Thursday, May 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yizeje Abanyarwanda ko umutekano wabo ari ntamakemwa

radiotv10by radiotv10
14/06/2022
in MU RWANDA
0
RDF yizeje Abanyarwanda ko umutekano wabo ari ntamakemwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwizeje Abanyarwanda ko umutekano wabo n’uw’Igihugu cyabo uhagaze bwuma ndetse ko Igisirikare cy’u Rwanda gikomeza guhagarika ibikorwa byose bihungabanya umutekano biturutse hanze.

Itangazo rya RDF ryasohotse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Kamena 2022, ryizeza Abaturarwanda ko umutekano wabo urinzwe neza.

Iri tangazo rito, rigira riti “Ingabo z’u Rwanda zirifuza kumenyesha abantu bose ko kurindwa n’umutekano by’abaturarwanda n’ubusugire bw’u Rwanda, bihagaze neza.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “RDF izakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo ibitero byambukiranye umupaka biza ku butaka bw’u Rwanda, bihagarara.”

Minisitiri w’Ubunyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru tariki 31 Gicurasi 2022, yagarutse kuri ibi bikorwa by’ubushotoranyi biri gukorwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko u Rwanda rwagerageje kumenyesha inzego zihuriwemo n’Ibihugu byombi ariko ko ibi bikorwa bikomeje.

Icyo gihe Dr Biruta yavuze ko ibi bikorwa nibikomeza, u Rwanda rutazicara ngo rurebere kuko rutakwemera ko ubutaka bwarwo bukomeza kuvogerwa cyangwa ngo abaturage barwo bakomeze kubangamirwa.

Yari yagize ati “Dufite inshingano zo kurinda abaturage bacu no kurinda imipaka y’igihugu cyacu. Igihugu iyo gitewe kiritabara.”

Iri tangazo risohotse mu gihe hamaze humvikana ibikorwa by’ubushotoranyi bikorwa n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’umutwe wa FDLR birimo gutera ibisasu ku butaka bw’u Rwanda.

Ibiheruka kuraswa, ni ibyatewe mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze mu cyumweru gishize tariki 10 Kamena 2022, byaguye mu mirima y’Abaturage ariko ntibigire uwo bihitana cyangwa bikomeretsa.

Ibi bisasu bya rutura birashwe mu Rwanda ku nshuro ya gatatu mu gihe cy’amezi atatu aho ibya mbere byarashwe tariki ya 19 Werurwe 2022 naho ibyarashwe bwa kabiri, ni ibyo ku ya 23 Gicurasi, byo byari na byinshi byanakomerekeje bamwe mu Banyarwanda, bikanangiza ibikorwa byabo.

Ibi bikorwa by’ubushotoranyi bikomeje gukorwa n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byazamuye umwuka mubi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda, ubu Ibihugu byombi bikababa biri gushinjanya ibirego bitandukanye.

DRCongo ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 uri guhangana na FARDC, kuri uyu wa Mbere ukaba wanafashe Umujyi wa Bunagana wari umaze iminsi uri kuberamo imirwano.

Ubuyobozi ku mpande z’Ibihugu byombi, bukomeje kugira icyo buvuga kuri ibi bibazo byumwihariko ku ruhande rwa DRCongo, bukomeje kwemeza ko u Rwanda ruri gufasha umutwe wa M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 7 =

Previous Post

Kigali: Amashuri yafunzwe mu gihe cy’icyumweru, menya impamvu

Next Post

FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe ariko itangaza abandi bayifashe batari M23

Related Posts

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

by radiotv10
08/05/2025
0

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X yanditseho ubutumwa asaba Polisi y’u Rwanda kumujyana mu Kigo Ngororamuco cy’Iwawa ngo kuko...

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

by radiotv10
08/05/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’ mu bikorwa birimo filimi no mu biganiro akunze gutanga, watawe muri yombi, hatangajwe ko...

IZIHERUKA

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
MU RWANDA

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe ariko itangaza abandi bayifashe batari M23

FARDC yemeje ko Bunagana yafashwe ariko itangaza abandi bayifashe batari M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.