• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yavuze uko yakwitwara igihe Congo yayishozaho intambara nk’uko bihora mu mvugo za Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
27/12/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abasirikare ba RDF b’umutwe wihariye bagaragaje imyitozo idasanzwe yo kurwana urugamba hose
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kuvuga ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda, Ingabo z’u Rwanda zavuze ko zihora ziteguye guhangana n’uwashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ku buryo ubu na bwo ziryamiye amajanja.

Perezida Felix Tshisekedi yakunze kuvuga yeruye ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda haba mbere yo kwiyamamariza indi manda yo kuyobora Igihugu cye, ndetse no mu bihe byo kwiyamamaza.

Mu bihe bishize ubwo yari ari kureshya Abanyekongo ngo bongere bamutorere kubayobora, yongeye kugira u Rwanda iturufu, absezeranya abaturage b’Igihugu cye ko nibaramuka bamutoye, azahangana n’umwanzi akunze kwita u Rwanda.

Perezida Tshisekedi mu mvugo yeruye, ubwo yari mu gikorwa cye cya nyuma cyo kwiyamamaza cyabereye ahitwa Sainte Thérèse mu gace ka N’djili mu Mujyi wa Kinshasa, yavuganye ubwishongozi bwinshi ko yarasa u Rwanda mu buryo bumworoheye.

Ubwo yabwiraga Abanyekongo ko u Rwanda ari umwanzi wabo, yavuze ko ngo igihe cyose ruzakomeza kubabanira nabi ngo rukaba rwarasa isasu na rimwe mu Gihugu cyabo, azahita agira icyo akora.

Yagize ati “Nzateranya Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko kugira ngo mbasabe uburenganzira bwo gutangiza intambara ku Rwanda.”

Icyo gihe kandi yakomeje agira ati “Ntimuhangayike. Igisirikare cyacu gifite imbaraga nyinshi. Kuva i Goma dushobora kurasa i Kigali.”

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yatangaje ko igisirikare cy’u Rwanda kidatewe impungenge n’ibimaze iminsi bitangazwa ko hari abifuza gushoza intambara ku Rwanda, kuko gihora cyiteguye kurwana iyo ari yo yose.

Yagize ati “Turiteguye, kandi n’ubusanzwe duhora twiteguye. Nta gishya ku kwitegura kwacu.”

Mu bihe binyuranye kandi nyuma y’uko Tshisekedi yakunze kuvuga ko imvugo ze ko Igihugu cye gishaka gutera u Rwanda, Guverinoma yarwo na yo yagiye igaragaza kenshi ko nta muntu wahungabanya umutekano w’u Rwanda ngo bimuhire.

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yakajije umutekano ku mipaka iruhuza na Congo Kinshasa, ku buryo ntakizaturukayo cyaba icyo ku butaka cyangwa mu kirere, cyazaza ngo gihungabanye umutekano w’Abaturarwanda n’ibyabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 3 =

Previous Post

DRCongo: Habura gato ngo Abanyekongo birare mu mihanda babwiwe ibisa nko kubakanga

Next Post

Uwigabije ishyamba rya Leta ku manywa y’ihangu akaritemamo ibiti nk’aho ari irye yavuze icyabimuteye

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Uwigabije ishyamba rya Leta ku manywa y’ihangu akaritemamo ibiti nk’aho ari irye yavuze icyabimuteye

Uwigabije ishyamba rya Leta ku manywa y’ihangu akaritemamo ibiti nk’aho ari irye yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.