Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yavuze uko yakwitwara igihe Congo yayishozaho intambara nk’uko bihora mu mvugo za Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
27/12/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abasirikare ba RDF b’umutwe wihariye bagaragaje imyitozo idasanzwe yo kurwana urugamba hose
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kuvuga ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda, Ingabo z’u Rwanda zavuze ko zihora ziteguye guhangana n’uwashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ku buryo ubu na bwo ziryamiye amajanja.

Perezida Felix Tshisekedi yakunze kuvuga yeruye ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda haba mbere yo kwiyamamariza indi manda yo kuyobora Igihugu cye, ndetse no mu bihe byo kwiyamamaza.

Mu bihe bishize ubwo yari ari kureshya Abanyekongo ngo bongere bamutorere kubayobora, yongeye kugira u Rwanda iturufu, absezeranya abaturage b’Igihugu cye ko nibaramuka bamutoye, azahangana n’umwanzi akunze kwita u Rwanda.

Perezida Tshisekedi mu mvugo yeruye, ubwo yari mu gikorwa cye cya nyuma cyo kwiyamamaza cyabereye ahitwa Sainte Thérèse mu gace ka N’djili mu Mujyi wa Kinshasa, yavuganye ubwishongozi bwinshi ko yarasa u Rwanda mu buryo bumworoheye.

Ubwo yabwiraga Abanyekongo ko u Rwanda ari umwanzi wabo, yavuze ko ngo igihe cyose ruzakomeza kubabanira nabi ngo rukaba rwarasa isasu na rimwe mu Gihugu cyabo, azahita agira icyo akora.

Yagize ati “Nzateranya Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko kugira ngo mbasabe uburenganzira bwo gutangiza intambara ku Rwanda.”

Icyo gihe kandi yakomeje agira ati “Ntimuhangayike. Igisirikare cyacu gifite imbaraga nyinshi. Kuva i Goma dushobora kurasa i Kigali.”

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yatangaje ko igisirikare cy’u Rwanda kidatewe impungenge n’ibimaze iminsi bitangazwa ko hari abifuza gushoza intambara ku Rwanda, kuko gihora cyiteguye kurwana iyo ari yo yose.

Yagize ati “Turiteguye, kandi n’ubusanzwe duhora twiteguye. Nta gishya ku kwitegura kwacu.”

Mu bihe binyuranye kandi nyuma y’uko Tshisekedi yakunze kuvuga ko imvugo ze ko Igihugu cye gishaka gutera u Rwanda, Guverinoma yarwo na yo yagiye igaragaza kenshi ko nta muntu wahungabanya umutekano w’u Rwanda ngo bimuhire.

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yakajije umutekano ku mipaka iruhuza na Congo Kinshasa, ku buryo ntakizaturukayo cyaba icyo ku butaka cyangwa mu kirere, cyazaza ngo gihungabanye umutekano w’Abaturarwanda n’ibyabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 12 =

Previous Post

DRCongo: Habura gato ngo Abanyekongo birare mu mihanda babwiwe ibisa nko kubakanga

Next Post

Uwigabije ishyamba rya Leta ku manywa y’ihangu akaritemamo ibiti nk’aho ari irye yavuze icyabimuteye

Related Posts

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira
MU RWANDA

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwigabije ishyamba rya Leta ku manywa y’ihangu akaritemamo ibiti nk’aho ari irye yavuze icyabimuteye

Uwigabije ishyamba rya Leta ku manywa y’ihangu akaritemamo ibiti nk’aho ari irye yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.