Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RIB yinjiye mu kibazo cy’umunyamahanga watonganyije umuzungukazi akamwirukana amushushubikanya amuhora kutamuvugisha

radiotv10by radiotv10
10/06/2022
in MU RWANDA
1
RIB yinjiye mu kibazo cy’umunyamahanga watonganyije umuzungukazi akamwirukana amushushubikanya amuhora kutamuvugisha
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruri gukurikirana ikibazo cy’Umunyamahanga ufite amacumbi ya ba mukerarugendo mu Karere ka Musanze wagaragaye mu mashusho atonganya undi munyamahanga wari wayarayemo amwirukana amushushubikanya amuziza kuba atamuvugishije.

RIB yinjiye muri iki kibazo nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho yerekana umugabo ukuze atuka umuzungukazi, amwirukana mu macumbi ye.

Aya mashusho yashyizwe kuri Twitter n’uwitwa Niyonzima Beyata, agaragaza uyu musaza ari kubwira uyu muzungukazi ati “Waje mu nzu yanjye ntiwigera umvugisha, uranyumva? uranzi njyewe, ndi Umunyamerika […] sohoka hano sohoka hano, genda, sohoka.”

Uyu musaza uba ari kuvuga mu rurimi rw’icyongereza, akomeza gusohora uyu muzungukazi amushushubikanya, akanamukurikira ati “Waje saa sita ntiwigera umvugisha.”

Niyonzima Beyata washyize kuri Twitter aya mashusho kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Kamena 2022, yagize ati “Ukuriye Kompanyi ya Airbnb iherereye i Musanze mu Rwanda, yakoreye ihohotera inshuti yanjye uyu munsi yari yaraye mu macumbi ye kuko atamuvugishije.”

American Airbnb host in Musanze, Rwanda assaulted my friend today, who is staying at his place, for not “talking to him.” And for getting our things to leave early. We need help from authorities @Rwandapolice @MusanzeDistrict @Airbnb @RIB @RDBrwanda @ProfemmesTH pic.twitter.com/ZhrljInqu2

— beya 🥰 (@NiyonzimaBeyata) June 8, 2022

Niyonzima Beyata yavuze ko ibi byatumye bava aha mu cya kare none bakaba bakeneye ubufasha, abimenyesha inzego zitandukanye zirimo Polisi y’u Rwanda, RIB ndetse na RDB.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yatangaje ko ikirego kiri gukurikiranwa na RIB ndetse ko uregwa iri hohoterwa yagejewe kuri Polisi.

Iyi kompanyi ya Airbnb isanzwe ari iy’Abanyamerika ikaba ifite icyicaro i San Francisco muri California aho itanga serivisi zijyanye n’amacumbi hifashishijwe ikoranabuhanga.

Uyu musaza wagaragaye mu mashusho ashushubikanya uyu mukerarugendo, yitwa Colin Roach akaba yarakurikye mu Birwa bya Caribbe agakurira muri Leta Zunze Ubumwe za America, yaje mu Rwanda muri 2019 aho ubu akorera kompanyi zitwara ba mukerarugendo n’izitanga serivisi zo kubacumbikira.

RADIOTV10

Comments 1

  1. KALISA Dieudonne says:
    3 years ago

    Turibwa tugatanga ikirego kigasinzira dufite byose byashongirwaho ariko error nto kumunyamahanga ihita ikurikiranwa.duhabwe agaciro abenegihugu

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 15 =

Previous Post

Kirehe: Polisi yatahuye umugabo wari warahishe imifuka itatu y’urumogi ayitabye mu murima

Next Post

UPDATE: Ibisasu bitatu bya rutura bikekwa ko byaturutse muri Congo byaguye ku butaka bw’u Rwanda

Related Posts

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

IZIHERUKA

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe
IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Ibisasu bitatu bya rutura bikekwa ko byaturutse muri Congo byaguye ku butaka bw’u Rwanda

UPDATE: Ibisasu bitatu bya rutura bikekwa ko byaturutse muri Congo byaguye ku butaka bw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.