Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yongeye gushimirwa ibikorwa by’indashyikirwa mu butumwa bwa LONI (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
07/03/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yongeye gushimirwa ibikorwa by’indashyikirwa mu butumwa bwa LONI (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, zambitswe imidari y’ishimwe, zishimirwa ibikorwa by’indashyikirwa zakoze muri Leta ya Upper Nile.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Werurwe 2024, cyabereye mu Mujyi wa Malakal ahasanzwe hari ikigo cya gisirikare cya Batayo y’Ingabo z’u Rwanda- Rwanbatt-2 ziri muri ubu butumwa bwiswe UNMISS.

Iki gikorwa cyo kwambikwa imidari y’ishimwe, kigamije gushimira ingabo z’u Rwanda uburyo zikora kinyamwuga mu bikorwa byazo by’umwihariko mu kubungabunga amahoro n’ituze muri Leta ya Upper Nile.

Umugaba Mukuru wa UNMISS, Lt Gen Mohan Subramanian wari uyoboye uyu muhango wo kwambika imidari y’ishimwe Ingabo z’u Rwanda, yashimiye iyi Batayo Rwanbatt-2, ku bw’akazi k’indashyikirwa bakoze muri iyi Leta.

Yavuze kandi ko umusanzu w’u Rwanda muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, ari uwo kuzirikanwa no gushimirwa byimazeyo.

Brig Gen Emmanuel Rugazora, uyobora ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda muri ubu butumwa, na we yashimiye imikorere y’inzego z’umutekano z’u Rwanda, mu kuzuza inshingano zabo muri UNMISS.

Muri uyu muhango kandi, Lt Col Andrew MUHIZI uyobora Rwanbatt-2, na we yaboneyeho gushimira imikoranire y’ingabo z’u Rwanda na Guverinoma ya Sudani y’Epfo ndetse n’ubuyobozi bwa UNMISS ndetse n’ingabo z’Ibindi Bihugu.

Yavuze ko iki gikorwa cyo kwambikwa imidari y’ishimwe, gishimangira agaciro gahabwa ingabo z’u Rwanda, kandi bikanazitera imbaraga mu bikorwa byazo ndetse no kurushaho kuzuza inshingano zabo.

Uyu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru wa UNMISS, Lt Gen Mohan Subramanian
Yambitse imidari ingabo z’u Rwanda
Ingabo z’u Rwanda zashimiwe ibikorwa byazo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + four =

Previous Post

Abarundi bahungiye mu Rwanda nabo bamaganye ibyo muri Congo banagenera ubutumwa Ndayishimiye na Tshisekedi

Next Post

M23 yangeye gukora igishimangira ubushobozi bwayo nubwo uruhande bahanganye rwakajije imirwano

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku busabe bw’u Rwanda ko imbaraga za Gisirikare za SADC muri Congo ziterwa umugongo

M23 yangeye gukora igishimangira ubushobozi bwayo nubwo uruhande bahanganye rwakajije imirwano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.