Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yongeye gushimirwa ibikorwa by’indashyikirwa mu butumwa bwa LONI (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
07/03/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yongeye gushimirwa ibikorwa by’indashyikirwa mu butumwa bwa LONI (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, zambitswe imidari y’ishimwe, zishimirwa ibikorwa by’indashyikirwa zakoze muri Leta ya Upper Nile.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Werurwe 2024, cyabereye mu Mujyi wa Malakal ahasanzwe hari ikigo cya gisirikare cya Batayo y’Ingabo z’u Rwanda- Rwanbatt-2 ziri muri ubu butumwa bwiswe UNMISS.

Iki gikorwa cyo kwambikwa imidari y’ishimwe, kigamije gushimira ingabo z’u Rwanda uburyo zikora kinyamwuga mu bikorwa byazo by’umwihariko mu kubungabunga amahoro n’ituze muri Leta ya Upper Nile.

Umugaba Mukuru wa UNMISS, Lt Gen Mohan Subramanian wari uyoboye uyu muhango wo kwambika imidari y’ishimwe Ingabo z’u Rwanda, yashimiye iyi Batayo Rwanbatt-2, ku bw’akazi k’indashyikirwa bakoze muri iyi Leta.

Yavuze kandi ko umusanzu w’u Rwanda muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, ari uwo kuzirikanwa no gushimirwa byimazeyo.

Brig Gen Emmanuel Rugazora, uyobora ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda muri ubu butumwa, na we yashimiye imikorere y’inzego z’umutekano z’u Rwanda, mu kuzuza inshingano zabo muri UNMISS.

Muri uyu muhango kandi, Lt Col Andrew MUHIZI uyobora Rwanbatt-2, na we yaboneyeho gushimira imikoranire y’ingabo z’u Rwanda na Guverinoma ya Sudani y’Epfo ndetse n’ubuyobozi bwa UNMISS ndetse n’ingabo z’Ibindi Bihugu.

Yavuze ko iki gikorwa cyo kwambikwa imidari y’ishimwe, gishimangira agaciro gahabwa ingabo z’u Rwanda, kandi bikanazitera imbaraga mu bikorwa byazo ndetse no kurushaho kuzuza inshingano zabo.

Uyu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru wa UNMISS, Lt Gen Mohan Subramanian
Yambitse imidari ingabo z’u Rwanda
Ingabo z’u Rwanda zashimiwe ibikorwa byazo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Abarundi bahungiye mu Rwanda nabo bamaganye ibyo muri Congo banagenera ubutumwa Ndayishimiye na Tshisekedi

Next Post

M23 yangeye gukora igishimangira ubushobozi bwayo nubwo uruhande bahanganye rwakajije imirwano

Related Posts

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

IZIHERUKA

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye
AMAHANGA

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

31/12/2025
Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku busabe bw’u Rwanda ko imbaraga za Gisirikare za SADC muri Congo ziterwa umugongo

M23 yangeye gukora igishimangira ubushobozi bwayo nubwo uruhande bahanganye rwakajije imirwano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.