Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RIB yinjiye mu kibazo cy’umunyamahanga watonganyije umuzungukazi akamwirukana amushushubikanya amuhora kutamuvugisha

radiotv10by radiotv10
10/06/2022
in MU RWANDA
1
RIB yinjiye mu kibazo cy’umunyamahanga watonganyije umuzungukazi akamwirukana amushushubikanya amuhora kutamuvugisha
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruri gukurikirana ikibazo cy’Umunyamahanga ufite amacumbi ya ba mukerarugendo mu Karere ka Musanze wagaragaye mu mashusho atonganya undi munyamahanga wari wayarayemo amwirukana amushushubikanya amuziza kuba atamuvugishije.

RIB yinjiye muri iki kibazo nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho yerekana umugabo ukuze atuka umuzungukazi, amwirukana mu macumbi ye.

Aya mashusho yashyizwe kuri Twitter n’uwitwa Niyonzima Beyata, agaragaza uyu musaza ari kubwira uyu muzungukazi ati “Waje mu nzu yanjye ntiwigera umvugisha, uranyumva? uranzi njyewe, ndi Umunyamerika […] sohoka hano sohoka hano, genda, sohoka.”

Uyu musaza uba ari kuvuga mu rurimi rw’icyongereza, akomeza gusohora uyu muzungukazi amushushubikanya, akanamukurikira ati “Waje saa sita ntiwigera umvugisha.”

Niyonzima Beyata washyize kuri Twitter aya mashusho kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Kamena 2022, yagize ati “Ukuriye Kompanyi ya Airbnb iherereye i Musanze mu Rwanda, yakoreye ihohotera inshuti yanjye uyu munsi yari yaraye mu macumbi ye kuko atamuvugishije.”

American Airbnb host in Musanze, Rwanda assaulted my friend today, who is staying at his place, for not “talking to him.” And for getting our things to leave early. We need help from authorities @Rwandapolice @MusanzeDistrict @Airbnb @RIB @RDBrwanda @ProfemmesTH pic.twitter.com/ZhrljInqu2

— beya 🥰 (@NiyonzimaBeyata) June 8, 2022

Niyonzima Beyata yavuze ko ibi byatumye bava aha mu cya kare none bakaba bakeneye ubufasha, abimenyesha inzego zitandukanye zirimo Polisi y’u Rwanda, RIB ndetse na RDB.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yatangaje ko ikirego kiri gukurikiranwa na RIB ndetse ko uregwa iri hohoterwa yagejewe kuri Polisi.

Iyi kompanyi ya Airbnb isanzwe ari iy’Abanyamerika ikaba ifite icyicaro i San Francisco muri California aho itanga serivisi zijyanye n’amacumbi hifashishijwe ikoranabuhanga.

Uyu musaza wagaragaye mu mashusho ashushubikanya uyu mukerarugendo, yitwa Colin Roach akaba yarakurikye mu Birwa bya Caribbe agakurira muri Leta Zunze Ubumwe za America, yaje mu Rwanda muri 2019 aho ubu akorera kompanyi zitwara ba mukerarugendo n’izitanga serivisi zo kubacumbikira.

RADIOTV10

Comments 1

  1. KALISA Dieudonne says:
    4 years ago

    Turibwa tugatanga ikirego kigasinzira dufite byose byashongirwaho ariko error nto kumunyamahanga ihita ikurikiranwa.duhabwe agaciro abenegihugu

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Kirehe: Polisi yatahuye umugabo wari warahishe imifuka itatu y’urumogi ayitabye mu murima

Next Post

UPDATE: Ibisasu bitatu bya rutura bikekwa ko byaturutse muri Congo byaguye ku butaka bw’u Rwanda

Related Posts

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina
MU RWANDA

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Ibisasu bitatu bya rutura bikekwa ko byaturutse muri Congo byaguye ku butaka bw’u Rwanda

UPDATE: Ibisasu bitatu bya rutura bikekwa ko byaturutse muri Congo byaguye ku butaka bw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.