Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yizeje Abanyarwanda ko umutekano wabo ari ntamakemwa

radiotv10by radiotv10
14/06/2022
in MU RWANDA
0
RDF yizeje Abanyarwanda ko umutekano wabo ari ntamakemwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwizeje Abanyarwanda ko umutekano wabo n’uw’Igihugu cyabo uhagaze bwuma ndetse ko Igisirikare cy’u Rwanda gikomeza guhagarika ibikorwa byose bihungabanya umutekano biturutse hanze.

Itangazo rya RDF ryasohotse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Kamena 2022, ryizeza Abaturarwanda ko umutekano wabo urinzwe neza.

Iri tangazo rito, rigira riti “Ingabo z’u Rwanda zirifuza kumenyesha abantu bose ko kurindwa n’umutekano by’abaturarwanda n’ubusugire bw’u Rwanda, bihagaze neza.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “RDF izakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo ibitero byambukiranye umupaka biza ku butaka bw’u Rwanda, bihagarara.”

Minisitiri w’Ubunyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru tariki 31 Gicurasi 2022, yagarutse kuri ibi bikorwa by’ubushotoranyi biri gukorwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko u Rwanda rwagerageje kumenyesha inzego zihuriwemo n’Ibihugu byombi ariko ko ibi bikorwa bikomeje.

Icyo gihe Dr Biruta yavuze ko ibi bikorwa nibikomeza, u Rwanda rutazicara ngo rurebere kuko rutakwemera ko ubutaka bwarwo bukomeza kuvogerwa cyangwa ngo abaturage barwo bakomeze kubangamirwa.

Yari yagize ati “Dufite inshingano zo kurinda abaturage bacu no kurinda imipaka y’igihugu cyacu. Igihugu iyo gitewe kiritabara.”

Iri tangazo risohotse mu gihe hamaze humvikana ibikorwa by’ubushotoranyi bikorwa n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’umutwe wa FDLR birimo gutera ibisasu ku butaka bw’u Rwanda.

Ibiheruka kuraswa, ni ibyatewe mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze mu cyumweru gishize tariki 10 Kamena 2022, byaguye mu mirima y’Abaturage ariko ntibigire uwo bihitana cyangwa bikomeretsa.

Ibi bisasu bya rutura birashwe mu Rwanda ku nshuro ya gatatu mu gihe cy’amezi atatu aho ibya mbere byarashwe tariki ya 19 Werurwe 2022 naho ibyarashwe bwa kabiri, ni ibyo ku ya 23 Gicurasi, byo byari na byinshi byanakomerekeje bamwe mu Banyarwanda, bikanangiza ibikorwa byabo.

Ibi bikorwa by’ubushotoranyi bikomeje gukorwa n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byazamuye umwuka mubi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda, ubu Ibihugu byombi bikababa biri gushinjanya ibirego bitandukanye.

DRCongo ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 uri guhangana na FARDC, kuri uyu wa Mbere ukaba wanafashe Umujyi wa Bunagana wari umaze iminsi uri kuberamo imirwano.

Ubuyobozi ku mpande z’Ibihugu byombi, bukomeje kugira icyo buvuga kuri ibi bibazo byumwihariko ku ruhande rwa DRCongo, bukomeje kwemeza ko u Rwanda ruri gufasha umutwe wa M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − one =

Previous Post

Kigali: Amashuri yafunzwe mu gihe cy’icyumweru, menya impamvu

Next Post

FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe ariko itangaza abandi bayifashe batari M23

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe ariko itangaza abandi bayifashe batari M23

FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe ariko itangaza abandi bayifashe batari M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.