho intambara nk’uko bihora mu mvugo za Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
27/12/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abasirikare ba RDF b’umutwe wihariye bagaragaje imyitozo idasanzwe yo kurwana urugamba hose
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kuvuga ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda, Ingabo z’u Rwanda zavuze ko zihora ziteguye guhangana n’uwashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ku buryo ubu na bwo ziryamiye amajanja.

Perezida Felix Tshisekedi yakunze kuvuga yeruye ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda haba mbere yo kwiyamamariza indi manda yo kuyobora Igihugu cye, ndetse no mu bihe byo kwiyamamaza.

Mu bihe bishize ubwo yari ari kureshya Abanyekongo ngo bongere bamutorere kubayobora, yongeye kugira u Rwanda iturufu, absezeranya abaturage b’Igihugu cye ko nibaramuka bamutoye, azahangana n’umwanzi akunze kwita u Rwanda.

Perezida Tshisekedi mu mvugo yeruye, ubwo yari mu gikorwa cye cya nyuma cyo kwiyamamaza cyabereye ahitwa Sainte Thérèse mu gace ka N’djili mu Mujyi wa Kinshasa, yavuganye ubwishongozi bwinshi ko yarasa u Rwanda mu buryo bumworoheye.

Ubwo yabwiraga Abanyekongo ko u Rwanda ari umwanzi wabo, yavuze ko ngo igihe cyose ruzakomeza kubabanira nabi ngo rukaba rwarasa isasu na rimwe mu Gihugu cyabo, azahita agira icyo akora.

Yagize ati “Nzateranya Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko kugira ngo mbasabe uburenganzira bwo gutangiza intambara ku Rwanda.”

Icyo gihe kandi yakomeje agira ati “Ntimuhangayike. Igisirikare cyacu gifite imbaraga nyinshi. Kuva i Goma dushobora kurasa i Kigali.”

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yatangaje ko igisirikare cy’u Rwanda kidatewe impungenge n’ibimaze iminsi bitangazwa ko hari abifuza gushoza intambara ku Rwanda, kuko gihora cyiteguye kurwana iyo ari yo yose.

Yagize ati “Turiteguye, kandi n’ubusanzwe duhora twiteguye. Nta gishya ku kwitegura kwacu.”

Mu bihe binyuranye kandi nyuma y’uko Tshisekedi yakunze kuvuga ko imvugo ze ko Igihugu cye gishaka gutera u Rwanda, Guverinoma yarwo na yo yagiye igaragaza kenshi ko nta muntu wahungabanya umutekano w’u Rwanda ngo bimuhire.

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yakajije umutekano ku mipaka iruhuza na Congo Kinshasa, ku buryo ntakizaturukayo cyaba icyo ku butaka cyangwa mu kirere, cyazaza ngo gihungabanye umutekano w’Abaturarwanda n’ibyabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − fourteen =

Previous Post

DRCongo: Habura gato ngo Abanyekongo birare mu mihanda babwiwe ibisa nko kubakanga

Next Post

Uwigabije ishyamba rya Leta ku manywa y’ihangu akaritemamo ibiti nk’aho ari irye yavuze icyabimuteye

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwigabije ishyamba rya Leta ku manywa y’ihangu akaritemamo ibiti nk’aho ari irye yavuze icyabimuteye

Uwigabije ishyamba rya Leta ku manywa y’ihangu akaritemamo ibiti nk’aho ari irye yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.